• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bugesera FC yatsinze Rayon Sports 2-1, APR FC ifata umwanya wa mbere w’agateganyo wa Rwanda Premier League   |   21 May 2025

  • Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete   |   21 May 2025

  • I Bugesera hatashywe ikibuga cya Basketball cyubatswe ku bufatanye bwa NBA Africa na Opportunity International   |   20 May 2025

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ku mvururu zatumye umukino wa Bugesera na Rayon Sports uhagararira ku munota wa 52   |   17 May 2025

  • Rwanda Premier league igiye guhemba abahize abandi Muri shampiyona y’u Rwanda 2024-2025   |   16 May 2025

  • Gutwara igikombe cy’Amahoro atsinze Rayon Sports ku mukino wa nyuma, bimwe mubyo Darko Novic watandukanye na APR FC azibukirwaho   |   14 May 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Ishuri rikuru rya Polisi y’u Rwanda(NPC) ryateguye ku nshuro ya3 ibiganiro ku guhangana n’ibyaha bibangamiye umutekano

Ishuri rikuru rya Polisi y’u Rwanda(NPC) ryateguye ku nshuro ya3 ibiganiro ku guhangana n’ibyaha bibangamiye umutekano

Editorial 24 Jun 2016 Mu Mahanga

Ishuri rikuru rya Polisi y’u Rwanda, ejo ryateguye ku nshuro ya 3 ibiganiro byihariye ku mahoro, umutekano n’ubutabera, abayobozi bakuru muri Leta y’u Rwanda, impuguke, abashakashatsi n’abarimu ba za Kaminuza bakaba barabyitabiriye baganirira hamwe uko bakumira ibyaha bibangamira umutekano.

Ibi biganiro byabereye ku cyicaro gikuru cya Polisi y’u Rwanda, biri muri gahunda ihabwa icyiciro cya 4 cy’abapolisi bakuru 31 baturuka mu bihugu 10 bya Afurika biga ibijyanye n’ubuyobozi muri iryo shuri, bikaba byarateguwe mu gihe bitegura gusoza amasomo yabo.

Ibihugu baturukamo ni Burundi, Ethiopiya, Gambiya, Kenya, Namibiya, Sudani y’Epfo, Tanzaniya, Uganda, Zambiya n’u Rwanda.

Ibi biganiro byateguwe mu rwego rwo kongerera ubumenyi aba bapolisi bakuru ku bibazo bibangamira amahoro, umutekano n’amahoro bagahabwa ubunararibonye n’aba bashakashatsi, abafata ibyemezo bya Politiki n’abandi bayobozi mu nzego nkuru z’igihugu zijyanye n’umutekano n’ubutabera.

Insanganyamatsiko y’ibi biganiro ikaba ari:” kurwanya ibyaha bibangamira umutekano: Kongera gutekereza ku ngamba zo kubirwanya.”

Mu batanze ibiganiro harimo Minisitiri w’Ingabo Gen. James Kabarebe, Minisitiri w’ubutabera Johnston Busingye, n’Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda (IGP) Emmanuel K. Gasana.

Harimo kandi Umuyobozi w’ikigo cy’igihugu gishinzwe imiyoborere Prof. Shyaka Anastase watanze ikiganiro ku miyoborere myiza nk’inkingi y’umutekano urambye, Dr. Ochieng Kamudhayi wo muri Kaminuza ya Nairobi, watanze ikiganiro ku mahoro n’amakimbirane arangwa muri Afurika, Stephen Anthony Rodriques , uhagarariye ishami ry’umuryango w’abibumbye rishinzwe gutsura amajyambere (UNDP) watanze ikiganiro kubibazo umuryango w’abibumbye uhura nabyo mu kubaka amahoro nyuma y’amakimbirane, na Rwego Francis intumwa idasanzwe ya Polisi mpuzamahanga mu muryango w’ubumwe bwa Afurika watanze ikiganiro ku ikorwa ry’ibyaha muri iki gihe isi yabaye nk’umudugudu.

Minisitiri w’umutekano mu gihugu Sheikh Musa Fazil Harelimana, wafunguye ku mugaragaro ibi biganiro by’umunsi umwe, yavuze ko ibiganiro nk’ibi ari uburyo bwo kurwanya ibyaha bigaragara mu karere karangwamo umutekano mucye, iterabwoba n’ibindi byaha ndengamipaka bihungabanya umutekano wa kimwe mu bihugu bikagize.

Yavuze ati:”Birumvikana ko kugirango duhangane n’ibyaha bidasanzwe bigenda bivuka, abapolisi nabo basabwa kugira ubumenyi bwisumbuye ubw’ababikora, bakumva neza ibibazo by’umutekano mu bihugu byabo, mu karere no ku isi muri rusange.”

Minisitiri Kabarebe wavuze k’ukwivanga kw’amahanga mu busugire bw’Afurika, yavuze ko ukwivanga kw’amahanga mu busugire bw’Afurika kwahinduye isura kurusha ubukoloni, bitewe n’uko isi yabaye nk’umudugudu.

Yagize ati:”Ukwivanga kw’amahanga mu busugire bw’Afurika byaroroshye cyane bitewe n’uko bamwe mu Banyafurika bishyira mu maboko y’abanyamahanga nk’ibikoresho byabo, nk’ubu ibirego by’amahanga bishinja u Rwanda, biba bigamije guteza imbere inyungu z’Amerika n’Uburayi.”

Mu kiganiro Minisitiri w’ubutabera yatanze yavuze ati:”Nitugumana ya mikorere ya gakondo ngo yo kutamena ibanga ry’ubunyamwuga ku mikotrere y’inzego zacu z’umutekano, tuzaba duha icyuho ibyaha bikorerwa ku isi.”

IGP Gasana, yavuze ko abanyafurika bakwiye kugira umuco wo kwikemurira ibibazo by’umutekano, bakoresha ubufatanye no guhanahana amakuru y’icyawuhungabanya.
Yagize ati:”Muri iyi minsi turimo, ibyaha birakorwa hifashishijwe ikoranabuhanga. Ibyaha nk’ibi kandi bigira ingaruka ku mutekano, iterambere ry’abaturage n’iry’ubukungu, niyo mpamvu tugomba gukorera hamwe nk’abagize akarere mu guhangana n’ibi byaha.”

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga n’ubutwererane w’u Rwanda Louis Mushikiwabo, wafashe ijambo mu gusoza ibi biganiro, yavuze ko ibyaha bibangamira umutekano muri iki kinyejana cya 21 bikura vuba kandi kubitahura bikaba bitoroshye.

Yagize ati;”Ibi bivuze ko twese tugomba kwitegura guhangana n’ibyaha nkibyo bitungurana.”
Yakomeje agira ati;”Nishimiye ko mubyo mwaganiriyeho harimo ibibazo bibangamiye umutekano…Ibi rwose byari ngombwa. Gukorera hamwe ni ngombwa cyane muri gahunda zo kubungabunga umutekano. Tugomba kumvisha abaturage kwirinda kwishora mu byaha dukoresheje ubufatanye mpuzamahanga.”

-3052.jpg

-3053.jpg

-3051.jpg

-3054.jpg

-3055.jpg

-3056.jpg

Umuyobozi w’ishuri rikuru rya Polisi (CP) Felix Namuhoranye yavuze ko mu mwaka aba banyeshuri bamaze bahawe amasomo atandukanye, ubumenyi bwisumbuye burimo ubwo baboneye mu ngendoshuri bakoreye hano mu Rwanda no mu mahanga n’ibindi biganiro bifite insanganyamatsiko zitandukanye bagiye bahabwa.

RNP

2016-06-24
Editorial

IZINDI NKURU

Afungiwe kugerageza  guha  ruswa umupolisi kugira ngo arekure ucyekwaho ubujura

Afungiwe kugerageza guha ruswa umupolisi kugira ngo arekure ucyekwaho ubujura

Editorial 15 Sep 2016
Umunyamakuru Shyaka Kanuma wafashwe atorotse  yasabiwe kuburana afunzwe

Umunyamakuru Shyaka Kanuma wafashwe atorotse yasabiwe kuburana afunzwe

Editorial 11 Jan 2017
Umunyamakuru Natacha Polony uregwa gupfobya no guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi yatangiye kuburanishirizwa i Paris mu Bufaransa.

Umunyamakuru Natacha Polony uregwa gupfobya no guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi yatangiye kuburanishirizwa i Paris mu Bufaransa.

Editorial 01 Mar 2022
Mu Rwanda inzererezi zijyanwa mu bigo ngororamuco induru zikavuga, muri Kongo zakwicwa bigahabwa umugisha

Mu Rwanda inzererezi zijyanwa mu bigo ngororamuco induru zikavuga, muri Kongo zakwicwa bigahabwa umugisha

Editorial 16 Jan 2025
Afungiwe kugerageza  guha  ruswa umupolisi kugira ngo arekure ucyekwaho ubujura

Afungiwe kugerageza guha ruswa umupolisi kugira ngo arekure ucyekwaho ubujura

Editorial 15 Sep 2016
Umunyamakuru Shyaka Kanuma wafashwe atorotse  yasabiwe kuburana afunzwe

Umunyamakuru Shyaka Kanuma wafashwe atorotse yasabiwe kuburana afunzwe

Editorial 11 Jan 2017
Umunyamakuru Natacha Polony uregwa gupfobya no guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi yatangiye kuburanishirizwa i Paris mu Bufaransa.

Umunyamakuru Natacha Polony uregwa gupfobya no guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi yatangiye kuburanishirizwa i Paris mu Bufaransa.

Editorial 01 Mar 2022
Mu Rwanda inzererezi zijyanwa mu bigo ngororamuco induru zikavuga, muri Kongo zakwicwa bigahabwa umugisha

Mu Rwanda inzererezi zijyanwa mu bigo ngororamuco induru zikavuga, muri Kongo zakwicwa bigahabwa umugisha

Editorial 16 Jan 2025
Afungiwe kugerageza  guha  ruswa umupolisi kugira ngo arekure ucyekwaho ubujura

Afungiwe kugerageza guha ruswa umupolisi kugira ngo arekure ucyekwaho ubujura

Editorial 15 Sep 2016
Umunyamakuru Shyaka Kanuma wafashwe atorotse  yasabiwe kuburana afunzwe

Umunyamakuru Shyaka Kanuma wafashwe atorotse yasabiwe kuburana afunzwe

Editorial 11 Jan 2017
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru