• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»Kinshasa yabujije imyigaragambyo ariko Rassemblement ntibikozwa

Kinshasa yabujije imyigaragambyo ariko Rassemblement ntibikozwa

Editorial 28 Nov 2017 POLITIKI

Ubutegetsi bwa Perezida Joseph Kabila  bwiyamye cyane abategura gukora imyigaragambo muri DRC ariko abatavuga rumwe nabwo bakavuga yuko bazayikora byanze bikunze ngo kuko ari uburenganzira bwabo !

Mu mpera z’icyumweru gishize  hari ibice bibiri byari byatangaje yuko bizakora imyigaragambyo kuri uyu wa kabiri, bigahamagarira ibayoboke babyo kuzayitabira ari benshi.

Igice cya mbere cyababanje gutangaza yuko kizakora imyigaragambyo kuri uyu wa kabiri ni ikiyobowe na Felix Tshisekedi (Rassembement). Aba bateguraga iyo myigaragambyo bashaka kugaragaza yuko byanze bikunze amatora ya Perezida wa Repubulika muri icyo gihugu agomba kuba mu kwezi gutaha, atanaba ariko Kabila akava ku butegetsi kuko manda ye yarangiye Ukuboza umwaka ushize.

Nyuma igice kigizwe n’amashyaka ashyigikiye Kabila  gitangaza yuko kuri uyu wa kabiri nacyo kizakoresha imyigaragambyo yo gushyigikira gahunda ya leta y’uko amatora ya Perezida wa Repubulika azakorwa Ukuboza umwaka utaha wa 2018.

Abo muri opozisiyo bumvise yuko n’abashyigikiye ubutegetsi bapanga kuzakora imyigaragambyo kuri uwo wa kabiri, iyabo bayimurira kuwa kane muri iki cyumweru, ariko ku cyumweru ubutegetsi butangaza yuko nta myigaragambyo iyo ariyo yose yemewe, kandi ngo abazakinisha kuyikora bakazahanwa by’intangarugero.

Abo mu mashyaka ashyigikiye Kabila bumviye iryo tegeko rya leta basubika iyo myigaragambyo yabo yagombaga gukorwa kuri uyu wa kabiri, ariko abatavuga rumwe n’ubutegetsi bakavuga yuko byanze bikunze iyabo bazayibyukiramo kuwa kane nk’uko byari bisanzwe kuri gahunda.

Ihuriro ry’abasenyeri gatulika muri DRC, National Episcopal Conference of Congo (CENCO) ritangaza yuko amahanga agomba kuba maso ngo kuko iby’iyo myigaragambyo bishobora kuzatuma amaraso menshi ameneka. CENCO itangaza yuko tariki 15 z’uku kwezi hari umubare munini w’abantu watawe muri yombi kubera impamvu zijyanye n’imyigaragambyo, ngo kandi kuva muri Mata kugeza mu kwezi gishize abantu 53 biciwe mu myigaragambyo muri icyo gihugu cya Congo !

Amerika na Canada ni ibihugu bitera  inkunga itubutse DRC. Ibi bihugu byombi bigaragaza yuko ingengabihe y’amatora, ishyira aya Perezida wa Repubulika mu mpera z’umwaka utaha ishyize mu gaciro kuko bitashoboka ngo abe yakorwa mu kwezi gutaha nk’uko benshi mu bigaragambya baba babisaba. Ariko ibyo bihugu byombi ejo byasohoye itangazo rusange rivuga yuko bidashyize mu gaciro kubuza abantu kwikorera imyigaragambyo mu mahoro. Ikibazo ariko aho kiri n’uko ari gake cyane wabona imyigaragambyo muri DRC irangwa n’amahoro !

Casmiry Kayumba

2017-11-28
Editorial

IZINDI NKURU

RDC: Perezida Kabila yirukanye abacamanza barenga 250

RDC: Perezida Kabila yirukanye abacamanza barenga 250

Editorial 17 Apr 2018
RDC: Umukandida-Perezida ushyigikiwe Kabila ari mu mazi abira

RDC: Umukandida-Perezida ushyigikiwe Kabila ari mu mazi abira

Editorial 02 Nov 2018
Advance Party ya Padiri Nahimana na First lady  we yaba yageze mu Rwanda

Advance Party ya Padiri Nahimana na First lady we yaba yageze mu Rwanda

Editorial 29 Jan 2016
Umujenosideri Protais Zigiranyirazo ntakibarizwa kuri iyi si!

Umujenosideri Protais Zigiranyirazo ntakibarizwa kuri iyi si!

Editorial 04 Aug 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Norvege: Hatawe muri yombi Umunyarwanda ukekwaho uruhare muri jenoside
INKURU NYAMUKURU

Norvege: Hatawe muri yombi Umunyarwanda ukekwaho uruhare muri jenoside

Editorial 07 Jun 2018
Uko Juliana Kanyomozi afata umuziki wa Charly na Nina bagiye gukorana igitaramo
SHOWBIZ

Uko Juliana Kanyomozi afata umuziki wa Charly na Nina bagiye gukorana igitaramo

Editorial 01 Dec 2017
Inzego z’ubutabera z’Amerika zohereje mu Rwanda Interahamwe ruharwa Oswald Rurangwa
Amakuru

Inzego z’ubutabera z’Amerika zohereje mu Rwanda Interahamwe ruharwa Oswald Rurangwa

Editorial 07 Oct 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru