• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»KIGALI: Umukozi w’Imana Pastor Bosco Fire yaboneye umuti abakobwa babaswe no kubura urushako
Umushumba Mukuru w’Itorero Patmos of Faith Church, Prophet Bosco Nsabimana

KIGALI: Umukozi w’Imana Pastor Bosco Fire yaboneye umuti abakobwa babaswe no kubura urushako

Editorial 31 May 2018 Mu Rwanda

Umushumba Mukuru w’Itorero Patmos of Faith Church, Prophet Bosco Nsabimana yatanze nyirantarengwa y’imyaka itatu akaba yamaze gusengera amadayimoni yose abuza abakobwa basengera mu itorero rye kurongorwa. Ibi yabitangarije mu materaniro yo kuri iki cyumweru, tariki 27 Gicurasi 2018 yabereye kuri Hoteli Umubano aho iri torero ririmo gusengera muri iyi minsi.

Prophet Bosco yavuze ko kugirango umuntu agere ku kintu yifuza cyamugirira umumaro agomba kubanza kumenya aho ava n’aho ajya, aravuga ati: “Icyo utekereza ku mutima wawe cyakugirira umumaro kirahari, ariko menya ngo uri nde, urajya he, urava he? burya abantu basenga cyane si bo bakire cyane mu Rwanda ndetse no ku isi.”

Yahumurije abakobwa basengera mu itorero ayoboye ko nta mukobwa n’umwe uzabura umugabo kuko ngo yiyemeje gusengera dayimoni zose zibabuza kurongorwa ndetse ngo yazihaye igihe ntarengwa cy’imyaka itatu, ngo nta dayimoni yasengera ngo hashire imyaka itatu itarahunga.

Prophet Bosco yakomeje avuga ko ubundi iyo Imana igushyize mu kigeragezo itabura abaza kukuganiriza bagushuka, bakubwira ngo “ariko waje tukajya kukurogoza, bati sha barakuzinze ndakurahiye! bati nta mukobwa w’iwacu wigeraga arenza imyaka 26, ukabije ni 26 none ugize mirongo itatu.”

Ngo hari n’abaza bakakubwira ko bagiye kukurangira umugabo nyamara uwo bakurangiye ari kabutindi bakujugunyiye. Prophet Bosco we akomeza ashimangira ko Imana ariyo muranga kuko ngo wizera ko “umuntu akurangiye umugabo kumbi akujugunyiye kabutindi, burya umuntu akurangira iseta kuko azi ibyo yashyizemo wagerayo ugashya.”

Benshi mu ba kristo bateraniye mu Itorero Patmos kuri ubu riri gukorera muri Hotel Novotel Umubano ku ka cyiru

Uyu mushumba bakunze kwita` asoza avuga ko zimwe mu mbogamizi ari ukutamenya kwiha igihe, igihe imbere yawe haje umuraba.

Ngo usanga iyo umuntu yabenzwe icyo akurikizaho ari amagambo n’urusaku no gutuka Imana. Nyamara ngo umuntu aba asabwa kugenda mu bwato bw’imbaraga z’Imana ikaba ari yo imuyobora muri ibyo bibazo.

2018-05-31
Editorial

IZINDI NKURU

Gatabazi na Bamporiki bagororewe

Gatabazi na Bamporiki bagororewe

Editorial 31 Aug 2017
U Rwanda ruracyuguruye amarembo ku banyarwanda bahejejwe mu mashyamba ya Kongo

U Rwanda ruracyuguruye amarembo ku banyarwanda bahejejwe mu mashyamba ya Kongo

Administrator 30 Oct 2025
Kinshasa : Nubwo ibiganiro byatangiye bamwe mu abanyepoliti baracyatsimbaraye kutabyitabira

Kinshasa : Nubwo ibiganiro byatangiye bamwe mu abanyepoliti baracyatsimbaraye kutabyitabira

Editorial 02 Sep 2016
Perezida Kagame yakomoje ku magambo Emmanuel Macron yavuze anenga imikorere ya Afurika

Perezida Kagame yakomoje ku magambo Emmanuel Macron yavuze anenga imikorere ya Afurika

Editorial 25 Aug 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ibihe by’Ingenzi byaranze Inkotanyi/RPA ku rugamba intambwe ku yindi
Amakuru

Ibihe by’Ingenzi byaranze Inkotanyi/RPA ku rugamba intambwe ku yindi

Editorial 02 Oct 2020
Gakenke: Umwarimu  yatawe muri yombi  akekwaho gukubita umunyeshuri agapfa
ITOHOZA

Gakenke: Umwarimu yatawe muri yombi akekwaho gukubita umunyeshuri agapfa

Editorial 15 Jun 2017
U Buhinde bwagurije u Rwanda miliyari 56 Frw zo kubaka umuhanda Base – Butaro – Kidaho
UBUKUNGU

U Buhinde bwagurije u Rwanda miliyari 56 Frw zo kubaka umuhanda Base – Butaro – Kidaho

Editorial 16 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru