• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rutahizamu Byiringiro Lague agiye kwerekeza muri Afurika y’Epfo aho yitegura gutangira akazi mu ikipe ya Durban City FC   |   31 Jul 2026

  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V   |   29 Jul 2026

  • Bwa mbere mu mateka u Rwanda rwabonye umudali mu Mikino ya Commonwealth   |   29 Jul 2026

  • Abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu Burundi ku ngengo y’igisirikare cy’u Burundi   |   24 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’Umukino wa Volleyball mu Bagabo yatangiye imyiteguro y’igikombe cya Afurika cyaherukaga kuba muri 2023   |   23 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»KABUGA FELESIYANI ISI YAGEZAHO IMUBANA NTOYA, FLASH DISK YAFATANWE UMUKWE WE NGIRABATWARE YABA ARIYO MVANO YO GUFATWA KWE?

KABUGA FELESIYANI ISI YAGEZAHO IMUBANA NTOYA, FLASH DISK YAFATANWE UMUKWE WE NGIRABATWARE YABA ARIYO MVANO YO GUFATWA KWE?

Ubwanditsi 17 May 2020 INKURU NYAMUKURU

Umunyarwanda yagize ati amaherezo y’ inzira ni mu nzu,kandi amaraso arasama. Iryamukuru ntirihera,  nyuma y ‘imyaka 26 ashakishwa uruhindu,isi yarayimajije ibirenge,  umugwizatunga akaba n’ umugwizarwango, Felisiyani KABUGA , no murigereza ngo ba!!!Inkuru yabaye impamo, uyu muherwe watanze byose ngo Abatutsi bashirire ku icumu, kuri uyu wagatandatu tariki 16 Gicurasi 2020, ahashyira 06h30 mu rukererera yatawe muri yombi hafi y ‘umujyiwa PARIS, Kapitali y’ uBufaransa. Gahini yishe umuvandimwe we Abeli, yibeshya ko amahanga azamuhisha, nyamara ntiyari kwihisha ijisho ry’ Uwiteka.Nguko byagendekeye Felisiyani Kabuga, ari narwo rutegereje undi mugambanyi wese.

Byavuzwe kenshi ko gufata KABUGA byananiranye ndetse Leta Zunze Ubumwe za Amerika zishyiraho igihembo cya miliyoni eshanu z’ amadolari, arabarirwa muri miliyari hafi eshanu uvunje mu manyarwanda, ariko buri gihe agaca mu myanya y’intoki abamugeraga amajanja. Mu myaka ya za 2000 ndetse hari uwaranze aho yari atuye muri Kenya, bimuviramo kwicwa.Nyuma yaho hakwijwe ibihuhako yapfuye.Ntibyari byo kuko mu mwaka  wa2007, umukwe we Augustin NGIRABATWARE yafatanywe flash disk iriho amakuru agaragaza ko Kabuga yari ari Frankfurt mu Budage, inagaragaza ko arwaye kuko hariho inyemezabuguzi y’ibitaro. Akibona Polisi ije ku mufata, Ngirabatware yakandiye Flash disk arayimena, ariko amakuru yariho abahanga bagerageza kuyabona nyuma yo kuyiteranya. Ndetse mu bwenge buciriritese, ubwo umugore wa Kabuga yitabaga Imana, umugabo we yoherereje ubutumwa bwogushimira abamushyinguye, nabyo bikaba ikindi kimenyetso ko abavugaga ko Kabuga atakiri ho byari ukuyobya uburari.Abasesenguzi bahamya ko n’ubwo KABUGA yari afite inoti zihagije zo kwigura, icyatumaga adafatwa ahanini ari impamvu za politiki, hakiyongeraho ubunebwe n’ ubushake buke bw’ abagenzacyaha b urukiko mpuzamahanga rwashyiriweho uRwanda, bukunze kuranga abakozi ba Loni muri rusange.

Wasobanura ute ukuntu Kabuga, utaranaminuje mu mashuri, ashobora kwambukiranya isi yose ntawe umuvumbuye. Ni gute ikoranabuhanga mu itumanaho ryateye imbere bitangaje, ritashoboye gutahura Kabuga ubwo yavaga muri Kenya, ajya gutura no gucururiza mu Bubiligi, Ubusuwisi, Ubudage, RDC, uBufaransa, n’ ahandi ?Mu bariye ibifaranga bya Felisiyani Kabuga harimo na Col. Patrick Karegeya, wari mu buyobozi bw’inzego z’iperereza mu Rwanda, ndetse amakuru adashidikanywaho akemeza ko abakobwa ba Kabuga banahaye Col. Karegeya ruswa y’igitsina, maze aho gushyira imbere inyungu z’ igihugu ahitamo gushyira imbere inda no kwishimisha, abangamira kenshi ifatwa ryinkoramaraso Kabuga Felisiyani n’abandibatabarika. Nawe ariko ntibyamuhiriye, yaje kugwa igihugu igicuri, azize kukigambanira.

IFATWA RYA KABUGA RYAKIRIWE RITE?

Inkuru y’ uko Kabuga yatawe muri yombi, muri rusange yururukije imitima ya benshi mu banyotwe n’ubutabera, bifuza ko uwagize uruhare wese muri Jenoside yakorewe Abatutsi aryozwa ubugome bwe. Mu kiganiro bagiranye n’ itangazamakuru, yaba Ministri w’ Ubutabera, Johnson BUSINGYE, yaba na Dr Jean Damascène BIZIMANA uyobora CNLG, bagaragaje ko iyi ari intambwe itewe mu kwerekana ko ntawe uzacika ubutabera, bigatanga icyizere ko n’abakibundabunda hirya no hiro umunsi uzagera bagakubitwa intahe mu gahanga. Banongeyeho ko iki gikorwa kigaragaza kohari abamaze kumva ko Jenoside yakorewe Abatutsi ari icyaha ndengakamere cyakorewe isi yose, bityo amahanga akaba akwiye guhagurukira rimwe agahiga bukware izo nkoramaraso.

Abasesenguzi banahamya ko iki gikorwa ari umusaruro mwiza w’umubano ugenda ubyutsa umutwe hagati y’ uRwanda n’ u Bufaransa, bakabishingira ku bindi bikorwa byiza Perezida Emmanuel MACRON yakoze birimo gutegeka ko inyandiko zose zireba uruhare uBufaransa bukekwaho muri Jenoside yakorewe Abatutsi, zitakomeza kugirwa ibanga nk’uko byahoze ku ngoma zamubanjirije, ndetse ashyiraho Komisiyo yihariye ishinzwe gusesengura ibirego byose bishija u Bufaransa kwijandika mu bwicanyi bwadutwaye abasaga miliyoni mu gihe cy’ amezi atatu gusa. Hari n’ abasanga kuba Umuryango w’ Ibihugu bikoresha Ururimi rw’ Igifaransa uyobowe n’Umunyarwandakazi, Louise MUSHIKIWABO, nabyo ari ikimenyetso cy’ umubano mwiza hagati y’uRwana n’ u Bufaransa, nabyo bikaba byaba impamvu yo kwanga gukomeza kubika Felisiyani KABUGA.

ESE GUFATA KABUGA BYABA ARI AMACENGA AGAMIJE KURENGERA ABANDI BICANYI BATARAFATWA?

Nubwo muri rusange abenshi twavuganye, barimo n’abaharanira inyungu z’ abacitse ku icumu, ari abishimiye iri fatwa rya Kabuga, hari n’ababyakiranye amakenga. Muri bo, hari abagira bati Kabuga afite imyaka 84 y’ amavuko.Urubanza rwe rushobora kuzatinzwa nk’uko imanza za Arusha zatwaye imyaka n imyaniko, akazapfa rutarangiye, cyangwa rwanarangira ntazabashe kurangiza igihano azaba yarahawe, kubera ubusaza.

Hari abagira bati, none byaba ari ukujijijisha, ngo amahanga aboneko ntacyo  uBufaransa budakora ngo abahohotewe muri Jenoside yakorewe Abatutsi bahabwe ubutabera, kandi mu by’ukuri umuntu w’ imyaka 84 nta gihe kinini aba ashigaje ku isi. Ibi bakabishingira ko bitumvikana uko Kabuga yabayarageze mu Bufaransa, mu murwa mukuru Paris, nta bategetsi babimufashijemo.

Twibutseko KABUGA Felisiyani atari we mujenosideri wenyine uri mu Bufaransa. Ng’abo baDr Eugene Rwamucyona n’ubu byananiranye kumuburanisha, ng’uwo Agatha Kanziga umugore wa Yuvenali Habyarimana, uvugwa cyane mu kazu kateguye kakanashyira mu bikorwa Jenoside, Padiri Wenceslas MUNYESHYAKA wisomera misa nka kera akibera kuri SainteFamille, Laurent BUCYIBARUTA wahaye imibiri y’Abatutsi inkongoro muriGikongoro yari abereyePerefe, n abandi bibereye muri paradizo mu Bufaransa. Si abo gusa, hari n’abandi ibihumbi byinshi bituye mu bihugu nka Cameroun, Cote d’Ivoire, Senegal, Benin, Congo Brazza, RDC n’ ibindi uBufaransa buvugamo ijambo rikijyana. Ese kuba aba bose badashyikirizwa ubutabera, ni igihe kitaragera koko, Ni uko nta bimenyetso se, ifatwa rya Kabuga ryaba rifunguri imiryango yagereza abasigaye se. Tubitege amaso.

UMWANZURO

Byaba ari ubushake bwa politiki bugenda bwiyongera, yaba ari umukino wa politiki no kuyobya uburari, ikiriho ni uko ubu ibigarasha ubwoba bwabitashye.Isi yabibanye nini cyane. Niba Kabuga afashwe we yari afite n’ ayo kwigura, izindi nzererezizi ziradagadwa zibaza aho zibandwa zerekeza.Hari amakuru atugezeho avuga ko muri RNC ya Kayumba Nyamwasa, muri FDLR n’indi mitwe y’ iterabwoba, bari mu kiriyo. Uretse ibifaranga Kabuga yabahaga we na ba Rujugiro, batangiye kubona ko umugambi wabo utazarama, kuko amazi atakiri ya yandi, n’ u Bufaransa bari barambirijeho butangiye guca imizi y’igiti bicayeho.Batangiye kwibaza bati niba uBufaransa buduyeho amaboko, ni gute Afrika y’Epfo yakomeza kubika Fulgence Kayishema wamaze abantu mu yahoze ariKomini Kivumu? Ni gute Zimbabwe, bivugwa ko ihishe Protais Mpiranya, wari mu mutwe urinda Perezida Habyarimana wanishe abatabarika, yakomeza kumutsimbararaho. Ese ni ikihe gihugu cyakwirengera gukomeza gushyira munsi y’urutara Augustin Bizimana wari Ministri w’ ingabo zatsinzwe, n’umurundo w’ibirego agendana? Ubwoba bwa barukarabankaba burumvikana.

Kabuga Felisiyani yavukiye mu yahozeariKomini Mukarange, muriPerefegitura ya Byumba, muw 1935.Ubwicanyi bwo mu muryango we bwatangiye gutahurwa mu myaka ya za 80, ubwo mwenenyina NYANJOBE yicishaga umugore we inyundo nawe akiyahura. Kabuga Felisiyani ari ku isonga mu bashinze bakayobora radio RTLM/Inkoramahano. Uretse ibyo, yanashoye miliyoni nyinshi mu gutoza Interahamwe, azigurira imbunda grenades ,udushoka n’imipangaza koresheje mu bwicanyi. Nyuma y’aho ingoma-ngome iburiye amajyo, ikerekeza mu buhungiro, Kabuga yabaye umucungamutungo w’ikigega gishinzwe gutegura ibitero byo kugaruka mu Rwanda gusoza Jenoside basize batarangije.Icyokigega harinamafaranga cyahaye RNC yaKayumbaNyamwasa, doreko hari abakwe n’ abavandimwe ba Kabuga ba hafi bari muri iyi ngirwa shyaka. Kugabana ako kayabo byaje kunanirana, umwiryane uravuka, bigira n’ uruhare mu ifatwa rya Kabuga.

Dusoza twibukiranye ko inabi itajya itsinda ineza. Wakora ikibi ukihisha, ariko amaraso arasama.Uwareba kure yasaba imbabazi, akava mu mateshwa,  bitabaye ibyo amateka azabacira urubanza.Mbwirabumva ni umwana w’Umunyarwanda

 

2020-05-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

BURUNDI : Gihamya ko FDLR iri ku bwinshi mu barinda Perezida Pierre Nkunziza (Yavuguruwe)

BURUNDI : Gihamya ko FDLR iri ku bwinshi mu barinda Perezida Pierre Nkunziza (Yavuguruwe)

Ubwanditsi 13 Jun 2019
Bomboli-Bomboli : Amacakubiri yongeye kwaduka muri RNC

Bomboli-Bomboli : Amacakubiri yongeye kwaduka muri RNC

Ubwanditsi 11 Sep 2019
Amakuru twacukumbuye ku buryo buhagije, arahamya ko kimwe mu bikomerezwa bya FDLR, Gen. Appolinaire Hakizimana alias Poète, atagihumeka umwuka w’abazima

Amakuru twacukumbuye ku buryo buhagije, arahamya ko kimwe mu bikomerezwa bya FDLR, Gen. Appolinaire Hakizimana alias Poète, atagihumeka umwuka w’abazima

Ubwanditsi 03 Jan 2025
Kabuga Felesiyani ntiyitanze yaguwe gitumo, menya byose uko byagenze, gahunda ya Guma Murugo mu Bufaransa yabigizemo uruhare

Kabuga Felesiyani ntiyitanze yaguwe gitumo, menya byose uko byagenze, gahunda ya Guma Murugo mu Bufaransa yabigizemo uruhare

Ubwanditsi 21 May 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Tumenye  bamwe mu barwanya Leta y’u Rwanda ( Igice cya 4)
ITOHOZA

Tumenye bamwe mu barwanya Leta y’u Rwanda ( Igice cya 4)

Ubwanditsi 07 Mar 2016
Ukuri ku ishingwa rya MRCD na FLN bya Rusesabagina na Sankara
INKURU NYAMUKURU

Ukuri ku ishingwa rya MRCD na FLN bya Rusesabagina na Sankara

Ubwanditsi 18 Jul 2018
Manizabayo Eric na Nirere Xaverine begukanye isiganwa ry’umunsi w’intwari “Heroes Cycling Cup”
Amakuru

Manizabayo Eric na Nirere Xaverine begukanye isiganwa ry’umunsi w’intwari “Heroes Cycling Cup”

Ubwanditsi 21 Jan 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru