• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Shema Ngoga Fabrice uyobora FERWAFA, yashyizwe mu kanama ka FIFA gashinzwe kurwanya irondaruhu n’ivangura   |   08 Oct 2025

  • Nyuma y’imyaka 8 akinira APR WVC, Dusabe Flavia yerekeje muri Police Women Volleyball Club   |   05 Oct 2025

  • Imanishimwe Emmanuel “Mangwende” ukinira AEL Limasol muri Cyprus yongewe mu bakinnyi b’Amavubi bitegura Benin na SouthAfrica   |   04 Oct 2025

  • Police FC yatsinze Rayon Sports mu mukino w’ikirarane, Gikundiro yuzuza imikino 3 idatsinda   |   02 Oct 2025

  • REG BBC na Tigers BBC zageze ku mukino wa nyuma wa Rwanda Cup zisezereye APR BBC na Kepler BBC   |   02 Oct 2025

  • FERWAFA yatangaje urutonde rw’abaninnyi b’Amavubi bitegura gukina na Benin na Afurika y’Epfo hashakwa itike y’igikombe cy’Isi 2026   |   01 Oct 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Kigali: Ubukangurambaga bw’isuku n’umutekano bwatangiye gushyirwa mu bikorwa

Kigali: Ubukangurambaga bw’isuku n’umutekano bwatangiye gushyirwa mu bikorwa

Editorial 12 Aug 2016 Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda n’Umujyi wa Kigali batangiye gushyira mu bikorwa ibikubiye mu mihigo yasinywe tariki ya 8 uku kwezi, hagati ya Polisi y’u Rwanda n’umujyi wa Kigali n’uturere tuwugize aritwo Nyarugenge, Gasabo na Kicukiro. Imihigo yard igamije gukomeza kwita ku isuku no kubungabunga umutekano mu Mujyi wa Kigali.

Ubwo bari mu kiganiro kuri Radio Rwanda mu gitondo cyo kuwa kane tariki ya 11 Kanama, abari bahagarariye izi nzego uko ari ebyiri bagarutse kuri ubwo bukangurambaga ndetse n’ibikorwa bigamije ishyirwa mu bikorwa ry’iyo mihigo.

Imihigo yashyizweho umukono na Polisi y’u Rwanda,umujyi wa Kigali ndetse n’Uturere dutatu, ihuriza hamwe impande zose bashyira imbaraga hamwe mu bikorwa bitandukanye birimo imikorere myiza ya komite z’abaturage zo kwicungira umutekano no gukumira ibyaha (CPC’s), ikorwa neza ry’amarondo, kurwanya ibiyoyabwenge, kurwanya ihohoterwa rikorerwa mu ngo n’irishingiye ku gitsina, Kubahiriza amabwiriza ajyanye n’urusaku, kurwanya no gukumira ko abana batarageza imyaka y’ubukure bahabwa ibisindisha, kurwanya inkongi z’imiriro, kugenzura ko umutekano wubahirizwa no kubahiriza umutekano wo mu muhanda.

Avuga uko iyo mihigo izashyirwa mu bikorwa ubwo yari muri icyo kiganiro; Assistant Commissioner of Police (ACP) Damas Gatare, Umuyobozi w’ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe imikoranire ya Polisi, abaturage n’izindi nzego mu gukumira ibyaha yavuze ko bizafasha mu kumenya no gushakira hamwe ibisubizo by’ahantu hose hirya no hino mu tugari hacururizwa ibiyobyabwenge, aho bituruka ndetse n’abantu bakora ibyaha by’ ubucuruzi bwabyo.

ACP Damas Gatare yakomeje avuga ko ubu bukangurambaga buzahabwa abaturage mu gihe cy’umuganda, buzanatangirwa kandi ku bigo by’amashuri, ku dusanteri tw’ubucuruzi, bikaba binateganyijwe ko hazanashyirwaho amatsinda menshi yo kurwanya ibiyobyabwenge mu tugari, mu mashuri, no mu mashyirahamwe atandukanye y’urubyiruko.

Yakomeje avuga ko mu tubari, mu tubyiniro n’ahandi abantu bidagadurira hazashyirwa ibyapa biriho ubutumwa bubuza abantu kugurisha no guha ibisindisha uwo ariwe wese utarageza ku myaka 18 y’ubukure. Yavuze kandi ko bazagirana inama n’amashyirahamwe y’urubyiruko, aho bazabigisha ububi bw’ibisindisha ku bakiri bato bityo bakabakangurira kutabinywa. Ku birebana no kwirinda urusaku rukabije, yavuze ko abafite inzu zirimo insengero n’izindi nk’utubyiniro, bazasabwa kuzishyiramo ibikoresho bituma urusaku rudasohoka ngo rukwirakwire hirya no hino hanze ngo ku buryo hazanashyirwaho itsinda rizagenzura iyubahirizwa ryo kugabanya urwo urusaku.

Kumenya no kunga imiryango ibana mu makimbirane, Kugenzura imikorere y’amarondo, Kubahiriza gahunda zo gucana amatara ku mihanda no mu ngo, gushyiraho gahunda zo guca uburaya n’ubwomanzi, gusabiriza no gukura abana mu muhanda, bazafashwa kwibumbira hamwe no gukora ubucuruzi bwemewe n’amategeko bagana amasoko yabubakiwe n’ibindi. Ibyo ni bimwe mu bikorwa biteganyijwe muri ubu bukangurambaga buzamara amezi atandatu, aho biteganyijwe ko hazatangwa ibihembo kuva ku rwego rwo hasi kugera ku rwego rw’akarere mu kwezi kw’Ukuboza kubazaba barushije abandi kubazarusha abandi kubishyira mu bikorwa.

Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage Judith Kazayire, yasabye abayobozi b’inzego z’ibanze kugenzura bakamenya ko ibikubiye mu mihigo byose byubahirizwa bikanashyirwa mu bikorwa bityo ibyateganyijwe bikagerwaho.

Imihigo yasinywe hagati y‘imirenge 35 y’Umujyi wa Kigali n’uturere twawo, nayo ikubiye mu yashyizweho umukono hagati y’impande zose uko ari eshatu (Polisi y’u Rwanda, Umujyi wa Kigali ndetse n’uturere tuwugize)

Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage yavuze ko isuku n’umutekano bifite akamaro kanini mu iterambere ririmo kwihuta cyane muri iki gihe ry’Umujyi wa Kigali.

-3619.jpg

Assistant Commissioner of Police (ACP) Damas Gatare, Umuyobozi w’ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe imikoranire ya Polisi, abaturage n’izindi nzego mu gukumira ibyaha

Yakomeje avuga ko hazabaho ubukangurambaga bw’abaturage ku bijyanye n’isuku no kurengera ibidukikije binyuze mu bitangazamakuru, mu mahugurwa, ndetse no mu muganda wihariye, aho abaturage bazakangurirwa kugira isuku rusange, gukoresha neza no gufata amazi, isuku y’ubwiherero, amabagiro, utubari, amasoko n’ahandi.

RNP

2016-08-12
Editorial

IZINDI NKURU

Polisi yafashe ibyuma by’imodoka bya Rwf 24,000,000 byibwe NPD – COTRACO

Polisi yafashe ibyuma by’imodoka bya Rwf 24,000,000 byibwe NPD – COTRACO

Editorial 05 Dec 2016
Polisi n’ubuyobozi bw’Intara y’Amajyaruguru basabye abaturage ba Musanze ubufatanye ku mutekano

Polisi n’ubuyobozi bw’Intara y’Amajyaruguru basabye abaturage ba Musanze ubufatanye ku mutekano

Editorial 10 Nov 2016
Village Urugwiro : Perezida Kagame yakiriye ba Ambasaderi batandatu bashya

Village Urugwiro : Perezida Kagame yakiriye ba Ambasaderi batandatu bashya

Editorial 24 Jan 2017
Polisi y’u Rwanda yahinduranyije abapolisi muri Centrafurika

Polisi y’u Rwanda yahinduranyije abapolisi muri Centrafurika

Editorial 11 Oct 2016
Polisi yafashe ibyuma by’imodoka bya Rwf 24,000,000 byibwe NPD – COTRACO

Polisi yafashe ibyuma by’imodoka bya Rwf 24,000,000 byibwe NPD – COTRACO

Editorial 05 Dec 2016
Polisi n’ubuyobozi bw’Intara y’Amajyaruguru basabye abaturage ba Musanze ubufatanye ku mutekano

Polisi n’ubuyobozi bw’Intara y’Amajyaruguru basabye abaturage ba Musanze ubufatanye ku mutekano

Editorial 10 Nov 2016
Village Urugwiro : Perezida Kagame yakiriye ba Ambasaderi batandatu bashya

Village Urugwiro : Perezida Kagame yakiriye ba Ambasaderi batandatu bashya

Editorial 24 Jan 2017
Polisi y’u Rwanda yahinduranyije abapolisi muri Centrafurika

Polisi y’u Rwanda yahinduranyije abapolisi muri Centrafurika

Editorial 11 Oct 2016
Polisi yafashe ibyuma by’imodoka bya Rwf 24,000,000 byibwe NPD – COTRACO

Polisi yafashe ibyuma by’imodoka bya Rwf 24,000,000 byibwe NPD – COTRACO

Editorial 05 Dec 2016
Polisi n’ubuyobozi bw’Intara y’Amajyaruguru basabye abaturage ba Musanze ubufatanye ku mutekano

Polisi n’ubuyobozi bw’Intara y’Amajyaruguru basabye abaturage ba Musanze ubufatanye ku mutekano

Editorial 10 Nov 2016
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Wari uzi ko gutera Gatarina [ Kondo] mu karere byatangiriye muri Uganda?
INKURU NYAMUKURU

Wari uzi ko gutera Gatarina [ Kondo] mu karere byatangiriye muri Uganda?

Editorial 05 Dec 2018
Abakinnyi bahoze bakinira Amavubi bateguye umukino na bagacishijeho muri Uganda
IMIKINO

Abakinnyi bahoze bakinira Amavubi bateguye umukino na bagacishijeho muri Uganda

Editorial 28 Jun 2016
Impuhwe za Bihehe FDLR, yateguye Misa yo gusabira Kizito Mihigo kuri iki cyumweru
INKURU NYAMUKURU

Impuhwe za Bihehe FDLR, yateguye Misa yo gusabira Kizito Mihigo kuri iki cyumweru

Editorial 22 Feb 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru