• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ibyo Urubyiruko Rugomba Kumenya kuri Ingabire Victoire   |   04 Jun 2025

  • Ibihugu Umunani byo ku migabane itandukanye, bigiye guhurira mu Rwanda mu irushanwa ryo Kwibuka ku ncuro ya 31 Genocide yakorewe Abatutsi 1994   |   03 Jun 2025

  • Minisitiri Bizimana yakurugutuye Gustave Mbonyumutwa washakaga “kugira abatagatifu” abajenosideri barimo se Shingiro Mbonyumutwa na Ngirumpatse   |   03 Jun 2025

  • Amavubi yatangiye umwiherero muri Algeria, Manishimwe Djabel yangiwe kwinjira mu gihugu , Rafael York ntiyatanze impamvu yo kutitabira umwihero   |   02 Jun 2025

  • Niyigena Clément wa APR FC n’uwahoze ari umutoza we Darko Novic mu begukanye ibikombe by’abahize abandi muri Rwanda Premier League 2024-2025   |   31 May 2025

  • Umunya-Tunisia Afhamia Lotfi watozaGA ikipe ya Mukura VS yagizwe Umutoza Mukuru mushya wa Rayon Sports FC   |   30 May 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Kagame na Magufuli batangiye guhana amasomo

Kagame na Magufuli batangiye guhana amasomo

Editorial 16 Mar 2016 Mu Mahanga

Abakunze gutemberera muri Tanzania bakubwira yuko iyo uganiriye n’abaturage cyane mu mujyi wa Dar es Salaam bakubwira yuko icyo gihugu nacyo cyarangije kwibonera Kagame wacyo !

Abo baturage ba Tanzania bakomeje gufata Perezida Paul Kagame nk’umuntu wifuriza ibyiza abo ayoboye, arwanya ruswa yihanukiriye ari nako ashakisha buri cyashoboka cyose ngo igihugu cye gitere imbere.

Muri Tanzania, cyane cyane mu butegetsi bw’imyaka 10 ishize ya Jakaya Murisho Kikwete, igihugu cyari cyaramunzwe na corruption, ruswa ivugiriza mu nzego zose n’umutungo wa leta ukoreshwa nabi ku buryo buhombya igihugu.

Muri izo manda ebyiri za Kikwete zacyuye igihe mu mpera z’umwaka ushize Tanzania yari igihugu gifite ubuyobozi butita ku mutungo w’igihugu ngo bube bwawubyaza umusaruru, ahubwo buri wese agasahura yishyirira mu mifuka ye cyangwa iya benewabo ntihagire ingamba zifatwa ngo umutungo wa leta ube wakoreshwa, ahubwo kuwukoresha nabi ukagira ngo nizo ngama igihugu cyari cyarihaye !

Muri ubwo butegetsi bwa Kikwete Abatanzania bakomeje kwifuza yuko bagira ubutegetsi nk’ubwa Kagame kuko bumvaga yuko mu Rwanda arwanya ibyo batifuzaga yuko byaboneka muri Tanzanzania, agaharanira ibyo bifuza yuko byagerwaho iwabo.

Muri manda ya kabiri ya Kikwete ubutegetsi bwe ntabwo bwari bubanye neza n’ubwa Kagame ariko wagera Dar es Salaam no muyindi mijyi ugasanga abantu bajijutse bahamya yuko Perezida wabo ariwe mu nyamakosa.

Aho John Pombe Joseph Magufuli afatiye ubutegetsi akinjirana imbaraga zo kurwanya corruption kandi atajenjeka, nibwo abaturage ba Tanzania batangiye kuvuga ngo biboneye Kagame wabo.

Uko iminsi igenda yicuma kandi niko Kagame na Magufuli bagenda bagarura umubano wari warangijwe na Kikwete, kandi umwe akagenda yigira kuri mugenzi we.

Isomo rya mbere n’iryo Magufuli yigiye kuri Kagame. Hano mu Rwanda dukora umuganda buri wa gatandatu wa nyuma w’ukwezi. Muri Tanzania Magufuli nawe yazanye umuganda ariko awushyira kuwa gatandatu wa mbere wa buri kwezi.

Icyo ariko Magufuli ashobora kuba atarakurikiranye neza n’uko uwo muganda we wibanda ku isuku ngo ibe nk’iya hano mu Rwanda naho umuganda wo mu Rwanda ukibanda ku isuku n’ibindi bikorwa by’amajyambere n’indi mibereho myiza y’abaturage.

Mu inama y’umushyikirano yatangiye ikanasozwa mu cyumweru gishize Kagame nawe yagaragaje ikintu yigiye kuri Magufuli, kandi nibyiza abantu kwigiranaho ibifite akamaro.

-2480.jpg

Perezida Kagame aha impanuro abayobozi bakuru bari mu mwiherero i Gabiro

-2481.jpg

Ngarambe Francois Umunyamabanga Mukuru wa RPF-Inkotanyi nawe ari mubitabiriye uyu mwiherero

-2482.jpg

Bamwe mu bayobozi bitabiriye umwiherero

Magufuli agifata ubutegetsi yahise aca ingendo zitari ngombwa abayobozi b’igihugu bakorera mu mahanga. Magufuli akabaza impamvu umuminisitiri cyangwa undi mutegetsi runaka akorera urugendo rw’akazi mu gihugu runaka kandi icyo gihugu Tanzania igifitemo ambasaderi. Izo ngendo Magufuli yaraziciye none na Kagame yatangarije igihugu yuko nawe aziciye.

Kayumba Casmiry

2016-03-16
Editorial

IZINDI NKURU

Burundi: Komanda wa Polisi ku musozi wa Kivumu yishwe arashwe n’abasirikare nyuma yo gukozanyaho

Burundi: Komanda wa Polisi ku musozi wa Kivumu yishwe arashwe n’abasirikare nyuma yo gukozanyaho

Editorial 07 Sep 2018
Imyanzuro y’inama ya 14 y’igihugu y’Umushyikirano

Imyanzuro y’inama ya 14 y’igihugu y’Umushyikirano

Editorial 22 Dec 2016
Itangazamakuru ritagatifuza abicanyi ntaho ritaniye nabo.

Itangazamakuru ritagatifuza abicanyi ntaho ritaniye nabo.

Editorial 06 Jun 2024
Mu mukino wa gicuti, ikipe y’u Rwanda mu mukino w’intoki wa Basketball yatsinze Misiri bitegura gukina amajonjora y’igikombe cy’isi 2023

Mu mukino wa gicuti, ikipe y’u Rwanda mu mukino w’intoki wa Basketball yatsinze Misiri bitegura gukina amajonjora y’igikombe cy’isi 2023

Editorial 23 Feb 2022
Burundi: Komanda wa Polisi ku musozi wa Kivumu yishwe arashwe n’abasirikare nyuma yo gukozanyaho

Burundi: Komanda wa Polisi ku musozi wa Kivumu yishwe arashwe n’abasirikare nyuma yo gukozanyaho

Editorial 07 Sep 2018
Imyanzuro y’inama ya 14 y’igihugu y’Umushyikirano

Imyanzuro y’inama ya 14 y’igihugu y’Umushyikirano

Editorial 22 Dec 2016
Itangazamakuru ritagatifuza abicanyi ntaho ritaniye nabo.

Itangazamakuru ritagatifuza abicanyi ntaho ritaniye nabo.

Editorial 06 Jun 2024
Mu mukino wa gicuti, ikipe y’u Rwanda mu mukino w’intoki wa Basketball yatsinze Misiri bitegura gukina amajonjora y’igikombe cy’isi 2023

Mu mukino wa gicuti, ikipe y’u Rwanda mu mukino w’intoki wa Basketball yatsinze Misiri bitegura gukina amajonjora y’igikombe cy’isi 2023

Editorial 23 Feb 2022
Burundi: Komanda wa Polisi ku musozi wa Kivumu yishwe arashwe n’abasirikare nyuma yo gukozanyaho

Burundi: Komanda wa Polisi ku musozi wa Kivumu yishwe arashwe n’abasirikare nyuma yo gukozanyaho

Editorial 07 Sep 2018
Imyanzuro y’inama ya 14 y’igihugu y’Umushyikirano

Imyanzuro y’inama ya 14 y’igihugu y’Umushyikirano

Editorial 22 Dec 2016
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru