• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»Itotezwa ry’Impunzi z’Abanyarwanda ryamuteye kwandika igitabo

Itotezwa ry’Impunzi z’Abanyarwanda ryamuteye kwandika igitabo

Editorial 17 Apr 2018 POLITIKI

Ku mugoroba wo Kuwa 14 Mata 2018, Dr CP Daniel Nyamwasa yamuritse igitabo “Le Mal Rwandais” yanditse abitewe n’ishavu yatewe n’itotezwa ry’Abatutsi mu Rwanda no mu mahanga.

Iki gitabo twakwita “Akaga k’Abanyarwanda” tugenekereje mu Kinyarwanda kigizwe na paji 540 gikubiyemo amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Kiva ayo mateka imuzi uhereye ku bukoloni ukagera kuri Jenoside nyir’izina n’ubutwari bw’ingabo za FPR zayihagaritse.

Ubwo yakimurikaga mu biganiro ku mateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi byateguwe na CNLG mu kiswe “Café Litéraire” yagize ati ” Le Mal Rwandais ni ibyo bihe byose byo kurimbura Abatutsi uko byagiye bisimburana.”

Muri ibyo biganiro “Café Litéraire” byitabirwa n’abanditsi b’ibitabo, imivugo, sinema, abaririmba kuri Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse hagatumirwa n’urubyiruko kugira ngo rushobore kuhigira amateka yaranze u Rwanda.

Dr CP Nyamwasa yavutse mu 1957, nyuma y’imyaka ibiri gusa Abatutsi barameneshwa, ababyeyi be bamuhungana i Burundi bamuhetse.

Mu 1961 bagarutse mu Rwanda babeshywa ko amahoro yagarutse, ariko ntibahatinda bahita basubira mu buhungiro.

Ubwo bari bamaze imyaka 31 mu buhungiro mu 1990, Nyamwasa yinjiye mu gisirikare cya RPF ngo ashobore kwifatanya n’abandi mu rugamba rwo kubohora igihugu.

Hagati aho, avuga ko igitekerezo cyo kwandika cyamujemo bwa mbere mu 1982 ubwo Milton Obete wari Perezida wa Uganda yafataga umwanzuro wo kwirukaba impunzi z’Abanyarwanda zigasubira iwabo mu Rwanda.

Avuga ko icyo gihe byateye agahinda Abatutsi bari mu buhungiro.
Avuga ku kababaro ko kutagira igihugu.

Agira ati “Igihugu cyanjye cyaranyirukanye n’icyo mpungiyemo kikinsubizamo.”

Dr CP Nyamwasa yahise yandika inkuru mu kinyamakuru Jeune Afrique ifite umutwe ugira uti ” Qui suis – Je?” tugenekereje bishatse kuvuga ngo ” Ndi nde?”!

JPEG - 228.4 kb
Madame Jeannette Kagame, Minisitiri w’Umuco na Siporo Uwacu Julienne na Dr Bizimana Jean Damascene uyobora CNLG bari muri ibi biganiro

Iyi nkuru ni yo yahereyeho guhera mu 1990 atangira kwandika igitabo ” Le Mal Rwandais”, aho agira ati “Twabaye ibitambo by’ibibazo by’ibihugu twahungiyemo. Abaperezida b’ibyo bihugu bagiye badutoteza.”

Dr CP Nyamwasa mu gitabo cye “Le Mal Rwandais” akomeza avuga bimwe mu byabaye imizi yo gusenya ubunyarwanda birimo nka Minisitiri w’Intebe wa Guverinoma y’Abatabazi Jean Kambanda wafashe imbunda akica abaturage yari akwiye ubundi kurinda, kuba abaperezida bose babayeho kugeza 1994 baragiye batoteza Abatutsi bashaka kubatsemba ndetse n’umurage mubi w’abakoloni bagabanyijemo Abanyarwanda ibice bakanacira Umwami Musinga ishyanga.

Ati “Mutekereza guverinoma itsindwa igahitamo gutsemba abaturage bayo.”

Yanzura igitabo cye agira ati “Abanyarwanda bakwiye kuzirikana ko imbaraga bakura mu kunga ubumwe zibatera kunesha uwo ari we wese wabahangara. Igihe cyose bazemera amasomo abacamo ibice bazaba bemeye urupfu kandi nyamara iyo urugamba rutangiye ntawe uba azi uzarutsinda.”

Fred Kamugisha, umwe mu rubyiruko rwari rwirabiriye Café Litéraire yije umwanditsi ko nyuma yo kumva ibibazo u Rwanda rwanyuzemo n’imbaraga, ubuhanga n’ubwitange inkotanyiza zakoresheje mu kurubohora no guhagarika Jenoside yiteguye kuzarutenguha ahubwo na we azakora ibishoboka byose mu gukomeza 
kurwubaka.

JPEG - 1.7 Mb
Abitabiriye iri murika ry’iki gitabo babaza ibibazo

Ati “Mwatubwiye ko mu rugamba rwo kubohora igihugu umusirikare umwe w’inkotanyi muri 600 bari muri CND, yabaga ahanganye n’abasirikare 40 ba Habyarimana, twebwe tuzarenzaho nibiba ngombwa. Iki gitabo kiraduha ubutumwa nk’urubyiruko ntituzabatenguha.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo y’Igihugu yo Kurwanya Jenoside (CNLG), Dr Jean Damascene Bizimana, yashimiye Dr CP Nyamwasa umwanya yafashe akandika iki gitabo mu gihe asanganywe inshingano nyinshi zirimo kuvura abaturage nk’umuganga mu Bitaro bya Police ku Kacyiro kandi unafite inshingano zikomeye muri Police y’Igihugu.

Yagize ati “CNLG iragushimira umusanzu uhaye igihugu z’Abanyarwanda by’umwihariko urubyiruko ruzigira byinshi mu mateka y’u Rwanda kuri iki gitabo.

JPEG - 1.5 Mb
Dr Jean Damascene Bizimana, yashimiye Dr CP Nyamwasa umwanya yafashe akandika iki gitabo

Uyu mugoroba w’ibiganiro ku mateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi wari wanitabiriwe n’abayobozi bakuru barimo Madamu Jeannette Kagame, Minisitiri w’Umuco na Siporo, Julienne Uwacu, Umuyobozi wa Polisi y’Igihugu, CG Emmanuel Gasana n’abandi.

JPEG - 1.6 Mb
Uyu mugoroba wanaranzwe n’imivugo itandukanye igaruka ku mateka

2018-04-17
Editorial

IZINDI NKURU

Minisitiri Vincent Biruta yasimbuye Dr. Richard Sezibera ku Bubanyi n’Amahanga

Minisitiri Vincent Biruta yasimbuye Dr. Richard Sezibera ku Bubanyi n’Amahanga

Editorial 05 Nov 2019
Bimwe mu bintu bishobora kongera gusenya EAC nk’uko byagenze mu 1977-Ambassador Harold Acemah

Bimwe mu bintu bishobora kongera gusenya EAC nk’uko byagenze mu 1977-Ambassador Harold Acemah

Editorial 11 Dec 2018
Sudani y’Epfo: Perezida Kiir na Riek Machar bashyizeho Guverinoma ihuriweho

Sudani y’Epfo: Perezida Kiir na Riek Machar bashyizeho Guverinoma ihuriweho

Editorial 24 Feb 2020
Green Party : Habineza yemejwe nk’Umukandida  Perezida mu matora

Green Party : Habineza yemejwe nk’Umukandida Perezida mu matora

Editorial 19 Mar 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ubufaransa bwanze ubusabe bw’umukobwa wa Felesiyani Kabuga busaba ubwenegihugu, n’interahamwe zabuhawe zigomba kubwamburwa zigashyikirizwa ubutabera
INKURU NYAMUKURU

Ubufaransa bwanze ubusabe bw’umukobwa wa Felesiyani Kabuga busaba ubwenegihugu, n’interahamwe zabuhawe zigomba kubwamburwa zigashyikirizwa ubutabera

Editorial 22 Apr 2021
ITANGAZO
Mu Mahanga

ITANGAZO

Editorial 13 Aug 2016
Umunyamakuru John Ndabarasa watabarijwe ko yaburiwe irengero yibereye i Kigali!
ITOHOZA

Umunyamakuru John Ndabarasa watabarijwe ko yaburiwe irengero yibereye i Kigali!

Editorial 06 Mar 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru