• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Jambo Asbl iragerageza guhungisha Abajenosideri bakwamiye muri Niger

Jambo Asbl iragerageza guhungisha Abajenosideri bakwamiye muri Niger

Editorial 04 Aug 2023 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Amakuru tuvana mu nda ya JAMBO Asbl, aravuga uburyo icyo kiguri cy’abakomoka ku bajenosideri, kirimo kwitwikira umutekamo muke uri muri Niger, ngo batorokeshe abo mu miryango yabo bakwamiye muri icyo gihugu.

Nyuma y’ihirikwa ry’ubutegetsi muri Niger ubu umutekano uragerwa ku mashyi, ndetse ibihugu byiganjemo ibyo ku mugabane w’Uburayi, birarwana no kuvana abaturage babyo muri icyo gihugu, kugirango barengere ubuzima bwabo.

Abo bantu rero Jambo Asbl ishugurikira ngo bitwikire ibibera muri Niger nabo bajyanwe i Burayi , barekuwe n’Urukiko Mpuzamahanga rwashyiriweho u Rwanda, basaba kujyanwa muri Niger, hakurikijwe amasezerano hagati y’icyo gihugu na Loni.

Abo ni Protazi Zigiranyirazo”Z”, muramu wa Yuvenali Habyarimana, akaba musaza wa Agatha Kanziga ubundabunda mu Bufaransa, Andreya Ntagerura wari Minisitiri wo gutwara abantu n’ibintu, Prosper Mugiraneza wari Minisitiri w’abakozi ba leta, Anatole Nsengiyumva, François Xavier Nzuwonemeye, Innocent Sagahutu, Alphonse Nteziryayo na Tharcisse Muvunyi (waje gupfa), aba uko ari 5 bakaba bari mu ngabo zatsinzwe, Ex-FAR.

Ubutegetsi bwa Niger ariko bwaje gusanga bwarigeretseho umutwaro uremereye, buza no guperereza busanga aba bantu batahagaritse ibikorwa byo guhungabanya umutekano w’u Rwanda no kubiba ingengabitekerezo ya jenoside. Nguko uko nyuma y’igihe gito Leta ya Niger, binyuze muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu, yatangaje ko itakibifuza ku butaka bw’icyo gihugu.

Kuva mu mpera z’umwaka wa 2021 abo bajenosideri babaye nka Gahini amaze kwica mwene se Abeli, kuko nta gihugu cyemeye kubakira, uretse u Rwanda nk’igihugu kavukire, kuko nyine” ibyaye ikiboze irakirigata”.

Umugambi wa Jambo asbl nubwo watahuwe utaragira icyo ugeraho, nturahagarara kuko unashyigikiwe n’imwe mu miryango yitwa ko iharanira uburenganzira bwa muntu, nka Human Rights Watch na Amnesty international, bigaragara ko ifite gahunda yo kubangamira inyungu zose z’u Rwanda.

Aya mayeri yo kwitwaza ibibera muri Niger bakajyana abajenosideri mu bihugu by’Uburayi, nyamara kuva kera byari byaranze kubacumbikira, anashyigikiwe na bamwe mu bakomeye mu butegetsi bw’Ububiligi ndetse no mu Muryango w’Ubumwe bw’Ibihugu by’Uburayi, basanzwe banazwiho gukorana na Jambo Asbl, n’utundi dutsiko tw’ibigarasha n’interahamwe.

Andi makuru atugeraho kandi yizewe, aravuga ko Perezida wa Kongo , Félix Tshissekedi, ari umwe mu batanga ibitunze aba bajenosideri bari muri Niger, ndetse akabashishikariza kwifatanya n’ibindi bigarasha nka Richard Eugène Gasana na” Profeseri” Kambanda , mu bikorwa birwanya u Rwanda.

Aba bose ariko barahomera iyonkeje.

Uretse ko aba bajenosideri baheze muri Niger bo banibereye mu minsi yabo ya nyuma kubera uburwayi n’izabukuru, n’ubusanzwe ntacyo imigambi yabo yatwara u Rwanda, kuko n’abatari bo, banabarusha imbaraga z’umubiri n’iz’umufuka, baragerageje barananirwa.

Abo bose uwabatsinze ntaho yagiye, ahubwo ubushobozi yabukubye inshuro ibihumbi.

2023-08-04
Editorial

IZINDI NKURU

Bamwe mu bagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi baradohorewe, bo babifata nko kubatinya cyangwa kubinginga

Bamwe mu bagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi baradohorewe, bo babifata nko kubatinya cyangwa kubinginga

Editorial 13 Dec 2024
Ndorimana Jean François Régis yagizwe Perezida w’agateganyo w’Umuryango Kiyovu Sports, Mvukiyehe Juvénal yahawe kuyobora ikigo kizajya gicunga iyo kipe

Ndorimana Jean François Régis yagizwe Perezida w’agateganyo w’Umuryango Kiyovu Sports, Mvukiyehe Juvénal yahawe kuyobora ikigo kizajya gicunga iyo kipe

Editorial 09 Jan 2023
Kagame: U Rwanda ni igihugu gito mu ngano  ariko mu ntekerezo no mu rwego rwa Politiki ni igihugu kinini

Kagame: U Rwanda ni igihugu gito mu ngano ariko mu ntekerezo no mu rwego rwa Politiki ni igihugu kinini

Editorial 01 Apr 2019
Perezida Kenyatta aramenya ibye kuri uyu wa mbere

Perezida Kenyatta aramenya ibye kuri uyu wa mbere

Editorial 19 Nov 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Burundi: Noneho muri CNDD-FDD hashyizweho icyumba cyo gutoteza abatavuga rumwe na Perezida Nkurunziza
INKURU NYAMUKURU

Burundi: Noneho muri CNDD-FDD hashyizweho icyumba cyo gutoteza abatavuga rumwe na Perezida Nkurunziza

Editorial 23 Nov 2017
Tanzania-Imvugo yakoreshejwe na Zari abenshi bayifashe nko gukina ku mubyimba  Wema Sepetu uri mu cyunamo
IMIKINO

Tanzania-Imvugo yakoreshejwe na Zari abenshi bayifashe nko gukina ku mubyimba Wema Sepetu uri mu cyunamo

Editorial 23 Feb 2016
Frank Habineza ariruhutsa ko inzu ye itagitejwe cyamunara!
POLITIKI

Frank Habineza ariruhutsa ko inzu ye itagitejwe cyamunara!

Editorial 26 Mar 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru