• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»Iterambere ntirishoboka nta mutekano- Kagame

Iterambere ntirishoboka nta mutekano- Kagame

Editorial 05 May 2017 POLITIKI

Perezida Paul Kagame yavuze ko mu gihe nta mahoro n’umutekano biragerwaho ku mugabane wa Afurika, iterambere ridashoboka.

Umukuru w’Igihugu avuga ko igikenewe ari ukureba uko abantu barushaho gukora neza, hashakwa uko umugabane wa Afurika wakomeza gutera imbere ariko hubakirwa ku bihari.

Ibi Perezida Kagame yabivuze ubwo yakiraga abayobozi bahagarariye ibihugu 15 bo mu kanama gashinzwe amahoro n’umutekano ku mugabane wa Afurika, bari mu mwiherero wa 10, umwiherero w’iminsi itatu urimo kubera I Kigali mu Rwanda.

Muri uyu mwiherero, aba bayobozi bari kurebera hamwe uko aka kanama karushaho gusohoza inshingano zako gafite.

Mu mpanuro Perezida Kagame unasanzwe afite inshingano zo gukurikirana amavugurura y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, yavuze ko Abanyafurika ubwabo bagomba kumva ko nta handi bagomba kureba, uretse kuri bo ubwabo.

Umukuru w’Igihugu yagize ati “Ni ngombwa ko byumvikana ko nta handi tugomba kureba uretse kuri twe ubwacu¸ igikenewe ni ukureba ngo ni gute twakora neza kurushaho kugira ngo umugabane wacu ukomeze gutera imbere, twubakiye ku byo dusanganwe.”

Yakomeje agira ati “Wagira ngo twamaze kwemera guhora dusigara inyuma, tugahora tubifata nkaho aha ari ho hantu twagenewe, ntabwo ntekereza ko aribyo.”

Perezida Kagame yongeye kwibutsa aba bagize aka kanama gashinzwe amahoro n’umutekano muri Afurika ko mu gihe nta mahoro n’umutekano byaba bigezweho, n’iterambere bidashoboka ko ryagerwaho.

Abayobozi bemeza gukorera uyu mwiherero wabo mu Rwanda kuko ari igihugu gifatwa nk’igishyigikira amahoro n’umutekano kuri uyu mugabane.

-6478.jpg

-6477.jpg

Perezida Kagamemu biganiro n’intumwa z’ibihugu bigize AUPSC

Minisitiri w’ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda Louise Mushikiwabo ubwo yawutangizaga, yavuze ko hakwiye kubaho umuco wo gukorera hamwe nk’abatuye uyu mugabane kuko ngo ari ingenzi, ibi kandi bikazatuma abantu bashakira hamwe ibisubizo by’ibibazo bibareba, ari nabwo Afurika izarushaho kugira ituze no kugira umutekano uhamye.

Aka kanama gashinzwe mu mwaka wa 2007 kakaba kagizwe n’ibihugu 15.

Muri Mutarama 2016 u Rwanda nibwo rwatorewe manda y’imyaka ibiri muri aka Kanama ka Afurika Yunze Ubumwe, ibihugu bikagize birimo: u Rwanda, Algeria, Botswana, Burundi, Chad, Congo, Egypt, Kenya, Niger, Nigeria, Sierra Leone, Afurika y’Epfo, Togo, Uganda na Zambia.

2017-05-05
Editorial

IZINDI NKURU

Katumbi yibukije Tshisekedi ko nyuma y’ubutegetsi, ubuzima bukomeza 

Katumbi yibukije Tshisekedi ko nyuma y’ubutegetsi, ubuzima bukomeza 

Editorial 15 Oct 2024
Kweguza Trump birasaba iki?

Kweguza Trump birasaba iki?

Editorial 06 Dec 2019
Kenya: Raila Odinga avuga ko atazongera kwiyamamaza muri 2022 ahubwo ko azashyigikira Kenyatta

Kenya: Raila Odinga avuga ko atazongera kwiyamamaza muri 2022 ahubwo ko azashyigikira Kenyatta

Editorial 18 Jun 2018
Ibintu 10 bitangaje kuri Jacob Zuma weguye ku mwanya wa Perezida wa Afurika y’Epfo

Ibintu 10 bitangaje kuri Jacob Zuma weguye ku mwanya wa Perezida wa Afurika y’Epfo

Editorial 15 Feb 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abadepite b’u Burayi basuye Isange One Stop Centre
Mu Mahanga

Abadepite b’u Burayi basuye Isange One Stop Centre

Editorial 22 Sep 2016
Bomboli-Bomboli mu ishyirahamwe ry’Abamotari mu Rwanda
Mu Rwanda

Bomboli-Bomboli mu ishyirahamwe ry’Abamotari mu Rwanda

Editorial 17 Mar 2018
Inama yahuje abanyamuryango ba FERWAFA bemeje uko amakipe azahura ubwo shampiyona y’u Rwanda 2020-2021 izaba isubukuwe muri Gicurasi 2021, ndetse hamejwe uko amakipe azakina
Amakuru

Inama yahuje abanyamuryango ba FERWAFA bemeje uko amakipe azahura ubwo shampiyona y’u Rwanda 2020-2021 izaba isubukuwe muri Gicurasi 2021, ndetse hamejwe uko amakipe azakina

Editorial 06 Apr 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru