• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rayon Sports ifite imyenda ya miliyoni 260 Frw, ikeneye miliyoni 200 Frw yo kugura abakinnyi   |   05 Dec 2025

  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

 
You are at :Home»UBUKUNGU»‘Kuba Amerika yavanye u Rwanda muri AGOA nta gikuba cyacitse’
Umuyobozi Mukuru ushinzwe Ubucuruzi n’Ishoramari muri Minicom, Robert Opirah, yavuze ko AGOA yashyizweho mu 2000 ari nk’impano kuko nta biganiro byabayeho ngo hagaragazwe icyo buri gihugu kizatanga mbere yo kugira ngo ibeho

‘Kuba Amerika yavanye u Rwanda muri AGOA nta gikuba cyacitse’

Editorial 02 Apr 2018 UBUKUNGU

U Rwanda rukomeje kugaragaza ko umwanzuro wo guca caguwa utahutiweho, nubwo Perezida wa Amerika, Donald Trump yatangaje ko azahagarika by’agateganyo inyungu zihariye rwabonaga ku isoko rya Amerika bitewe n’uko rwahagaritse imyenda n’inkweto za Caguwa zituruka mu bihugu birimo na Amerika.

Mu mpera z’ukwezi gushize nibwo Perezida Trump yatangaje ko nyuma y’iminsi 60 azahagarika u Rwanda muri gahunda ihuza iki gihugu n’ibindi bya Afurika yo munsi y’Ubutayu bwa Sahara “African Growth and Opportunity Act (AGOA),” ituma bigeza bimwe mu biciruzwa ku isoko rya Amerika bitatswe umusoro.

Mu kiganiro InFocus cyatambutse kuri RBA kuri iki Cyumweru, Umuyobozi Mukuru muri Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda, Robert Opirah, yavuze ko nubwo umwanzuro wo guca caguwa utishimiwe, u Rwanda rubona ko uzazana inyungu zikomeye.

Mu 2016 nibwo abakuru b’ibihugu bigize EAC bafashe umwanzuro wo guteza imbere inganda zikora imyenda n’inkweto mu bihugu byabo, bakagabanya ibyinjira muri aka karere byarambawe ndetse bizamurirwa umusoro.

Ni umwanzuro utarashimishije abacuruza caguwa muri Amerika bavuze ko wagize ingaruka ku bukungu bwabo, Kenya ihita igaragaza ko ishobora kutubahiriza igihe ntarengwa cyo guca caguwa cyari cyemeranyijweho ko ari mu 2019, kimwe na Tanzania na Uganda.

Umusesenguzi akaba n’umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda, Dr Christophe Kayumba yavuze ko ibyo Amerika iri gushaka ngo nta gitunguranye kuko biri mu masezerano yabayeho ya AGOA.

Yakomeje agira ati “Ayo masezerano yari ameze nk’inkunga kuko AGOA yari igenewe gufasha ibihugu bigikennye ngo bigerageze bitere imbere. Ariko nubwo yari igenewe gufasha ibihugu, mu ngigo zayo harimo izo navuga ko zibangamiye iterambere mu bihugu bikennye. Nk’uru rugero rwo kuba wakumirwa ku isoko ryagutse kubera ko gusa wanze gutumiza mu mahanga imyenda yambawe.”

Yavuze ko kuba mu myaka ya 1960 urwego rwo gukora imyenda mu karere rwari ruteye imbere kurusha uyu munsi, wanareba uko ahagana mu 1980 aribwo caguwa yabaye nyinshi ku isoko, usanga yaragize uruhare mu kwangiza uru rwego.

Ni iki u Rwanda rurahomba ?

Umuyobozi Mukuru ushinzwe Ubucuruzi n’Ishoramari muri Minicom, Robert Opirah, yavuze ko AGOA yashyizweho mu 2000 ari nk’impano kuko nta biganiro byabayeho ngo hagaragazwe icyo buri gihugu kizatanga mbere yo kugira ngo ibeho.

Yakomeje agira ati “Twe icyo tugiye guhomba ni ya 2% y’ibyo twohereza mu mahanga AGOA ifite mu byo twohereza mu mahanga. Twohereza hagati y’ibicuruzwa bya miliyoni hagati ya 25$-40$ muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, muri ibyo 2% gusa nibyo bijyanwa muri gahunda ya AGOA, ibindi byose bijyanwa mu buryo busanzwe bigasorerwa. “

Ibyo kandi ngo ntibyakwitwa igihombo kuko nubwo ibyo bicuruzwa byajyaga muri Amerika bidaciwe imisoro, nibiyishyirirwaho ntibivuze ko u Rwanda rutazajyana ibicuruzwa ku isoko rya Amerika, bityo ngo ‘nta gikuba cyacitse.’

Opirah yakomeje agira ati “Iyo turebye imbaraga n’ubundi bushobozi tumaze gushyira mu gutuma iri shoramari rishoboka, twumva tumaze gukora ibintu bikomeye ku buryo dukeneye kubona uru rwego rutera imbere. Mu mwaka ushize twanazamuye umusaruro ho 21 % ku musaruro w’izi nganda mu gukora imyenda mishya, byanazamuye inyungu yabyo ho 14%. “

AGOA yaherukaga kuvugururwa mu 2015 ubwo byemezwaga ko izageza mu 2025, ubu ikaba isigaranye imyaka umunani, ku buryo ‘ubu ushobora kuvugurura gahunda zawe, mu gihe cy’imyaka umunani ugasanga usabwe kongera gutangira bundi bushya.’

Yakomeje agira ati “Ni ibibazo twashakaga kuganiro nabo, n’ubu turacyiteguye kuganira ariko dushaka ko iki kibazo gikemurwa mu buryo buri wese abona inyungu. “

MINICOM ivuga ko urwego rwo gukora imyenda n’inkweto rumaze kwinjirwamo n’ibigo 22 n’udukiriro dutandatu, kandi byose byabaye kugeza mu mwaka ushize gusa.

Ni ikibazo ku kuvuga rumwe ku karere

Dr Kayumba yavuze ko ibihugu bya EAC, ku ngingo zimwe na zimwe byagiye bivuga ururimi rumwe, ku cyemezo cyo guca caguwa nacyo gifatwa ku rwego rw’abakuru b’ibihugu ariko nyuma y’ukwivumbura kwa Amerika gisigara ari ikibazo cy’u Rwanda.

Yakomeje agira ati “Ibyo byakwerekana ko bamwe mu bayobozi baba batatekereje cyane ku myanzuro bafata, kubera ko nizera ko mu gihe kirekire, akarere kari kubona inyungu iyo gaca caguwa ubundi kagashora imari mu nganda zo gukora imyenda. “

Mu gihe gito, yavuze ko imibare agenda abona ari uko imirimo nibura ibihumbi 40 y’abacuruza caguwa izatakara, ariko mu gihe kirekire harimo inyungu zitabarika.

Umwanzuro wa Amerika si uwa kimuntu

Dr Kayumba yavuze ko kuba Amerika yakumira u Rwanda ku isoko ryayo mu buryo butakwa imisoro ‘atari igikorwa cya kimuntu’.

Yakomeje agira ati “Nibura iyo biba ku bindi bicuruzwa nari kubyumva. Ariko umwanzuro igihugu cyafashe wo kubuza ikindi kugera ku isoko ryacyo kubera ko gusa mwanze gukoresha imyenda abaturage babo bambaye, ni ugusagarira agaciro k’Abanyarwanda. Ariko nari no gutungurwa iyo u Rwanda ruterwa ubwoba rugahita ruhindura uriya mwanzuro. “

2018-04-02
Editorial

IZINDI NKURU

Guverinoma y’u Rwanda irashimira abakinnyi n’abafana b’amasiganwa y’Isi y’Amagare 2025 ari kubera i Kigali bwambere ku mugabane wa Afurika

Guverinoma y’u Rwanda irashimira abakinnyi n’abafana b’amasiganwa y’Isi y’Amagare 2025 ari kubera i Kigali bwambere ku mugabane wa Afurika

Editorial 24 Sep 2025
BK Group Plc yatangije ikigo cy’imari cya “BK Capital”

BK Group Plc yatangije ikigo cy’imari cya “BK Capital”

Editorial 15 Mar 2019
#Kwibohora25 : Impinduka zidasanzwe mu iterambere ry’ubukungu mu myaka 25

#Kwibohora25 : Impinduka zidasanzwe mu iterambere ry’ubukungu mu myaka 25

Editorial 05 Jul 2019
Abanyafurika bakeneye kwihutisha ibyo bakora ngo hagerwe ku byo batashoboye kugeraho- Kagame

Abanyafurika bakeneye kwihutisha ibyo bakora ngo hagerwe ku byo batashoboye kugeraho- Kagame

Editorial 23 Jan 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Icyatumye Gen. Kabarebe acika kukintu cyo kuririmba burundu
POLITIKI

Icyatumye Gen. Kabarebe acika kukintu cyo kuririmba burundu

Editorial 13 Jan 2020
Perezida Kagame ntagishaka imvugo ngo  ‘Abanyafurika ni bo bisenya ‘
Mu Rwanda

Perezida Kagame ntagishaka imvugo ngo ‘Abanyafurika ni bo bisenya ‘

Editorial 10 May 2017
Peter Vrooman wagizwe Ambasaderi wa Amerika mu Rwanda ni muntu ki ?
HIRYA NO HINO

Peter Vrooman wagizwe Ambasaderi wa Amerika mu Rwanda ni muntu ki ?

Editorial 16 Nov 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru