• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Kagame muri Africa y’Epfo yavuze ko u Rwanda rukeneye abashora imari mu buhinzi

Kagame muri Africa y’Epfo yavuze ko u Rwanda rukeneye abashora imari mu buhinzi

Editorial 11 Nov 2019 UBUKUNGU

Perezida Paul Kagame ari mu mugi wa Johannesburg, muri Africa y’Epfo mu nama ya kabiri ivuga ku ishoramari muri Africa, yabwiye abayirimo ko mu Rwanda hari amahirwe akomeye y’abifuza gushora imari mu buhinzi busagurira isoko.

Iyi nama iterwa inkunga na Banki Nyafurika itsura Amajyambere, (African Development Bank, AfDB) ihuza abashoramari batandukanye hari ibigo by’ubwishingizi, abafite urwego bagezeho mu ishoramari, abikorera, abafata ibyemezo mu nzego za politiki, ibigo by’ubucuruzi n’Abakuru b’Ibihugu.

Paul Kagame ari kumwe na Perezida Cyril Ramaphosa wa Africa y’Epfo, uwa Ghana, Perezida Nana Akufo-Addo na Minisitiri w’Intebe wa Mozambique, Carlos Agostinho do Rosário, bari imbere bavuga ku gushora imari muri Africa, bari mu cyumba k’inama ahitwa Sandton Convention Center.

Iyi nama ni iy’iminsi ibiri, mu bindi igamije harimo gutekereza ku mishinga migari ifatika ishobora guterwa inkunga na Banki, gushaka amafaranga y’igishoro no gusinya amasezerano ajyanye n’ubufatanye.

Perezida Paul Kagame yavuze ku mahirwe y’ishoramari ari mu Rwanda, avuga ko hari Ikigega gifasha abahanga ibishya (Rwanda Innovation Fund), cyashyizweho ku nkunga ya Banki nyafurika itsura Amajyambere, AfDB, Leta na yo ishoramo amafaranga bityo akaba asaba n’abikorera gushoramo amafaranga yabo.

Yavuze ko nta kidasanzwe Africa ikwiye gukora kugira ngo ireshye abashoramari, ahubwo ngo igikenewe ni uko ibyo bisanzwe bizi aho ari ho hose bikorwa kugira ngo abo bashoramari bazane imari yabo.

Mu bindi u Rwanda rwakoze ngo harimo gushyiraho amahirwe mu bijyanye n’ishoramari mu buhinzi. Ati “Hagati ya Ha 15-20,000 turashaka kuzishyiraho uburyo bwo kuhira imyaka, tugakorana n’abikorera mu ishoramari ry’ubuhinzi busagurira isoko ryo hanze.”

Yavuze ko u Rwanda rwakoze ibishoboka mu kuba ahantu horohereza abashoramari, aho ubuyobozi bwizewe, hari umutekano usesuye, ndetse ibihugu by’Akarere bikaba byarishyize hamwe mu muryango wa Africa y’Iburasirazuba (East African Community, EAC), bityo hakaba hari amahirwe ko ubukungu bw’ibihugu by’aka karere buzamuka buva.

Kagame yagize ati “Nakomeje gutekereza ko ari cyo gihe cya Africa, twe Abanyafurika turisuzugura. Ubu turabona ko ari cyo gihe cya Africa, icyo dusabwa ni ugufata amahirwe yose kugira ngo tubashe kuba aho twagombye kuba turi.”

Ibi byose ariko Africa yifuza kugeraho ngo ntibyagerwaho hatabayeho guha agaciro umugore, n’ubuyobozi bukorera mu mucyo ka bugendera ku mategeko.

2019-11-11
Editorial

IZINDI NKURU

U Rwanda rwiteze amasezerano ya miliyoni $700 azasinyirwa muri CHOGM

U Rwanda rwiteze amasezerano ya miliyoni $700 azasinyirwa muri CHOGM

Editorial 13 Mar 2020
RWANDA DAY: Perezida Kagame yabwiye abanyarwanda ko muri raporo zitandukanye u Rwanda rukomeje kuza ku isonga

RWANDA DAY: Perezida Kagame yabwiye abanyarwanda ko muri raporo zitandukanye u Rwanda rukomeje kuza ku isonga

Editorial 12 Jun 2017
Perezida Kagame  aherutse guhabwa igihembo cy’umunyafurika w’umwaka wateje imbere ubukungu kuri uyu mugabane

Perezida Kagame aherutse guhabwa igihembo cy’umunyafurika w’umwaka wateje imbere ubukungu kuri uyu mugabane

Editorial 03 Dec 2018
CIMERWA yungutse miliyari 16.7 Frw mu mezi 12 ashize

CIMERWA yungutse miliyari 16.7 Frw mu mezi 12 ashize

Editorial 05 Dec 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kugona bigiye kubonerwa umuti ubivura
IMIKINO

Kugona bigiye kubonerwa umuti ubivura

Editorial 06 Jan 2017
Ese Evariste Ndayishimiye ajya yibuka ko ari Umukuru w’Igihugu?
Amakuru

Ese Evariste Ndayishimiye ajya yibuka ko ari Umukuru w’Igihugu?

Editorial 18 Mar 2025
Ikibazo cy’Urupfu rwa Padiri Nambaje umutwaro wikorewe na Thomas Nahimana
ITOHOZA

Ikibazo cy’Urupfu rwa Padiri Nambaje umutwaro wikorewe na Thomas Nahimana

Editorial 09 Feb 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru