• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»Iran yataye muri yombi Ambasaderi w’u Bwongereza

Iran yataye muri yombi Ambasaderi w’u Bwongereza

Editorial 13 Jan 2020 POLITIKI

Ambasaderi w’u Bwongereza muri Iran, Rob Macaire, yatawe muri yombi n’inzego z’umutekano muri Iran ubwo yari avuye mu muhango wo kunamira inzirakarengane zaguye mu ndege ya Ukraine iherutse kuraswa na Iran.

Macaire yafashwe ubwo yari avuye mu ijoro ryo kwibuka inzirakarengane zapfuye nyuma y’aho ingabo za Iran zirasiye indege ya Ukraine yari inyuze mu kirere cyazo ku wa Gatatu w’iki cyumweru.

Uyu mu Ambasaderi yavuye aho ibi bikorwa byo kunamira izo nzirakarengane byabereye mbere y’uko ababyitabiriye batangira kwigaragambya hanyuma afatwa ashinjwa gufasha mu gutegura imyigaragambyo.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wungirije wa Iran, Seyed Abbas Araghchi, yavuze ko Macaire yatawe muri yombi nk’umunyamahanga utazwi wari mu muhuro utemewe.

Macaire yaje nyuma guhamagarwa kuri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Iran kuri iki Cyumweru nyuma yo gutabwa muri yombi mu ijoro ryo ku wa Gatandatu.

Seyed Abbas Araghchi yavuze ko ubwo yari akibwirwa na Polisi ko Macaire yatawe muri yombi yatekereje ko bidashoboka ko Ambasaderi w’u Bwongereza yafungwa.

Ikiganiro cyo kuri telefoni yagiranye n’abandi bayobozi nicyo cyaje kwemeza koko uwafunzwe ari Macaire ndetse nyuma y’iminota 15 ahita afungurwa.

Macaire yahakanye uruhare mu bikorwa by’imyigaragambyo avuga ko yari yagiye kwitabira ijoro ryo kunamira abapfuye kuko ari ibintu bisanzwe bikorwa, anongeraho ko muri abo baguye mu ndege harimo n’Abongereza.

Yongeyeho ko “guta muri yombi Umudipolomate ari ibintu binyuranyije n’amategeko mu bihugu byose”.

Abantu bigaragambya bigabije imihanda yo mu Murwa mukuru Tehran, bumvikana buka inabi abayobozi babita ababeshyi kuba barabanje guhakana ko aribo bahanuye indege yo muri Ukraine.

Ku wa Gatandatu nibwo Iran yemeye ko ariyo yahanuye iriya ndege ariko biturutse ku kwibeshya. Abantu 176 bari bayirimo bose barapfuye.

2020-01-13
Editorial

IZINDI NKURU

Minisitiri Kaboneka yakomoje ku mpinduramatwara mu kurwanya ubukene mu itangazamakuru

Minisitiri Kaboneka yakomoje ku mpinduramatwara mu kurwanya ubukene mu itangazamakuru

Editorial 21 May 2018
Ingendo y’undi iravuna (Igice cya 1)

Ingendo y’undi iravuna (Igice cya 1)

Editorial 06 Nov 2017
Ukuri ku ruhare rwa Perezida Mitterand n’akazu ke muri Jenoside byashyizwe hanze na Komisiyo Duclert

Ukuri ku ruhare rwa Perezida Mitterand n’akazu ke muri Jenoside byashyizwe hanze na Komisiyo Duclert

Editorial 27 Mar 2021
Perezida Kagame yambitswe umudali w’icyubahiro na Perezida wa Burkina Faso

Perezida Kagame yambitswe umudali w’icyubahiro na Perezida wa Burkina Faso

Editorial 03 Mar 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umusizi Innocent Bahati ntiyarigishijwe, yagiye mu mitwe iharanira guhungabanya umutekano w’u Rwanda
Amakuru

Umusizi Innocent Bahati ntiyarigishijwe, yagiye mu mitwe iharanira guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Editorial 16 Feb 2022
Perezida Kagame mu ruzinduko rw’akazi muri Zambia
Mu Rwanda

Perezida Kagame mu ruzinduko rw’akazi muri Zambia

Editorial 19 Jun 2017
Polisi y’u Rwanda yasubije Ambasaderi wa Uganda imodoka ebyiri na moto imwe byibwe
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda yasubije Ambasaderi wa Uganda imodoka ebyiri na moto imwe byibwe

Editorial 24 Jan 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru