• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Kagame aziyamamaza mu turere twose, anamamazwe urugo ku rundi

Kagame aziyamamaza mu turere twose, anamamazwe urugo ku rundi

Editorial 12 Jul 2017 Mu Rwanda

Mu gihe abandi bakandida bavuga ko igihe cyo kwiyamamaza ari gito ku buryo hari uturere bashobora kutazageramo, RPF-Inkotanyi yo ivuga ko ibyumweru bibiri bihagije.

Umunyamabanga Mukuru wa RPF-Inkotanyi avuga ko Perezida Kagame azagera mu turere twose uko ari 30, ndetse ngo hari n’uturere azagera ahantu habiri hatandukanye.

François Ngarambe yagize ati “Umukundida wa RPF-Inkotanyi azajya mu turere twose, hamwe ashobore no gukora ahantu habiri hatandukanye bitewe n’uko akarere gateye n’ukuntu kangana.”

Yunzemo ati “Umukandida azagira n’abandi bamwamamaza mu nzego zo hasi ku mirenge, ku tugari, yewe n’inzu ku yindi.”

Ibyo kwamamaza Perezida Kagame mu ngo bizakorwa n’abakorerabushake ba RPF-Inkotanyi kuko “ntabwo umukandida ari we ujya kureba umuntu mu rugo rw’iwe.”

Umunyamakuru yabajije RPF niba nta mpungenge ifite ko hari abakwitwikira umutaka wayo bakajya kuyisebya muri iryo yamamaza ryo mu ngo, abwirwa ko nta mpungenge zihari.

Ngarambe yasobanuye ko adatekereza ko ibyo bizabaho, ariko ko binaramutse bibaye Komisiyo y’Amatora yabikurikirana kuko ari yo ishinzwe iby’imigendekere myiza y’amatora.

Kuba abandi bakandida bavuga ko ibyumweru bibiri byo kwiyamamaza bidahagije, Francois Ngarambe avuga ko bishobora kuba biterwa no kuba ubusanzwe badakorana n’abaturage.

Avuga ko igihe kibaye kinini kurushaho ntacyo byaba bitwaye, ariko ko n’ibyumweru bibiri nta mbogamizi abibonamo, cyane ko ngo RPF-Inkotanyi isanzwe ikorana n’abaturage bya hafi.

Biteganyijwe ko Perezida Kagame mu kwiyamamaza azabwira abaturage ibyo azakora nibaramnuka bamutoye, ariko akabasobanurira impamvu hari ibyo yabijeje bitarakorwa.

Ntabwo tujya twirarira

Mu kiganiro yahaye abanyamakuru ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatatu, François Ngarambe yahamije ko RPF itajya yirarira, ko izasobanura abanyarwanda impamvu hari ibitaragerwaho.

RPF-Inkotanyi yemera ko muri manda ishize ndetse no mu myaka 23 imaze ku butegetsi hari ibyo yifuzaga gukora itarabasha gukora, ariko igasobanura ko yakoze iyo bwabaga.

“Ntabwo tujya twirarira cyangwa ngo tubeshye, ibyo tutagezeho twari twemereye Abanyarwanda tuzababwira impamvu, dore inzitizi zabaye izi ngizi, dore aho tugeze, dore igihe bizakorerwa,” uku ni ko Ngarambe yabwiye itangazamakuru.

Ngarambe yavuze ko hari byinshi bitaragerwaho mu guteza imbere inzego zitandukanye zirimo ubuhinzi n’ubuvuzi, ariko ko hari na byinshi byakozwe kandi bishimishije.

Kwiyamamaza bizatangira kuwa Gatanu tariki 14 Nyakanga, aho Perezida Kagame azatangirira kwiyamamaza mu Karere ka Ruhango mu Ntara y’Amajyepfo.

RPF-Inkotanyi isaba abaturage kuzajya bitabira ibikorwa byo kwiyamamaza bya Perezida Kagame, kugira ngo bumve ibyo ateganya kubakorera banamugezeho ibibazo bafite.

Amatora azaba tariki 3 Kanama ku banyarwanda baba mu mahanga, na tariki 4 Kanama ku banyarwanda bari mu gihugu.

-7209.jpg

-7211.jpg

-7210.jpg

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango wa FPR Inkotanyi, Ngarambe François, (hagati) ari kumwe na Komiseri Gasamagera Wellars ushinzwe ibijyanye n’itangazamakuru mu bikorwa byo kwiyamamaza muri FPR Inkotanyi (ibumoso) na Komiseri Mukasine Marie Claire (iburyo)

2017-07-12
Editorial

IZINDI NKURU

Gambia : Iperereza ryahishuye ibyo Yahya Jammeh akekwaho kwiba igihugu.

Gambia : Iperereza ryahishuye ibyo Yahya Jammeh akekwaho kwiba igihugu.

Editorial 06 Jun 2017
Prophet Fire [ Pastor Bosco ]  avuye i Burayi ahatangije itorero Patmos ndetse ngo ibitangaza byarakoretse

Prophet Fire [ Pastor Bosco ] avuye i Burayi ahatangije itorero Patmos ndetse ngo ibitangaza byarakoretse

Editorial 12 Oct 2017
Depite Habineza Frank yaba yaratorewe kuba umuvugizi w’imitwe y’iterabwoba irwanya Leta y’u Rwanda? 

Depite Habineza Frank yaba yaratorewe kuba umuvugizi w’imitwe y’iterabwoba irwanya Leta y’u Rwanda? 

Editorial 19 Aug 2022
Abapolisi 600 batanze amaraso

Abapolisi 600 batanze amaraso

Editorial 26 Mar 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

B’ Ambasaderi bavuyeho nabi kurusha abandi
ITOHOZA

B’ Ambasaderi bavuyeho nabi kurusha abandi

Editorial 17 Aug 2016
Hatahuwe uko Rujugiro Tribert, akoresha Itangazamakuru mu rwego rwo gusigiriza isura ye arimo kunyereza imisoro mu bihugu by’Afurika
ITOHOZA

Hatahuwe uko Rujugiro Tribert, akoresha Itangazamakuru mu rwego rwo gusigiriza isura ye arimo kunyereza imisoro mu bihugu by’Afurika

Editorial 17 Jan 2019
INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA
KWAMAMAZA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Editorial 10 Mar 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru