• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»ITANGAZAMAKURU : RMC yahagaritse umunyamakuru Niyonambaza Assoumani imwambura n’ikarita

ITANGAZAMAKURU : RMC yahagaritse umunyamakuru Niyonambaza Assoumani imwambura n’ikarita

Editorial 01 Mar 2017 Mu Rwanda

Assoumani Niyonambaza yanze kugira icyo adutangariza ku kuntu yakiriye imyanzuro ya RMC, umuyobozi mukuru wungirije ushinzwe Imari n’Ubutegetsi muri kaminuza ya UTAB, Justine Mbabazi, we atubwira ko iyi myanzuro yayishimiye, ariko ko n’Ikinyamakuru Rugari cyagombaga gufungwa burundu aho guhana umuyobozi wacyo gusa.

Komite Ndangamyitwarire y’Urwego rw’Abanyamakuru Bigenzura (RMC) yafashe icyemezo cyo guhagarika by’agateganyo mu gihe cy’amezi atatu umunyamakuru Niyonambaza Assoumani, inategeka ko ahitwa yamburwa ikarita y’itangazamakuru kandi bigatangazwa.

Ni icyemezo cyafashwe, kuri uyu wa 1 Werurwe 2017, mu bujurire uyu munyamakuru yari yaratanze ku kibazo yagiranye na Kaminuza ya UTAB (University of Technology and Arts of Byumba).

Iyi kaminuza yamuregaga ko ayandikaho inkuru zirimo gusebanya, gushinja ibinyoma, gutera ubwoba, kwaka ruswa n’ibindi, abinyujije mu kinyamakuru cye Rugari.

Mu mwanzuro wayo, Komite Ndangamyitwarire ya RMC yategetse uyu munyamakuru Niyonambaza Assoumani gusaba imbabazi mu nyandiko Kaminuza ya UTAB n’abayobozi bayo barimo Padiri Prof. Dr. Faustin Nyombayire na Madame Justine Mbabazi.

Yanategetse kandi ko ikinyamakuru Rugari gitangaza inyandiko inyomoza izatangajwe mbere.

Imiterere y’ikibazo

Kaminuza ya UTAB yahoze yitwa IPB yari imaze hafi umwaka itanze ikirego kuri RMC cyavugaga ko umunyamakuru Assoumani Niyonambaza n’Ikinyamakuru cye Rugari batangaje inkuru muri Werurwe na Mata 2016 zisebya iyi kaminuza.

Izo nyandiko ni iyo mu Nomero 125 yo ku matariki yo hagati ya 20 Werurwe – 10 Mata 2016, ifite umutwe ugira uti “IPB Byumba: 856,000,000 ku masoko adasobanutse!!”, indi ni iyo muri Nomero 126 yo ku matariki ya 12 Mata – 26 Mata 2016 ifite umutwe ugira uti “Gicumbi: Leta nitabare IPB-Byumba!!”

Muri izi nkuru umwanditsi avuga ko iyi kaminuza icunzwe nabi akanatanga ingero z’amasoko ngo yatanzwe mu gusesagura, ndetse ngo umuyobozi wa kaminuza anafite ingengabitekerezo ya Jenoside.

-5975.jpg

Assoumani Niyonambaza Umuyobozi w’Ikinyamakuru Rugali

RMC ivuga ko yamusabye ibimenyetso by’inkuru ze ntiyabibona, abajijwe nk’aho yakuye amakuru y’imicungire mibi ya kaminuza ngo yavuze ko yayakuye mu nshuti ze, RMC ikavuga ko yagombaga kuyakura mu nzego zizewe, nko mu bacungamutungo ba kaminuza cyangwa abandi bantu baba barakoze ubugenzuzi bagasanga koko umutungo wa kaminuza ucungwa nabi.

Nyuma yo kwakira ikirego cya kaminuza, Komite Ngangamyitwarire ya RMC yatumije impande zombi irazumva, nuko iza kwemeza ko izo nkuru zatangawe kuri UTB n’abayobozi bayo zirimo amakosa y’umwuga arimo gutangaza ibinyoma, guharabika, gushidikanya, kutubahiriza ubuzima bwite n’agaciro ka muntu, kudaha ijambo abarebwa n’inkuru, umutwe w’inkuru n’amafoto bishitura hamwe no kudatandukanya inkuru n’ibitekerezo bwite by’umunyamakuru.

Inteko y’iyi komite yari igizwe na Komiseri Ingabire Marie Immaculée hamwe na Komiseri Dr Nkaka Raphael yaje guhanishisha Niyonambaza kumwihanangiriza bikozwe na RMC mu nyandiko, inamutegeka gusaba imbabazi no gutangaza mu kinyamakuru Rugari inkuru zinyomoza izatangajwe mbere.

Niyonambaza ariko we yahise ajuririra iki cyemezo nuko hashyirwaho inteko nshya igizwe na Mé Mucyo Donatien, Jean Pierre Uwimana na Edmund Kagire yaje kongera gutumizaho izi mpande zombi bundi bushya.

Komite ndangamyitwarire imaze gusuzuma no kongera gusesengura iby’iki kibazo yavuze ko yabonye izo nkuru zatangajwe zirimo ibyo yise ‘amakosa akomeye’.

Muri ubu bujurire iyi komite yemeje urukomatanyo rw’ibihano birimo guhagarika by’agateganyo uyu munyamakuru ishingiye ahanini ku biteganywa n’ingingo ya 2 y’amahame ngengamyitwarire y’umwuga w’itangazamakuru mu Rwanda, ivuga ko umunyamakuru agomba kumenya ko guharabika, gutukana no gushinja ibinyoma ari ‘amakosa akomeye’.

Ubwo uru rubanza rwasomwaga Niyonambaza Assoumani watanze ikirego cy’ubujurire ntiyari yaje mu rubanza. Twavuganye na we ku murongo wa telefone ntiyifuza kugira icyo atubwira kuri iyi nkuru.

Ku rundi ruhande, umuyobozi mukuru wungirije ushinzwe Imari n’Ubutegetsi muri iyi kaminuza ya UTAB, Justine Mbabazi, we wari witabiriye iri somwa ry’imyanzuro, yavuze ko iki cyemezo bacyishimiye ariko ko bifuzaga ko n’Ikinyamakuru Rugari cyari guhagarikwa burundu.

Mbabazi avuga ko uyu munyamakuru yaharabitse cyane isura ya kaminuza, bityo ko yagombaga no gucibwa amande.

Yagize ati “Isura ya kaminuza yego twakomezaga dukora ariko abantu bibaza bati ‘Ese ibi bintu dusoma ni ibiki? Nk’ubu rero biradufashije kurushaho gusubirana ishema yaba ku kigo ibivugwa ntabwo ari byo, yaba twebwe tukiyobora ibituvugwaho ntabwo ari byo. Byari bimazekuba akamenyero ari ingeso yaratwibasiye rero tukavuga tuti yakabaye ndetse n’ikinyamakuru cye, kuko bakoze icyaha bafatanyije, cyakabaye na cyo gihagarikwa.”

Yungamo ati “Ikindi twakabaye tubona n’indishyi niba biteganywa n’amategeko, kuko yibasiye isura y’ikigo, twe turakora tugerageza kubaka isura y’ikigo we akaza agasenya. Rero twakabaye tubona indishyi zijya kuvugira ikigo ibikuraho bya bindi amaze iminsi arimo.”

Uretse uyu munyamakuru, Urwego rw’Abanyamakuru Bigenzura RMC ruheruka guhanisha igihano cyo kugawa mu nyandiko Ikinyamakuru Rushyashya, cyari cyanditse kivuga ko Dr. Habumuremyi Pierre Damien wahoze ari Minisitiri w’Intebe ngo yari amaze kwigarurira abayobozi bakomoka mu Majyaruguru.

Source : Izuba rirashe

2017-03-01
Editorial

IZINDI NKURU

Umunya-Eritrea Nahom Araya yegukanye agace ka 6 ka Tour du Rwanda kavaga i Nyanza kagasorezwa i Kigali

Umunya-Eritrea Nahom Araya yegukanye agace ka 6 ka Tour du Rwanda kavaga i Nyanza kagasorezwa i Kigali

Editorial 01 Mar 2025
“Ujye wibuka guha agaciro urukundo uhabwa n’Igihugu” – Jeannette Kagame

“Ujye wibuka guha agaciro urukundo uhabwa n’Igihugu” – Jeannette Kagame

Editorial 31 Oct 2022
Nyuma y’amasaha 48 yemejwe n’abanyamuryango ko azakomeza kuyobora komite Olempiki y’u Rwanda, Ambasaderi Munyabagisha Valens yeguye kuri uyu mwanya

Nyuma y’amasaha 48 yemejwe n’abanyamuryango ko azakomeza kuyobora komite Olempiki y’u Rwanda, Ambasaderi Munyabagisha Valens yeguye kuri uyu mwanya

Editorial 06 Apr 2021
Clarisse Karasira yamuritse indirimbo yahimbye akomoye ku gutandukana kwa hato na hato kw’abakundana

Clarisse Karasira yamuritse indirimbo yahimbye akomoye ku gutandukana kwa hato na hato kw’abakundana

Editorial 01 Oct 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mu karere ka Bugesera hafatiwe umugabo ucyekwaho kwiba moto
Mu Mahanga

Mu karere ka Bugesera hafatiwe umugabo ucyekwaho kwiba moto

Editorial 30 Jun 2016
Uruhererekane rw’ingengabitekerezo ya Jenoside abana bakura ku babyeyi, urugero rwa Peter Mutabaruka na Se umubyara Celestin Mutabaruka
INKURU NYAMUKURU

Uruhererekane rw’ingengabitekerezo ya Jenoside abana bakura ku babyeyi, urugero rwa Peter Mutabaruka na Se umubyara Celestin Mutabaruka

Editorial 17 Mar 2020
Addis Ababa: Perezida  Kagame yitabiriye inama azatangamo inshingano za AU
INKURU NYAMUKURU

Addis Ababa: Perezida Kagame yitabiriye inama azatangamo inshingano za AU

Editorial 09 Feb 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru