• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Isano ya Mateke Na Habyarimana yongeye kwigaragaza, akangurira abanyauganda gutera u Rwanda

Isano ya Mateke Na Habyarimana yongeye kwigaragaza, akangurira abanyauganda gutera u Rwanda

Editorial 24 Jan 2020 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Umunyamabanga wa leta ya Uganda ushinzwe ibibazo byo mu karere, Philemon Mateke yongeye kwigaragaza mu gihe umubano w’u Rwanda na Uganda, wari utangiye kujya muburyo, akangurira abanyauganda gutera u Rwanda. Uyu musaza w’imyaka isaga 70 yongeye kugaragaza ingengabitekerezo ya Parmehutu ndetse n’isano afitanye na Habyarimana n’intagondwa ze zamaze abatutsi. Abicishije kurukuta rwe rwa twitter yagize ati:

“Naburiye bagenzi banjye ko nta cyiza gishobora guturuka mu gusinyana amasezerano na shitani. Kwigura ntibyigeze bikora mu gihe cy’ingoma y’igitugu ya Hitler yo muri 1938 kandi ntibizigera bikora no kuri twebwe. Twarekuye abanyabyaha babo, nuko batwiturira kuturasira abaturage nk’imbwa. Igihe ni iki kugira ngo tugire icyo dukora kuri iyi myitwarire idahwitse”.

Bivugwa ko Mateke ari mwene wabo wa Ntibazirikana se wa Kinani, bose bafite Sekuruza umwe bitaga Mateke bo Kata, gusa iherezo rya mwene wabo na we bizamubera uko.

Amakuru yizewe nyamara, avuga ko nubwo Mateke yemeza ko ari Umufumbira, mu by’ukuri yavukiye mu Rwanda akaba yarimukiye  mu Bufumbira n’ababyeyi be baturutse muri Burera, mu majyaruguru y’u Rwanda.

Bivugwa ko ubusanzwe Museveni yatsinze Obote, Mateke ari muri Guverinoma yari iyobowe n’ishyaka rya UPC rya Obote, bikaba ngombwa ko ahungira mu Rwanda, aho yageze akakiranwa urugwiro na Leta ya Habyarimana, yanamwishyuriye ibyo yari akeneye byose icyo gihe.

Ubwo Museveni yasubizaga Mateke muri guverinoma, we yari yaramaze kwiyemeza gupanga umugambi wo guhungabanya u Rwanda. Umwe mu bamuzi ati: “Mateke ni umukozi wa FDLR mu butegetsi bwa Museveni.”

Usubiye mu hahise he, ntiwatangazwa nuko Mateke yagiye agirana ubucuti bw’akadasohoka n’abahezanguni bo muri guverinoma ya Habyarimana kuva muri za 70 bahuriye ku ngengabitekerezo yo kwanga Abatutsi, ndetse benshi mu Bahutu batemeraga.

Ababizi neza bahishuye ukuntu ubwo yigishaga ku ishuri ryisumbuye rya Mutorere muri Kisoro, Mateke yari mu mugambi wari ugamije kwica abanyeshuri bose b’Abatutsi. Mateke yiyumvagamo ingengabitekerezo ya Hutu Power kuva mu busore bwe.

Nk’uko byemezwa n’urubuga ruzobereye gukora ku nkuru zijyanye n’Akarere ka Kisoro, The inspiration20, ngo abigaga kuri iri shuri rya Mutorere baguha ubuhamya ko Mateke yari impuguke mu gutanga Abanyarwanda bagiye bafungwa, bagakorerwa iyicarubozo ndetse bakicwa, kandi benshi bari impunzi z’Abatutsi muri Uganda. Uru rubuga ruti: “N’Abahima ntiyabareberaga izuba kubwo gusa nk’Abatutsi.”.

Mu Mwaka ushize ku itariki 14 n’itariki 15 Ukuboza, Mateke abitegetswe na Museveni, yahamagaje inama yahuje abayobozi bakuru ba FDLR na RNC, yabereye muri Kampala Serena Hotel. Ni inama yari igamije guhuza ibikorwa by’iyi mitwe yombi hagamijwe kureba ko hari icyo bageraho muri gahunda bahuriyeho yo guhungabanya u Rwanda.

Icyaje gutungura Mateke n’umukoresha we, Museveni ariko, ni ukuntu abayobozi ba Congo bafatiye ku mupaka wa Bunagana babiri mu bayobozi ba FDLR bari bavuye muri iyo nama ari bo; LaForgeFilsBazeye , wari umuvugizi wayo, na Theophile Abega , wari ukuriye ubutasi.

Kimwe mu bintu byavugiwe muri iyo nama gitangaje cyahishuwe, n’ukuntu ubwo FDLR yari ikijijinganya ku gukorana na RNC kubera kutayizera, Mateke ngo yayihaye icyizere agira ati: “Sinabagambanira, na Habyarimana yaranyizeraga,”

Yongeyeho ko Museveni ari nawe watanze icyo gitekerezo cyo gukorana kugirango bizagaragare ko amoko atandukanye y’Abanyarwanda arwanya ubutegetsi bw’u Rwanda kandi byazarushaho kugaragara neza imbere y’Umuryango Mpuzamahanga.

Mateke kandi yagize uruhare mu gitero cya FDLR/RUD-Urunana cyagabwe mu Kinigi mu Karere ka Musanze mu Ukwakira umwaka ushize, si ku nshuro ya mbere Mateke yari avuzweho gukorana n’udutsiko dushaka guhungabanya umutekano w’u Rwanda.

2020-01-24
Editorial

IZINDI NKURU

Uganda yagombye gushyikirizwa ubutabera mpuzamahanga kubera  abasirikari bayo bafatanya n’ inyeshyamba kurwanya ingabo za Loni no kwica inzirakarengane muri Repubulika ya Santrafrika.

Uganda yagombye gushyikirizwa ubutabera mpuzamahanga kubera  abasirikari bayo bafatanya n’ inyeshyamba kurwanya ingabo za Loni no kwica inzirakarengane muri Repubulika ya Santrafrika.

Editorial 11 Jan 2021
Rusesabagina niyisanga I Kigali azongera kuvuga ko ari imfubyi mbirigi?

Rusesabagina niyisanga I Kigali azongera kuvuga ko ari imfubyi mbirigi?

Editorial 25 Sep 2024
Uganda: Gen Kale Kayihura akomeje kwangirwa gusohoka mu gihugu ngo ajye kwivuza

Uganda: Gen Kale Kayihura akomeje kwangirwa gusohoka mu gihugu ngo ajye kwivuza

Editorial 21 May 2018
Kivu y’Amajyepfo: Inyeshyamba z’Abarundi ziragenda zigarurira imitima y’abaturage

Kivu y’Amajyepfo: Inyeshyamba z’Abarundi ziragenda zigarurira imitima y’abaturage

Editorial 31 May 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ikibazo cye kiroroshye, yumvaga ko adakorwaho- Perezida Kagame avuga kuri Ingabire  na Diane Rwigara
ITOHOZA

Ikibazo cye kiroroshye, yumvaga ko adakorwaho- Perezida Kagame avuga kuri Ingabire na Diane Rwigara

Editorial 13 Nov 2018
RDC: Igitero Cyagabwe N’inyeshyamba Za ‘Twigwaneho Banyamulenge’ Cyaguyemo Batanu
HIRYA NO HINO

RDC: Igitero Cyagabwe N’inyeshyamba Za ‘Twigwaneho Banyamulenge’ Cyaguyemo Batanu

Editorial 26 Jul 2018
Mu mikino nyafurika AS Kigali yatomboye Olympique De Missiri-Sima, APR FC itombora Mogadishu City Club yo muri Somalia inahabwa uburenganzira bwo gutangira imyitozo
Amakuru

Mu mikino nyafurika AS Kigali yatomboye Olympique De Missiri-Sima, APR FC itombora Mogadishu City Club yo muri Somalia inahabwa uburenganzira bwo gutangira imyitozo

Editorial 14 Aug 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru