• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Iperereza ryagaragaje ko gushinja Kayihura urupfu rwa Kaweesi nta shingiro bifite

Iperereza ryagaragaje ko gushinja Kayihura urupfu rwa Kaweesi nta shingiro bifite

Editorial 07 Aug 2018 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Komite yari yahawe inshingano yo gukora iperereza ku wahoze ari Umuyobozi wa Polisi ya Uganda, Gen.Kale Kayihura, ku cyaha cyo kwica Andrew Felix Kaweesi wari umwungirije; yagaragaje ko ibyo ashinjwa nta shingiro bifite.

Amakuru The Independent ikesha umwe bakozi mu biro by’umukuru w’igihugu avuga ko ku wa 27 Nyakanga aribwo iyi komite ihuriwemo n’abapolisi bane, abakozi babiri b’Urwego rw’Umutekano w’Imbere mu Gihugu (ISO) ndetse n’abandi babiri bo mu Rwego rw’Ubutasi rwa Uganda (CMI), yashyikirije Perezida Yoweri Museveni ibyavuye mu iperereza bakoze.

Nk’uko bigaragara muri zimwe mu nyandiko z’iyi raporo iki kinyamakuru cyabashije kubona, iyi komite yavuze ko Kayihura ndetse n’abandi bantu ba hafi ye batawe muri yombi bagomba guhita barekurwa. Ntacyo bigeze bavuga kuri Joseph Baroza utaratawe muri yombi kuri ubu akaba ari mu bwihisho.

Hari n’andi makuru avuga ko nyuma yo gutabwa muri yombi Kayihura yaba yarasabye Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen. David Muhoozi, kumusabira kubonana na Perezida Museveni.

Uwatanze aya makuru yavuze ko iki cyifuzo Muhoozi yakigejeje kuri Museveni mu nama yari yamuhuje n’abasirikare bakuru, undi akanga kubonana na Kayihura mu rwego rwo kwirinda kuba yayoborwa n’amarangamutima.

Mu myaka yashize Museveni yakunze gushimagiza Kayihura avuga ko ari indahemuka, ibintu bishingirwaho hagaragazwa ko yatinye ko ubushuti bigeze kugirana bwabangamira iperereza asa n’uwahaye agaciro gakomeye.

Na mbere y’uko akurwa ku buyobozi bwa polisi kandi itsinda riyobowe na Muhoozi ngo ryagiye kureba Museveni rimwereka impungenge ritewe na Kayihura byari byatangiye kugaragara ko agenda yamburwa ububasha bwe.

Icyo gihe ngo Museveni yafashe umwanya wo kubasobanurira ko nubwo afata Kayihura nk’uwahinduye urwego rwa polisi mu buryo bufatika, ikibazo gikomeye yari afite ari uko yemereye abagizi ba nabi n’abanyamahanga kwinjirira muri uru rwego. Yakuweho muri Werurwe 2018 nyuma y’imyaka 13 yari amaze aruyobora.

Yaje gutabwa muri yombi ku itariki ya 13 Kamena, nyuma y’uko Umuyobozi Mukuru wa ISO, Kaka Bagyenda, ahaye perezida raporo igaragaza ko Kayihura ari we wishe Kaweesi mu rwego rwo kwirinda ko yazamusimbura.

Indege yarimo Umugaba mukuru wungirije, Lt. Gen. Wilson Mbandi, n’Umuyobozi wa CMI, Brig. Abel Kandiho yamukuye iwe mu gace ka Kashagama mu Karere ka Lyantonde ajya gufungirwa muri gereza ya gisirikare ya Makyindye.

Nyuma y’itabwa muri yombi rye Museveni yashyizeho komite yagombaga gukora iperereza igizwe na polisi, ISO na CMI, yatangiye irimo abantu 12 baza kugabanywa bagera ku munani mu rwego rwo kwihutisha akazi.

Nk’uko umutangabuhamya uzi ibyerekeranye n’iri perereza yabihamirije The Independent, iri tsinda ryasanze ibimenyetso byagendeweho Kayihura na bagenzi be batabwa muri yombi ari ibihimbano.

Byinshi muri byo ngo byari byarakusanyijwe na Byagenda, abarimo Grace Akullo ukuriye ishami rishinzwe iperereza muri polisi na Kandiho wa CMI bakaba ngo barakajwe n’uko ISO yabinjije mu kirego kidafite ishingiro.

Ibyavuye mu iperereza bigiye hanze mu gihe abantu batandukanye barimo n’abayobozi ba Kisoro bakomeje gusaba ko arekurwa cyangwa akagezwa imbere y’ubutabera, aho bahamya ko afunzwe binyuranyije n’amategeko ateganya ko umuntu agezwa imbere y’urukiko nibura nyuma y’amasaha 48 atawe muri yombi.

2018-08-07
Editorial

IZINDI NKURU

Paul Rusesabagina Mu Maboko y’Ubutabera bw’uRwanda: Amaherezo y’Inzira ni mu nzu,kandi u Rwanda Ruratera Ntiruterwa

Paul Rusesabagina Mu Maboko y’Ubutabera bw’uRwanda: Amaherezo y’Inzira ni mu nzu,kandi u Rwanda Ruratera Ntiruterwa

Editorial 31 Aug 2020
Ese ni nde mu nzego z’igisirikare n’umutekano bya Uganda ushyigikiye RNC na FDLR mu guhungabanya URwanda?

Ese ni nde mu nzego z’igisirikare n’umutekano bya Uganda ushyigikiye RNC na FDLR mu guhungabanya URwanda?

Editorial 03 Apr 2019
RNC ikomeje kwivamo nk’inopfu, uko Kayumba akomeje gufatanwa igihanga cya Rutabana

RNC ikomeje kwivamo nk’inopfu, uko Kayumba akomeje gufatanwa igihanga cya Rutabana

Editorial 24 Feb 2020
Ibinyamakuru bikorera mu kwaha k’urwego rw’ubutasi rwa Uganda bikomeje gusebya u Rwanda, mu buswa n’ubusazi butangaje

Ibinyamakuru bikorera mu kwaha k’urwego rw’ubutasi rwa Uganda bikomeje gusebya u Rwanda, mu buswa n’ubusazi butangaje

Editorial 18 Oct 2020

4 Ibitekerezo

  1. MAOMBI jOHN
    August 7, 201812:39 pm -

    mukomeze kwicinya icyara muvugira icyitso cyanyu kayihura ntacyo bihindura kuko museveni arabazi bihagije kandi ararikanuye!!!

    Subiza
  2. RUGENDO
    August 8, 20182:36 am -

    NIKO MWANJIJI MWE MWAJIYE MWANDIKA IBYIZA BYIGIHUGU CYACU!!
    MUKAVA MUMATESHWA YA UGANDA !!NIMUPIRA MWOGEZA IGIHE MWAHEREYE
    MWANDIKA AMANGAMBURE NTIMWABIREKA!!MUKANDIKA IBIFITIYE URWANDA AKAMARO!!!
    KARE KAYIHURA ,IBYO TWARABIRAMBIWE NIKIBAZOKE NIGIHUGU KE !!ABANYARWANDA
    BITUMARIYE IKI KWAMAMAZA UMUNYURURU AFUNZE!!!MURANDIKA NGO MUMUFUNGURE!!

    Subiza
  3. niyogihozo
    August 8, 20188:37 am -

    Nyamaa wabona uyu mupapa ari uwacu! None se abaganda nabo bagira izina Kayihura? Mwatubwira ababizi tukamusengera cyane Imana ikamurengera?

    Subiza
  4. Ukuli
    August 14, 20186:44 am -

    @Rugendo , injiji ni wowe utazi icyo itangaza AMAKURU bivuze.
    Uzi olivier jambo ndr?
    Bakubwiye ko alinkuru y a indepent. Niba mudakunda Rushyashya mujye musoma ibyo himbara yandika.
    If you do not like the show, Change the channel.
    Niko abahanga dutekereza..

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ubucamanza bwacu burigenga- Kagame asubiza Michaëlle wavuze ku rubanza rw’abo kwa Rwigara
INKURU NYAMUKURU

Ubucamanza bwacu burigenga- Kagame asubiza Michaëlle wavuze ku rubanza rw’abo kwa Rwigara

Editorial 12 Nov 2018
Urubanza rwa Ntaganzwa wari Burugumesitiri muri Jenoside rwimuriwe muri Werurwe 2017
Mu Mahanga

Urubanza rwa Ntaganzwa wari Burugumesitiri muri Jenoside rwimuriwe muri Werurwe 2017

Editorial 19 Dec 2016
Bombori bombori muri FDLR
Mu Rwanda

Bombori bombori muri FDLR

Editorial 03 Jun 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru