• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Kayumba Nyamwasa akomeje gushinjwa uburozi bwahitanye ikigarasha cyo muri RNC.

Kayumba Nyamwasa akomeje gushinjwa uburozi bwahitanye ikigarasha cyo muri RNC.

Editorial 10 Jul 2021 Amakuru, INKURU ZAKUNZWE CYANE, Mu Mahanga

Amakuru aturuka imbere mu nda ya wa mutwe w’iterabwoba RNC, aravuga ko uburakari ari bwose mu bayoboke bayo, bakomeje gushinja Kayumba Nyamwasa uruhare mu mfu za hato na hato za bagenzi babo.

Intandaro y’aya macakubiri mashya ni urupfu rw’uwitwa Gabriel Kanyangoga warogewe mu mujyi wa Cape Town muri Afrika y’Epfo, bikavugwa ko uburozi bwamuhitanye bwavuye kwa Evode Ntwari ariko nawe abuhawe na muramu we, Kayumba Nyamwasa.

Gabriel Kanyangingo yigeze kuba umujyanama wa RNC, ariko agakunda gushinja Kayumba Nyamwasa kugirira nabi abanenga imikorere ye, kurigisa imisanzu basaruza mu mpunzi ngo bari ku rugamba, no kutagira umurongo ufatika wa politiki. Kanyangingo yagiye yumvikana asaba Kayumba Nyamwasa kwegura, ndetse binamuviramo kwamburwa uwo mwanya yari afite mu ishyaka ry’ibigarasha.

Hari ibigarasha byabanaga na Kanyagoga muri Afrika y’Epfo byahishuye ko ngo yabibwiye ko Nyamwasa ashaka kumwica, ndetse akaba yari yaranabimenyesheje abashinzwe umutekano muri icyo gihugu. Aha rero niho abayoboke b’icyo kiryabarezi bahereye batsa umuriro kuri Kayumba Nyamwasa bavuga ko Kanyangusho agiye mu mubare w’abo Nyamwasa yivuganye. Bavuga ko Evode Ntwari na Kayumba Nyamwasa basanze kwica Kanyangoga atezwe igico bitazashoboka kuko yari yaramaze kwishinganisha, bahitamo gukoresha uburozi.

Iki cyuka cy’amacakubiri no kwishishanya muri RNC kije gushyira ibintu irudubi, kuko gisanze n’ubundi Nyamwasa na muramu we Ntwari batarebwa neza n’ibindi bigarasha, cyane cyane nyuma y’aho Ben Rutabana aburiwe irengero, nabyo bigashinjwa abo bagabo bombi.

Uyu Ben Rutabana na mushiki we Gwiza Thabita bari mu mubare w’ibigarasha bitari byishimiye imikorere ya Kayumba Nyamwasa n’agatsiko ke, ari nabyo byaviriyemo Rutabana kurigiswa, ku kagambane ka Kayumba Nyamwasa na Gen. Abel Kandiho utegeka urwego rw’ubutasi muri Uganda. Ngibyo rero iby’ibigarasha ngo bishaka kuyobora uRwanda nabyo ubwabyo bitiyoboye.

2021-07-10
Editorial

IZINDI NKURU

Ikinyamakuru cyari igitoni kuri Leta y’u Burundi cyahagaritswe

Ikinyamakuru cyari igitoni kuri Leta y’u Burundi cyahagaritswe

Editorial 12 Oct 2018
Minisitiri Aurore Mimosa n’umujyi wa Kigali bashimiye AS Kigali yageze mu ijonjora rya kabiri rya CAF Confederations Cup, APR FC yo yasezerewe na US Monastir itsinzwe 3-0

Minisitiri Aurore Mimosa n’umujyi wa Kigali bashimiye AS Kigali yageze mu ijonjora rya kabiri rya CAF Confederations Cup, APR FC yo yasezerewe na US Monastir itsinzwe 3-0

Editorial 19 Sep 2022
Polisi y’u Rwanda yafatiye ku mupaka  abarundikazi 3 bari bajyanywe gucuruzwa mu mahanga

Polisi y’u Rwanda yafatiye ku mupaka abarundikazi 3 bari bajyanywe gucuruzwa mu mahanga

Editorial 24 Jul 2016
AS Kigali itsinze Rwamagana 4-0, yisunga Police FC na Marines FC zabonye amanota 3 y’umunsi wa 10

AS Kigali itsinze Rwamagana 4-0, yisunga Police FC na Marines FC zabonye amanota 3 y’umunsi wa 10

Editorial 21 Nov 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Gicumbi: Yagwiriwe n’ikirombe  yitaba Imana
Mu Rwanda

Gicumbi: Yagwiriwe n’ikirombe yitaba Imana

Editorial 02 Mar 2017
Hakizimana Muhadjili yafashije APR FC kuguma ku mwanya wa mbere
IMIKINO

Hakizimana Muhadjili yafashije APR FC kuguma ku mwanya wa mbere

Editorial 12 Mar 2019
Nyabihu: Abamotari basabwe  kuba mu bashinzwe  gukumira ibyaha hagamijwe impinduka nziza
Mu Mahanga

Nyabihu: Abamotari basabwe kuba mu bashinzwe gukumira ibyaha hagamijwe impinduka nziza

Editorial 28 Jan 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru