• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • APR FC yatangaje umunya-Maroc Taleb Abderrahim nk’umutoza wayo mu gihe cy’Imyaka 2 iri imbere ishobora kongerwa   |   17 Jun 2025

  • FDLR iracyari ihurizo rikomeye ku mutekano w’u Rwanda   |   17 Jun 2025

  • Munezero Valentine afatanyije na Mukandayisenga Benitha begukanye irushanwa rya Beach Volleyball   |   16 Jun 2025

  • APR BBC yabaye ikipe ya mbere mu Rwanda igeze ku mwanya wa Gatatu mu irushanwa rya Basketball Africa League (BAL)   |   13 Jun 2025

  • Ububirigi, ibere ritindi ryonsa imitwe yo guhungabanya umutekano w’u Rwanda     |   12 Jun 2025

  • Burundi: Ntagitunguranye CNDD-FDD yihaye imyanya yose mu matora atarimo abo bari bahanganye   |   12 Jun 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»Jean Mbanda yageze mu Rwanda bucece ibyo kwiyamamariza kuyobora igihugu abivamo

Jean Mbanda yageze mu Rwanda bucece ibyo kwiyamamariza kuyobora igihugu abivamo

Editorial 12 May 2017 POLITIKI

Mu mpera za Werurwe Jean Mbanda yatangaje gahunda ye yo kuba yakwiyamamariza umwanya w’Umukuru w’Igihugu mu matora ateganyijwe muri Kanama uyu mwaka. Icyo gihe yavugaga ko ari mu mwanya mwiza wo kuba umwe mu bahatanira kuba Perezida wa Repubulika kuko hari byinshi abona bikwiye guhinduka.

Kuwa 29 Werurwe nibwo yari yavuze ko aza mu Rwanda agatangiza ku mugaragaro ibikorwa bye bizamugeza ku guhatanira kujya muri Village Urugwiro nk’Umukuru w’Igihugu. Uwo munsi ntiyaje , bituma benshi bibaza impamvu nubwo nyuma yavuze ko ataje ariwe byaturutseho.

Hashize iminsi itatu [mu ntangiriro za Mata], Jean Mbanda yafashe indege aza mu Rwanda mu buryo busa n’ibanga kuko yaherukaga kugaragara avuga ko atabashije kuza. Ageze i Kigali, yagumye mu rugo rwe ruherereye ku Kicukiro, aho ku ibaraza ryarwo ahafata nk’ibiro n’uruganiriro rwe n’abashyitsi.

IGIHE Dukesha iyi nkuru cyatangaje ko Mbanda yavuze ko akigera mu Rwanda yahisemo gufata umwanya we agatekereza kuri gahunda ajemo, gusa ngo byakubitanye n’uko igihugu cyari kigiye mu cyumweru cyo kwibuka kandi mu myemerere ye nta kindi yakora mu bihe nk’ibyo kuko yaburiye benshi bo mu muryango we muri Jenoside akarokoka ari kumwe na murumuna we mu muryango w’abantu barenga 10.

Uko igitekerezo cyo kwiyamamariza kuba Perezida cyaje

Jean Mbanda avuga ko kuva ubwo yavaga mu bwarimu akajya muri Politiki mu myaka ya 1990, we na bagenzi be binjiranye mu ishyaka rya PSD bari bafite imyemerere ko nta kintu na kimwe babujijwe mu gihugu, ibyo kandi ngo byari mu mahame yaryo.

Ati “Igitekerezo cyaje kera nkinjira muri Politiki, umunsi twumvikana n’abayobozi ba PSD ko mu byo twifuza ko bigaragara harimo uburenganzira bw’umwenegihugu busesuye, ko afite iteka ngenerwa rimwemerera kwiyamamaza mu myanya yose y’igihugu, nta mwanya basize, nta mwanya twasize mubyo twumvikanyeho.”

Muri politiki ye ngo harimo kwimakaza cyane umuco ushingiye ku kubanza abato, abashyitsi n’abatishoboye; byose byiyongera ku kubaha abakuru no kugendera ku mihigo. Kubera umuco wo kubaha abakuru, ngo nibyo bituma adashobora kunenga ishyaka PSD yahozemo cyangwa FPR.

Yagize ati “Ntabwo navuga nabi Kagame cyangwa FPR, ntibishoboka kubera ko ni mukuru. Ntabwo yaba mukuru akosa’.

Gusa ngo uyu muco wo kubaha abakuru waragiye kuva mu myaka ya kera ahanini bigizwemo uruhare n’abazungu ndetse n’ubu uracyagaragara kuko abantu batangiye gutinyuka ababakuriye.

Ati “ N’ubu tubirimo… none se [Kagame] ntiyagabiye Twagiramungu akangabira akagabira Kayumba, akagabira Sebarenzi akagira gute none ubu tukaba dusa n’abamutinyuka? Ni ikintu giteye ubwoba… uwahawe n’Imana uramurekera, Imana ikazongera ikagabira undi ahubwo wowe ukagerageza kumufasha kwimakaza igitsure.”

Yahagaritse gahunda yo kwiyamamaza ahitamo kuzashyigikira Kagame

Mbanda kuva mu 2007 yajya muri Canada kubana n’umuryango we, avuga ko yagiye asura u Rwanda inshuro nyinshi ariko ubwo yagarukaga mu gihugu mbere gato y’icyumweru cyo kwibuka ku nshuro ya 23 Jenoside yakorewe Abatutsi, yafashe ibitabo bitatu arabisoma bimuha ishusho ya nyayo y’icyo agomba gukora.

-6501.jpg

Jean Mbanda

Muri ibyo bitabo ngo harimo icy’amahame shingiro ya PSD yakozeho ubwo iri shyaka yaryinjiragamo mu myaka ya 1990, harimo kandi ikijyanye na gahunda za leta z’imyaka irindwi (2010-2017) ndetse n’ikindi kirimo imyitwarire iranga umunyapolitiki.

By’umwihariko igitabo kivuga ku migabo n’imigambi ya gahunda za leta, ngo cyamweretse ishusho n’intambwe u Rwanda rumaze gutera kugeza ubwo asanze gahunda yari agiye kugenderaho yiyamamaza zihari n’izitarakorwa ziri mu mihigo.

Ati “ Abantu turanenga. Mu Kinyarwanda baravuga ngo kunegura biranoga ariko kugena bikaguma.

Biroroshye kuvuga ngo wambaye karuvati itajyanye n’ikote ariko wowe mpitiramo tuze kureba ko bihura. Ngo ririya rangi ry’inzu iyo usiga irindi, oya, yubake ushyireho irangi turebe ko rizaruta iri. Ubwo nifashishije utwo dutabo twombi, cyane ako ka porogaramu za leta, narumiwe. Burya twicara hanze tukavuga, tukavuga ibyo twishakiye tukareba rya cebe ry’inka ntiturebe ibyiza byayo na litiro ikamwa.”

“Narebye ibikorwa by’imihigo, kuko hari imihigo irimo gukorwa ubu igomba kurangirana na 2017, ndeba ubushake n’imihagurukire y’inzego zose. Ni ikintu cy’igitangaza.

Urumva niba nshaka ko tugarura umuco muri politiki ushingiye ku bintu bitatu; imihigo, kubaha abakuru no kubanza abato, abashyitsi n’abatishoboye. Nasanze ibyinshi biri gukorwa ndetse hari n’ibyakozwe neza. Harabura gato, ako nirwo ruhare rwanjye.”

Uyu mugabo yakomeje atangaza ko yanze kwiyamamaza ngo hato natsindwa azavuge ko ashyigikiye uwatsinze, kimwe no kwanga kujya mu gatebo k’abiyamamaza bafite politiki zidahamye nko ‘kubaka urukuta’ bityo yanzura “ndahagaritse ibintu byose bya politiki, nanjye ngiye gushyigikira iyi leta n’umutware wayo kugira ngo bazasoze inshingano biyemeje mu mahoro kuko nicyo twese duharanira.”

2017-05-12
Editorial

IZINDI NKURU

Jambo Asbl iragerageza guhungisha Abajenosideri bakwamiye muri Niger

Jambo Asbl iragerageza guhungisha Abajenosideri bakwamiye muri Niger

Editorial 04 Aug 2023
Kinshasa : Perezida Kabila yashyizeho Minisitiri w’Intebe mushya utavuga rumwe n’ubutegetsi

Kinshasa : Perezida Kabila yashyizeho Minisitiri w’Intebe mushya utavuga rumwe n’ubutegetsi

Editorial 08 Apr 2017
U Rwanda na Uganda biravuga ko byiteguye gushyira mu bikorwa Amasezerano ya Luanda

U Rwanda na Uganda biravuga ko byiteguye gushyira mu bikorwa Amasezerano ya Luanda

Editorial 16 Sep 2019
RDC: Mende arashinja umukandida Fayulu gushaka kuzahungabanya amatora

RDC: Mende arashinja umukandida Fayulu gushaka kuzahungabanya amatora

Editorial 17 Dec 2018
Jambo Asbl iragerageza guhungisha Abajenosideri bakwamiye muri Niger

Jambo Asbl iragerageza guhungisha Abajenosideri bakwamiye muri Niger

Editorial 04 Aug 2023
Kinshasa : Perezida Kabila yashyizeho Minisitiri w’Intebe mushya utavuga rumwe n’ubutegetsi

Kinshasa : Perezida Kabila yashyizeho Minisitiri w’Intebe mushya utavuga rumwe n’ubutegetsi

Editorial 08 Apr 2017
U Rwanda na Uganda biravuga ko byiteguye gushyira mu bikorwa Amasezerano ya Luanda

U Rwanda na Uganda biravuga ko byiteguye gushyira mu bikorwa Amasezerano ya Luanda

Editorial 16 Sep 2019
RDC: Mende arashinja umukandida Fayulu gushaka kuzahungabanya amatora

RDC: Mende arashinja umukandida Fayulu gushaka kuzahungabanya amatora

Editorial 17 Dec 2018
Jambo Asbl iragerageza guhungisha Abajenosideri bakwamiye muri Niger

Jambo Asbl iragerageza guhungisha Abajenosideri bakwamiye muri Niger

Editorial 04 Aug 2023
Kinshasa : Perezida Kabila yashyizeho Minisitiri w’Intebe mushya utavuga rumwe n’ubutegetsi

Kinshasa : Perezida Kabila yashyizeho Minisitiri w’Intebe mushya utavuga rumwe n’ubutegetsi

Editorial 08 Apr 2017
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru