• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Kera kabaye uBufaransa bwaba bugiye kuburanisha Umunyarwanda Filipo Hategekimana wamaze Abatutsi mu Karere ka Nyanza no mu nkengero zako, Imanza 8 gusa mu myaka 27 yose!

Kera kabaye uBufaransa bwaba bugiye kuburanisha Umunyarwanda Filipo Hategekimana wamaze Abatutsi mu Karere ka Nyanza no mu nkengero zako, Imanza 8 gusa mu myaka 27 yose!

Editorial 10 May 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Hashize imyaka 6 imiryango 40 iharanira inyungu zabarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi ishyikirije ikirego ubucamanza bwo mu Bufaransa, gisaba ko Filipo Hategekimana yakurikiranwa ku ruhare rwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu duce tunyuranye two mu Karere ka Nyanza no mu nkengero zayo.

Uyu Filipo Hategekimana yahoze ari umujandarume mu Rwanda rwo ku ngoma yabajenosideri, aza guhungira ahitwa Rennes mu Bufaransa ubwo bari bamaze gutsindwa. Yahise ahindura amazina, yiyita Pilippe MANIER, agamije kuyobya uburari no gucika ubutabera.

Akimara kumenya ko yatahuwe, yavuye mu Bufaransa mu mwaka wa 2018 ahungira muri Cameroun, ariko iyo miryango ikomeza gukurikirana ibye ari nako itanga amakuru mu nzego zubutabera muri icyo gihugu no mu Bufaransa. Yaje gufatirwa Yaoundé muw2019, nyuma yumwaka umwe yimurirwa muri gereza yo mu Bufaransa.

Nubwo itariki yurubanza rwe itaratangazwa, mu kwezi gushize Ubushinjacyaha Bukuru bwemeje ko ibisabwa byose birimo kwegeranywa ku buryo Filipo Hategekimana azagezwa imbere yubutaberabidatinze. Mu byaha aregwa harimo gushinga no kuyobora bariyeri nibitero byahitanye Abatutsi basaga 10.000, barimo nuwari Burugumesitiri wa Ntyazo, Narcisse NYAGASAZA.

Alain Gauthier ,Umuyobozi wa CPCR , umwe miryango iharanira inyungu zabarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, yabwiye Ibiro Ntaramakuru byuBufaransa(AFP) ko kuba Ubushinjacyaha Bukuru bwafashe icyemezo cyo gushyikiriza urukiko Filipo Hategekimana, ari intambwe nziza, ishobora kubyunsa nandi madoyise yabajenosideri yazinzitswe aho mu Bufaransa.

Kugeza ubu ubushinjacyaha bwo mu Bufaransa bwashyikirijwe ibirego byinshi bishinja abantu banyuranye uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi. Leta yuRwanda nabaregera indishyi, bakomeje gusabwa ko abo bantu baburanishwa cyangwa bakoherezwa mu Rwanda, ariko ababishinzwe mu Bufaransa bakomeje kuvunira ibiti mu matwi.

Mu myaka 27 ishize,mu Bufaransa hamaze kuburanishwa abantu 8 baregwa uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, muri bo 3 gusa bakaba aribo bahawe ibihano binyuranye.

Mu bakidegembya harimo Agata Kanziga wari umugore wa Perezida Yuvenali Habyarimana, akaba numunyakazu ukomeye, Laurent Bucyibaruta wari Perefe wa Gikongoro, nabaganga Eugène Rwamucyo na Sostène Munyemana, ibimenyetso bibashinja ibyaha bakurikiranyweho bikaba bimaze imyaka nimyaniko mu tubati twabashinjacyaha nabacamanza bo mu Bufaransa.

Niba hatajemo kuzarira nkana kwabacamanza nkuko bakomeje kubigaragaza, urubanza rwa Claude Muhayimana ukomoka ku Kibuye rwo rwagombye gutangira mu Gushyingo uyu mwaka.

2021-05-10
Editorial

IZINDI NKURU

Abashukwa n’umutekamutwe Claude Gatebuke bagomba kumenya ko ari inzira yo kwisanga mu mitwe yitwaje intwaro muri Kongo

Abashukwa n’umutekamutwe Claude Gatebuke bagomba kumenya ko ari inzira yo kwisanga mu mitwe yitwaje intwaro muri Kongo

Editorial 14 May 2020
Mu mikino y’igikombe cy’Intwari 2024, APR FC yasezereye Musanze FC, Police isezerera Rayon Sports

Mu mikino y’igikombe cy’Intwari 2024, APR FC yasezereye Musanze FC, Police isezerera Rayon Sports

Editorial 28 Jan 2024
Amavu N’amavuko Y’ibibazo U Burundi Burimo N’uruhare Rwa Museveni

Amavu N’amavuko Y’ibibazo U Burundi Burimo N’uruhare Rwa Museveni

Editorial 10 Dec 2018
Rwatubyaye Abdoul wari kapiteni wa Rayon Sports yerekeje muri Macedonia

Rwatubyaye Abdoul wari kapiteni wa Rayon Sports yerekeje muri Macedonia

Editorial 10 Feb 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umuhanzi Bruce Melodie yagize icyo avuga ku majwi ye yasohotse avuga ko yaba yarihenuye ku bahanzi bagenzi be barimo The Ben na Meddy ngo baba bariswe abanebwe
Amakuru

Umuhanzi Bruce Melodie yagize icyo avuga ku majwi ye yasohotse avuga ko yaba yarihenuye ku bahanzi bagenzi be barimo The Ben na Meddy ngo baba bariswe abanebwe

Editorial 24 Mar 2021
Umuryango wa Rayon Sports wahombeje ikipe miliyoni zireng a 250 mu mezi 8
IMIKINO

Umuryango wa Rayon Sports wahombeje ikipe miliyoni zireng a 250 mu mezi 8

Editorial 07 Mar 2016
Nyuma ya Perezida Mugabe,  Perezida Sirleaf wa Liberia yageze mu Rwanda
Mu Mahanga

Nyuma ya Perezida Mugabe, Perezida Sirleaf wa Liberia yageze mu Rwanda

Editorial 15 Jul 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru