• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»Kim Jong Un yarahiye kutareka gukora ibisasu bya Kirimbuzi kubera iteshamutwe rya Trump

Kim Jong Un yarahiye kutareka gukora ibisasu bya Kirimbuzi kubera iteshamutwe rya Trump

Editorial 22 Sep 2017 ITOHOZA

Perezida wa Koreya ya Ruguru, Kim Jong Un, yatangaje ko kubera amagambo ya Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika azakomeza gahunda yo gukora no kugerageza ibitwaro kirimbuzi.

Kim Jong yavuze ko Trump atandukanye n’abamubanjirije bose ndetse adakwiriye kuba ayobora igihugu gikomeye ku isi.

Abinyujije mu kinyamakuru cya Leta, KCNA, Perezida Kim Jong Un yavuze ko yatangajwe n’amagambo Trump yavugiye imbere ya bagenzi be mu Nteko Rusange ya Loni, aho yigambye ko azasenya Koreya ya Ruguru.

Trump kuri uyu wa Kabiri imbere y’Abakuru b’ibihugu ku isi yavuze ko nibiba ngombwa Amerika izirwanaho igasenya Koreya ya Ruguru kubera ubushotoranyi ikora igeragezwa ibitwaro kirimbuzi.

Kim Jong yavuze ko Trump ameze nk’imbwa ifite ubwoba ngo niyo imoka cyane.

Ati “Imbwa ifite ubwoba niyo imoka cyane. Ndagira inama Trump yo kwitonda mu gihe atoranya amagambo yo kuvuga no kumenya uwo abwira […] nyuma yo kujya ku butegetsi yahojeje isi ku nkeke kubera iterabwoba n’ibitutsi ku bihugu byose, ntabwo akwiriye kuba umugaba w’ikirenga w’ingabo z’igihugu, ni igisambo kitagira ikinyabupfura kiri gukina n’umuriro aho kuba umunyapolitiki.”

Kim Jong yakomeje avuga ko imyitwarire ya Trump imuha imbaraga mu gukomeza gahunda y’ibitwaro kirimbuzi.

Ati “Ibyo yatangaje bigaragaza ubushake n’umugambi wa Amerika byanyeretse ko aho kurekera cyangwa kugira ubwoba, ahubwo inzira nafasha ni iy’ukuri kandi ngomba kuyikurikiza kugeza ku munota wa nyuma.”

Yakomeje agira ati “Nk’umugabo uhagarariye abaturage ba Koreya ya Ruguru, ku bw’icyubahiro cy’igihugu cyanjye n’abaturage banjye, ngomba gukora ikizatuma uyu mugabo uyoboye Amerika yishyura amagambo yavuze yo gusenya Koreya […] azabona ibirenze ibyo yakekaga.”

Umubano wa Koreya ya Ruguru na Leta Zunze Ubumwe za Amerika wazambye guhera mu myaka ya 1950 ariko wakajije umurego muri uyu mwaka ubwo icyo gihugu cyageragezaga ubutsitsa ibisasu kirimbuzi.

Koreya ya Ruguru imaze gufatirwa ibihano byinshi na Loni ariko ntibyayibujije gukomeza kugerageza ibisasu.

Kuri uyu wa Kane Trump yasinye itegeko ribuza sosiyete iyo ari yo yose muri Amerika gukorana ubucuruzi na Koreya ya Ruguru nkuko BBC yabitangaje.

-8053.jpg

Inzira Perezida Trump akoresha acecekesha Kim Jong Un wa Koreya ya Ruguru

2017-09-22
Editorial

IZINDI NKURU

Suéde yabaye indiri y’abarwanya leta y’uRwanda 

Suéde yabaye indiri y’abarwanya leta y’uRwanda 

Editorial 21 May 2019
NTAGIHINDUKA : Padiri Thomas Nahimana “arasesekara  mu Rwanda kuri uyu wambere”

NTAGIHINDUKA : Padiri Thomas Nahimana “arasesekara mu Rwanda kuri uyu wambere”

Editorial 23 Jan 2017
AMAKIMBIRANE : Bimwe mu bikubiye muri Raporo y’ibanga  y’inama yahuje abashinze RNC yashyizwe hanze na Rudasingwa Theogene

AMAKIMBIRANE : Bimwe mu bikubiye muri Raporo y’ibanga y’inama yahuje abashinze RNC yashyizwe hanze na Rudasingwa Theogene

Editorial 05 Jul 2016
Ikibazo cy’Urupfu rwa Padiri Nambaje umutwaro wikorewe na Thomas Nahimana

Ikibazo cy’Urupfu rwa Padiri Nambaje umutwaro wikorewe na Thomas Nahimana

Editorial 09 Feb 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kenya : Umutekano wakajijwe mu gihe amatora y’Umukuru w’Igihugu asubirwamo
Mu Mahanga

Kenya : Umutekano wakajijwe mu gihe amatora y’Umukuru w’Igihugu asubirwamo

Editorial 26 Oct 2017
Abatavuga rumwe n’ubutegetsi muri Uganda barabaza Perezida Museveni inyungu afite mu gushotora Rwanda
HIRYA NO HINO

Abatavuga rumwe n’ubutegetsi muri Uganda barabaza Perezida Museveni inyungu afite mu gushotora Rwanda

Editorial 16 Jun 2020
Umwambari wa FDLR Ndikuriyo yeguye muri Sena y’Abarundi
Amakuru

Umwambari wa FDLR Ndikuriyo yeguye muri Sena y’Abarundi

Administrator 10 Dec 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru