• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Kagame, Murekezi na Mushikiwabo baje mu bayobozi 10 ba mbere basubiza abaturage kuri twitter

Kagame, Murekezi na Mushikiwabo baje mu bayobozi 10 ba mbere basubiza abaturage kuri twitter

Editorial 02 Jun 2017 Mu Rwanda

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame, Minisitiri w’Intebe Anastase Murekezi na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga Louise Mushikiwabo baje ari abayobozi 3 bo mu Rwanda bakoresha cyane urubuga rwa Twitter mu gusubiza no kuganira n’abaturage babakurikira.

Ni mu rutonde ngarukamwaka rwa Twiplomacy rw’uyu mwaka wa 2017 rw’uko abayobozi bakoresha imbuga nkoranyambaga ku Isi, by’umwihariko twitter rwasohotse kuri uyu wa 31 Gicurasi 2017.

Twiplomacy ni inyigo ngarukamwaka ikorwa n’Ikigo cyitwa Burson Marsteller cyo muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika gisanzwe gikora ubushakashatsi ku buryo abayobozi b’ibihugu n’abantu bakomeye ku Isi bakoresha cyane imbuga nkoranyambaga by’umwihariko Twitter, Facebook na Instagram.

-6764.jpg

-6765.jpg

Kuri uru rutonde, Guverinoma y’u Budage @Rijksoverheid niyo iza ku isonga mu kuganira no gusubiza abayibajije kuri twitter, kuko isubiza 95% bya tweets zayivuzeho. Guverinoma ya Nepal iza ku mwanya wa kabiri.

Ku mwanya wa gatatu haza Perezida w’u Rwanda Paul Kagame akanaba na Perezida wa mbere mu bayobozi bo ku Isi basubiza ababajije kuri twitter, kuri uru rutonde.

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda we aza ku mwanya wa gatanu mu bayobozi basubizanya n’abaturage, by’umwihariko yifashishije hashtag ya #TalkToPMRwanda.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Louise Mushikiwabo, we aza ku mwanya wa cyenda, aho muri ‘tweets’ ze zirenga ibihumbi bibiri (2,219 tweets) icya kabiri cyazo aba ari ibisubizo by’ibyo yabajijwe n’abamukurikira.

Uretse aba bayobozi baje kuri uru rutonde hari n’abandi bayobozi bo mu Rwanda bari kugenda barushaho kwitabira gukoresha twitter mu nyungu z’abaturage, babasubirizaho ibibazo bafite.

-6766.jpg

Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi, Gerardine Mukeshimana

Abo barimo nka Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi, Gerardine Mukeshimana uheruka gushyiraho isaha imwe, yo kuwa Gatanu 4-5pm yo kujya aganira n’abifuza kumubaza ibibazo kuri Twitter ‘Hashtag #AskMinagri’ bijyanye n’iyi Minisiteri.

Jack Dorsey, Umuyobozi mukuru wa Twitter avuga ko mu miyoborere ari byiza kugira bene ibi biganiro, kuko bifungura imiryango abayobozi bagafasha abaturage kubageraho mu buryo bworoshye.

Source : Izubarirashe

2017-06-02
Editorial

IZINDI NKURU

Nyamagabe: Umugore yasanzwe anagana mu mugozi yapfuye

Nyamagabe: Umugore yasanzwe anagana mu mugozi yapfuye

Editorial 23 Jan 2018
Kigali :  Umuyobozi nshingwabikorwa wa UN Women yasuye Isange One Stop Centre

Kigali : Umuyobozi nshingwabikorwa wa UN Women yasuye Isange One Stop Centre

Editorial 11 May 2017
Minisitiri muri Israel yashimangiye umubano w’u Rwanda n’igihugu cye ubwo yakiraga Perezida Kagame

Minisitiri muri Israel yashimangiye umubano w’u Rwanda n’igihugu cye ubwo yakiraga Perezida Kagame

Editorial 10 Jul 2017
Barafinda ari mugahinda  nyuma y’uko ngo  hari abantu bakomeje kumutwara  ‘Udukoryo’

Barafinda ari mugahinda nyuma y’uko ngo hari abantu bakomeje kumutwara ‘Udukoryo’

Editorial 04 Sep 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ibintu 10 utazi kuri Commonwealth ije i Kigali
INKURU NYAMUKURU

Ibintu 10 utazi kuri Commonwealth ije i Kigali

Editorial 21 Apr 2018
Umukino wagombaga guhuza Simba na Yanga yo muri Tanzaniya byarangiye utabaye kubera ko Yanga yanze impinduka z’isaha y’umukino zaje ku munota wa nyuma.
Amakuru

Umukino wagombaga guhuza Simba na Yanga yo muri Tanzaniya byarangiye utabaye kubera ko Yanga yanze impinduka z’isaha y’umukino zaje ku munota wa nyuma.

Editorial 09 May 2021
Moise Katumbi Uri Mu Buhungiro Yamaze Gushyiraho Urutonde Rw’abazaba Bagize Guverinoma Ye
POLITIKI

Moise Katumbi Uri Mu Buhungiro Yamaze Gushyiraho Urutonde Rw’abazaba Bagize Guverinoma Ye

Editorial 04 Jul 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru