• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»Jammeh wayoboye Gambia yarezwe mu rukiko n’abarwayi ba Sida yabeshyaga ko ayibavura

Jammeh wayoboye Gambia yarezwe mu rukiko n’abarwayi ba Sida yabeshyaga ko ayibavura

Editorial 02 Jun 2018 POLITIKI

Urukiko Rukuru rwa Banjul muri Gambia rwakiriye ikirego cy’abagabo babiri n’umugore babana n’ubwandu bwa virusi itera sida, bishyize hamwe ngo barege uwahoze ari Perezida wa Gambia , Yahya Jammenh wajyaga abuhira imiti y’ibyatsi ababeshya ko ivura sida.

Iki kirego cyashyikirijwe urukiko ku wa 31 Gicurasi, gifite inyito igira iti ‘Gufungirwa ahatabugenewe, gutesha agaciro ikiremwamuntu no gutuma ubuzima bwe bwangirika’ nk’uko tubikesha Jeune Afrique.

Abatanze iki kirego basaba urukiko ko bahabwa indishyi z’ibyago Jammeh yabateje, bakanongera gushyirwa ku rutonde rw’abandi barwayi bafata imiti igabanya ubukana bwa virusi itera Sida bafataga bakaza kuyikurwaho na Jammeh wabemezaga ko ari umuganga uvura indwara zose zirimo na Sida.

Mu 2007, Jammeh yatangarije abatuye isi yose muri rusange ko afite imiti idasanzwe avuguta uwari urwaye Sida yawunywa agakira.

Iyo miti gakondo y’ibyatsi yahise ashyiraho ikigo abafite ubwandu bafungiranwagamo nibura amezi atandatu, bakayihanywera. Iyi gahunda ikaba yaranatangajwe kuri Televiziyo y’igihugu.

Umwe mu bafata iyo miti witwa Fatou Jatta watanze ubuhamya bw’ibyababeragaho, yavuze ko mu gihe cy’amezi atandatu yashyizwe mu gisa n’ibohero agahabwa iyo miti ku itegeko rya Jammeh yahaboneye uruva gusenya.

Yagize ati “Ibyambayeho muri icyo gihe nafataga imiti ya perezida byari agahomamunwa. Nari ngiye kuhasiga ubuzima.”

Yongeyeho ko nubwo nubwo we na bagenzi be barokotse urupfu , ubuzima bwabo bukahazaharira kubera kureka imiti igabanya ubukana bwa SIDA bahabwaga mbere, ngo hari umubare utari muto w’abahasize ubuzima.

Umunyamategeko w’abatanze iki kirego, Me Gambeh Gaye, yatangarije Jeune Afrique ko Yahya Jammeh yahemukiye abakiriya be, ababeshya ko afite ubushobozi bwo kuvura indwara zirimo n’ubwandu bw’agakoko gatera Sida.

Yagize ati “Abakiriya banjye barahababariye cyane mu gihe bafataga iyo miti, bategeswe kureka imiti isanzwe ihabwa ababana na virusi itera Sida, kandi byabagizeho ingaruka mbi ku buzima bwabo.”

Umuryango utegamiye kuri leta ufasha ababana n’agakoko gatera Sida muri Gambia, AIDS-Free World, watangaje ko nyuma y’imyaka 11 badafata imiti, aba batanze iki kirego bemeye gushyirwa muri gahunda y’abahabwa iyo miti bundi bushya.

Me Oludayo Fagbemi ukorera Ikigo IHRDA gikora ubuvugizi bw’aba bagizweho ingaruka n’ibikorwa bya Jammeh yabwiye Jeune Afrique ati “Aba barwayi barizera ko ubutabera buzabafasha kurengera uburenganzira bwabo bwahakubitikiye, kandi bagomba kuzahabwa impozamarira y’amafaranga kuri ibyo byose byababayeho.”

Gambia ituwe n’abaturage basaga gato miliyoni ebyiri, 1% muri bo agendana ubwandu bw’agakoko gatera Sida.

Haribazwa uko uru rubanza ruzajyenda, cyane ko uwo barega ( Yahya Jammeh) yibereye mu buhungiro muri Guinée Équatoriale.

Jammeh yagiye ku butegetsi ku wa 22 Nyakanga 1994 afite ipeti rya Liyetona, akuyeho ku ngufu Dawda Jawara. Yaje guhunnga igihugu ku wa 21 Mutarama 2017 asimburwa na Adama Barrow wari umaze kumutsinda mu matora ku majwi 45.5% mu gihe Jammeh we yari yagize 36.7% ariko akanga kuva ku butegetsi mu mahoro.

Kuva mu mwaka ushize, imitungo ya Jammeh yose yafatiriwe na leta.

2018-06-02
Editorial

IZINDI NKURU

Joseph Kabila yahaye umukoro abatavuga rumwe na Felix Tshisekedi

Joseph Kabila yahaye umukoro abatavuga rumwe na Felix Tshisekedi

Editorial 24 Jan 2019
Perezida Rouhani wa Iran yasabye Trump ‘kudakinisha umurizo w’Intare’

Perezida Rouhani wa Iran yasabye Trump ‘kudakinisha umurizo w’Intare’

Editorial 23 Jul 2018
Perezida Kagame yagaragaye ari hagati ya Perezida w’Ubumwe bw’u Burayi na Chancelier Kurz

Perezida Kagame yagaragaye ari hagati ya Perezida w’Ubumwe bw’u Burayi na Chancelier Kurz

Editorial 19 Dec 2018
Ntiwatsinda umuntu urwanira kubaka igihugu wowe urwanira kugisenya – Gen Kabarebe

Ntiwatsinda umuntu urwanira kubaka igihugu wowe urwanira kugisenya – Gen Kabarebe

Editorial 17 Dec 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Niyonkuru Gloire wari muri Gisagara VC na Angiro Gideon wakiniraga  REG VC berekeje muri Police Volleyball Club
Amakuru

Niyonkuru Gloire wari muri Gisagara VC na Angiro Gideon wakiniraga REG VC berekeje muri Police Volleyball Club

Editorial 14 Aug 2025
ULK yahigitse izindi Kaminuza zigisha Amategeko ‘ International Humanitarian Law national Moot Court ‘
Mu Mahanga

ULK yahigitse izindi Kaminuza zigisha Amategeko ‘ International Humanitarian Law national Moot Court ‘

Editorial 15 Oct 2016
AMAGAMBO 10 DUKWIYE KUBWIRA ABAKUNZI BACU BURI MUNSI
HIRYA NO HINO

AMAGAMBO 10 DUKWIYE KUBWIRA ABAKUNZI BACU BURI MUNSI

Editorial 29 Jun 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru