• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»IMIKINO»Ishuri Ry’Umupira w’Amaguru rya Paris Saint Germain Rirafungura mu Ukwakira i Huye

Ishuri Ry’Umupira w’Amaguru rya Paris Saint Germain Rirafungura mu Ukwakira i Huye

Editorial 18 Sep 2020 IMIKINO

Minisiteri ya siporo kuri uyu wa gatanu yatangaje ko ishuri ry’umupira w’amaguru rya Paris Saint Germain rizatangira mu kwezi kwa 10 uyu mwaka ndetse rikazagira icyicaro mu karere ka Huye ndetse rikazajya rikoresha ibibuga bibarizwa muri ako karere birimo stade mpuzamahanga ya Huye ndetse na Stade Kamena, Ibi bikaba byatangarijwe mu kiganiro iyi minisiteri yagiranye n’abanyamakuru cyabereye muri Kigali Arena I Remera mu karere ka Gasabo mu mujyi wa Kigali.
Ni ikiganiro cyari cyitabiriwe na minisitiri wa siporo Madame Aurore Mimosa Munyangaju; wanasobanuye ko impamvu iryo shuri ry’umupira w’amaguru ryatinze gutangira biri mu ngaruka zatewe n’icyorezo cya Covid 19 kimaze iminsi cyugarije isi ndetse n’u Rwanda muri rusange ariko kuri ubu imyiteguro ikaba igeze kure kugirango iryo shuri ritangizwe ku mugaragaro kuko hari amakuru yemezwa ko abana bazatangirana naryo bamaze gutoranywa.
Umunyamabanga uhoraho muri iyo minisiteri Shema Maboko Didier yabwiye abanyamakuru ko iri shuri byari biteganyijwe ko ritangira muri uku kwezi kwa nzeli kimwe n’ibindi bikorwa by’imikino nkuko byatangajwe mu myanzuro y’inama y’abaminisitiri ariko bikomwa mu nkokora n’ubwiyongere bw’abandura icyorezo cya covid 19 bityo byimurirwa mu kwezi m’ukwakira uyu mwaka wa 2020.
Ikipe ya Paris Saint Germain isanzwe ikina muri shampiyona y’icyiciro cya mbere mu bufaransa Ligue 1, isanzwe inafitanye ubufatanye n’u Rwanda binyuze muri gahunda ya Visit Rwanda dore ko ku myambaro bakorana imyitozo mu mugongo wayo haba handitse ijambo “Visit Rwanda”, ndetse n’ikawa y’u Rwanda ikaba ariyo icuruzwa ku kibuga cyayo Parc de Prince.
Uwahoze ari umukinnyi w’iyi kipe Youri Djorkaeff yaje I Kigali mu ruzinduko rw’iminsi ine aho yari yaje muri gahunda yo kunoza ubwo bufatanye ndetse anaboneraho asura ibyanya nyaburanga by’u Rwanda ibi bikaba byarabaye mu kwezi kwa gatatu uyu mwaka.

2020-09-18
Editorial

IZINDI NKURU

APR FC yatsinze  umukino w’ikirarane  wayihuzaga na Kiyovu

APR FC yatsinze umukino w’ikirarane wayihuzaga na Kiyovu

Editorial 21 Feb 2016
Nshuti ukina muri Tunisie yasuye APR FC ayibwira ibiyifasha gutsinda Club Africain (Amafoto)

Nshuti ukina muri Tunisie yasuye APR FC ayibwira ibiyifasha gutsinda Club Africain (Amafoto)

Editorial 04 Dec 2018
Teta yatunguwe no kubona “Velo” kuri NTV Kenya

Teta yatunguwe no kubona “Velo” kuri NTV Kenya

Editorial 02 Feb 2016
Rayon yegukanye igikombe 10  cy’amahoro

Rayon yegukanye igikombe 10 cy’amahoro

Editorial 04 Jul 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

The Ben agiye gutaramira muri Canada
KWAMAMAZA

The Ben agiye gutaramira muri Canada

Editorial 26 May 2017
Umunyamakuru Ntwali John Williams yafunguwe by’agateganyo
Mu Mahanga

Umunyamakuru Ntwali John Williams yafunguwe by’agateganyo

Editorial 09 Feb 2016
Umunyarwanda Berininkindi Claver yakatiwe burundu n’urukiko rwo muri Suwede
ITOHOZA

Umunyarwanda Berininkindi Claver yakatiwe burundu n’urukiko rwo muri Suwede

Editorial 16 May 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru