• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rayon Sports ifite imyenda ya miliyoni 260 Frw, ikeneye miliyoni 200 Frw yo kugura abakinnyi   |   05 Dec 2025

  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Kayumba Nyamwasa arabazwa Ben Rutabana aho kuvuga uruhare rwe akigira umuvugizi wa Uganda

Kayumba Nyamwasa arabazwa Ben Rutabana aho kuvuga uruhare rwe akigira umuvugizi wa Uganda

Editorial 03 Jul 2020 INKURU NYAMUKURU

Nyuma y’igihe Kayumba Nyamwasa yihishe mu kibahima cye muri Afurika y’Epfo, ibibazo uruhuri biri mu mutwe w’iterabwoba wa RNC byatumye agisohokamo kuberako byagize ingaruka ku misanzu yabonaga hirya no hino kandi umusanzu ariyo nyungu Kayumba n’agatsiko ke aribyo basarura ntumubaze ibindi. Mu bibazo bibangamiye Kayumba Nyamwasa ni uko abayoboke bamushiraho kandi bikozwe n’abari abagaragu be ku isonga Jean Paul Turayishimye utagitinya kuvugako Kayumba Nyamwasa atamurusha ingufu muri RNC nubwo bayimwirukanyemo.

Kayumba Nyamwasa yabajijwe ibibazo byinshi ariko byose abinyura hejuru ariko akagenda arekura amakuru amwe namwe agaragaza uruhare rwe mu guteza umutekano muke mu karere cyane cyane mu Rwanda.  Kayumba yemeye ko akora ingendo muri aka karere bishimangira ibyo raporo ya Loni yatangaje ko yagaragaye mu burasirazuba bwa Kongo nkuko byatangajwe nabahoze ari abarwanyi ba Kayumba Nyamwasa.

Ikibazo gikuru Kayumba Nyamwasa akunda guhunga gusubiza ni ikibazo cy’ibura rya Ben Rutabana wahoze ari Komiseri muri RNC ariko akaza kutumvikana na Kayumba Nyamwasa cyane cyane ku bijyane n’imicungire y’ingabo za RNC ziba muri Kongo. Nyuma yuko Ben Rutabana aburiye mu gihugu cya Uganda, umugore we Diane Rutabana yatangaje ko nubundi umugabo we yari yaramubwiye ko afitanye ibibazo bikuru na Kayumba Nyamwasa bityo kuba yarabuze ntawundi bishidikanywaho ko abifitemo uruhare usibye Kayumba Nyamwasa.

Uruhare rwa Kayumba Nyamwasa mu ibura rya Ben Rutabana ryaje no kwigaragaza ubwo yirukanaga muri RNC abavandimwe be aribo Simeo Ndwaniye na Tabita Gwiza kubera kubaza ikibazo cy’umuvandimwe wabo ariko Kayumba Nyamwasa akabashinja gukoresha inama zitemewe, Tabita yari Komiseri w’abagore mu ntara ya Canada naho Simeon Ndwaniye akaba yarakuriye akarere ka Windsor. Ntibyarangiriye aho Jean Paul Ntagara na Achille Kamana nabo barabakurikiye. Ikibazo cya Rutabana cyaje kubera ihurizo rikomeye Kayumba Nyamwasa kugeza naho abo yashingaga kugisobanura nabo ubwabo babura icyo bavuga kubera ibimenyetseo byashyirwaga hanze n’umuryango wa Rutabana.

Bwa mbere abazwa ku kibazo cya Ben Rutabana, Kayumba yavuzeko adashobora kugira icyo atangaza kuberako idosiye yari muru kiko muri Uganda. Ariko ubwo yasubiraga kuri Radiyo rutwitsi Itahuka,Kayumba yashatse kwigira intama kandi ari ikirura avugako ibura rya Ben Rutabana ribabaje ariko ntiyagira icyo avuga kubyo umuryango we wamureze. Ahubwo yigize umuvugize wa Leta ya Uganda ko idashobora kuba ifite Ben Rutabana ndetse yishyiramo ibinyamakauru byo mu Rwanda harimo na Rushyashya ko tuvugira Ben Rutabana. Ubu Pastor Nyirigira nawe yakuwe ku buyobozi bwa RNC muri Uganda nyuma yuko nawe ahangayikishijwe nibura ry’umuhungu we Felix Mwizerwa wari kumwe na Ben Rutabana.

Rushyashya iramenyeshya Kayumba ko itigeze ivugira Ben Rutabana ahubwo ko iviga ibiriho ntanumwe ivuganira. Ben Rutabana yarigishijwe na Kayumba Nyamwasa ari munzira mu guhuza imitwe yitwara gisirikari itera u Rwanda; bose ni kimwe bakorera imitwe y’iterabwoba nuko Rushyashya tuvuga ibiriho. Aho kuvuga ikibazo cya Ben Rutabana, Kayumba Nyamwasa yagiye gutaka imandwa ye ngo ni Charlotte Mukankusi asigaye atuma hose, avuga ko RNC ifite ibibazo bisanzwe nyamara ahubwo biyijyana mu gisimu.

Mu bindi Kayumba Nyamwasa yumvikanye avugira u Burundi bumaze iminsi bufasha abahungabanya umutekano, yemeza ko avugana na Leta ya Bujumbura. Ntitwasoza iyi nkuru tutavuze ko Kayumba yavuze ko u Rwanda rugomba kurwanya Corona nkuko u Burundi buyirwanya. Birababaje!!!

2020-07-03
Editorial

IZINDI NKURU

Impamvu Jambo asbl ntacyo ikwiye kuvuga ku matora yabereye mu Rwanda

Impamvu Jambo asbl ntacyo ikwiye kuvuga ku matora yabereye mu Rwanda

Editorial 22 Jul 2024
BNP Paribas, banki y’igihangange  mu Bufaransa,  yaba irimo kurigisa ibimenyetso  biyihamya uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

BNP Paribas, banki y’igihangange  mu Bufaransa,  yaba irimo kurigisa ibimenyetso  biyihamya uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Editorial 15 Jan 2021
Umusirikare w’u Burundi yiciwe muri Centrafrika

Umusirikare w’u Burundi yiciwe muri Centrafrika

Editorial 11 Jun 2018
Perezida Kagame yageze muri Cuba yaherukagamo mu myaka 36

Perezida Kagame yageze muri Cuba yaherukagamo mu myaka 36

Editorial 15 Sep 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ubwo umwaka w’imikino wa 2021-2022 uzaba urangiye, abakinnyi 6 barimo Tuyisenge Jacques, Nizeyimana Djuma na Itangishaka Blaise bashobora gutandukana na APR FC
Amakuru

Ubwo umwaka w’imikino wa 2021-2022 uzaba urangiye, abakinnyi 6 barimo Tuyisenge Jacques, Nizeyimana Djuma na Itangishaka Blaise bashobora gutandukana na APR FC

Editorial 09 Mar 2022
Uganda: Abaturiye umupaka bokeje igitutu leta basaba ubutaka bwometswe ku Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Uganda: Abaturiye umupaka bokeje igitutu leta basaba ubutaka bwometswe ku Rwanda

Editorial 10 Sep 2018
Amikoro make yatumye komite nyobozi ya As Muhanga yegura
Amakuru

Amikoro make yatumye komite nyobozi ya As Muhanga yegura

Editorial 11 Aug 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru