• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Kiyovu SC yasezereye Rwamagana FC mu gikombe cy’Amahoro, Rayon Sports itsinda Police FC mu mukino ubanza wa 1/4

Kiyovu SC yasezereye Rwamagana FC mu gikombe cy’Amahoro, Rayon Sports itsinda Police FC mu mukino ubanza wa 1/4

Editorial 27 Apr 2023 Amakuru, IMIKINO

Kuri uyu wa Gatatu nibwo hakinwe umukino wo kwishyura wa 1/4 cy’irangiza mu mikino y’igikombe cy’Amahoro 2023, Kiyovu SC yasezereye ikipe ya Rwamagana itsinze ibitego 3-0, biba ibitego 5-2 mu mikino yombi.

Ni umukino wabereye mu karere ka Muhanga ku isaha ya Saa sita n’igice, Kiyovu SC yari yatakaje umukino ubanza yaje ishaka itsinzi muri uyu mukino kugira ngo yizere muri 1/2 cy’igikombe cy’Amahoro yahise ibigeraho.

Ibitego bitatu by Kiyovu SC byatsinzwe na Muhozi Fred ku munota wa 41, Erisa Ssekisambu ku munota wa 49 na Iradukunda Bertrand watsinze igitego cy’intsinzi ku munota wa 75.

Gutsinda uyu mukino ku ikipe y’Urucaca byayigejeje muri 1/2 cy’igikombe cy’Amahoro aho itegereje ikipe izaba hagati ya Rayon Sports na Police FC zo zakinaga umukino ubanza wa 1/4.

Nyuma y’umukino wa Kiyovu SC na Rwamagana hakurikiyeho uwahuje Rayon Sports yari yasuye Police FC kuri sitade y’Akarere ka Muhanga.

Ni umukino warangiye Police FC itsinzwe ibitego 3-2, mu gihe mumukino waherukaga guhuza aya makipe yombi muri shampiyona y’u Rwanda Police yari yatsinze 4-2.

Ku ruhande rwa Rayon Sports niyo yatangiye neza kuko ku munota wa 9, Eric Ngendahimana yafunguye amazamu ya Police, ku munota wa 16 Musa Essenu yongeyemo igitego cya kabiri mbere y’uko Leandre Essombe Willy Onana ashyiramo igitego cya gatatu.

Mbere y’uko amakipe yombi ajya kuruhuka, Rutahizamu Mugisha Didier wa Police yishyuyemo igitego kimwe muri bitatu bari batsinzwe, bityo amakipe yombi ajya mu kirihuko ari 3-1.

Igice cya Kabiri cy’uyu mukino cyaranzwe no kwitwara neza kwa Police FC yari yakiriye uyu mukino, ku munota wa 63 w’umukino Mugisha Didier yongeye kubona ikindi gitego cya kabiri kuriwe ndetse no kuri Police FC, akaba umukino warangiye Rayon itsinze Police FC 3-2.

Umukino wo kwishyura wa 1/4 cy’irangiza uzabuza Rayon Sports na Police FC uzakinwa kuya 3 Gicurasi 2023 ubere kuri Sitade ya Muhanga.

Undi mukino wabaye, ikipe ya Musanze FC yasezerewe ku kibuga cyayo na Musanze FC nyuma yo kuba umukino wo kwishyura warangiye musanze itsinze kimwe kubusa bihwana n’uko umukino ubanza wari wagenze.

Habayeho kwitabaza penaliti, Mukura VS isezerera Musanze FC kuri Penaliti 4-2, bityo ikipe yo mu karere ka Huye igera muri 1/2 aho izahura na APR FC naho Kiyovu SC yo ikazahura nizatsinda hagati ya Police FC na Rayon Sports.

2023-04-27
Editorial

IZINDI NKURU

Perezida Filipe Nyusi wa Mozambike yishimiye abasirikari n’abapolisi b’u Rwanda boherejwe kubungabunga amahoro n’umutekano muri icyo gihugu, yamagana abo iki gikorwa cyateye ishyari n’ikimwaro.

Perezida Filipe Nyusi wa Mozambike yishimiye abasirikari n’abapolisi b’u Rwanda boherejwe kubungabunga amahoro n’umutekano muri icyo gihugu, yamagana abo iki gikorwa cyateye ishyari n’ikimwaro.

Editorial 13 Jul 2021
Perezida cyril Ramaphosa w’Afrika y’Epfo aratabariza Abanyapalesitina bagwa mu ntambara yo muri Gaza, ariko agashimishwa no gufasha Tshisekedi kwica Abakongomani

Perezida cyril Ramaphosa w’Afrika y’Epfo aratabariza Abanyapalesitina bagwa mu ntambara yo muri Gaza, ariko agashimishwa no gufasha Tshisekedi kwica Abakongomani

Editorial 26 Jan 2024
Perezida Kagame avuga kuri nyakwigendera Mucyo, ati  ‘yari umuyobozi utiremereza’

Perezida Kagame avuga kuri nyakwigendera Mucyo, ati ‘yari umuyobozi utiremereza’

Editorial 06 Oct 2016
Perezida Tshisekedi ahanganye n’ihuriro rikomeye: Katumbi na AFC/M23 bashyigikiye igaruka rya Kabila

Perezida Tshisekedi ahanganye n’ihuriro rikomeye: Katumbi na AFC/M23 bashyigikiye igaruka rya Kabila

Editorial 26 May 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Espérance de Tunis yegukana CAF Champions League
IMIKINO

Espérance de Tunis yegukana CAF Champions League

Editorial 01 Jun 2019
Umuryango wa Rayon Sports wahombeje ikipe miliyoni zireng a 250 mu mezi 8
IMIKINO

Umuryango wa Rayon Sports wahombeje ikipe miliyoni zireng a 250 mu mezi 8

Editorial 07 Mar 2016
Urukiko rwa gisirikare rwa Uganda rwahagaritse ibirego ku banyarwanda babiri
HIRYA NO HINO

Urukiko rwa gisirikare rwa Uganda rwahagaritse ibirego ku banyarwanda babiri

Editorial 18 Feb 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru