• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»UBUKUNGU»‘Kuba Amerika yavanye u Rwanda muri AGOA nta gikuba cyacitse’
Umuyobozi Mukuru ushinzwe Ubucuruzi n’Ishoramari muri Minicom, Robert Opirah, yavuze ko AGOA yashyizweho mu 2000 ari nk’impano kuko nta biganiro byabayeho ngo hagaragazwe icyo buri gihugu kizatanga mbere yo kugira ngo ibeho

‘Kuba Amerika yavanye u Rwanda muri AGOA nta gikuba cyacitse’

Editorial 02 Apr 2018 UBUKUNGU

U Rwanda rukomeje kugaragaza ko umwanzuro wo guca caguwa utahutiweho, nubwo Perezida wa Amerika, Donald Trump yatangaje ko azahagarika by’agateganyo inyungu zihariye rwabonaga ku isoko rya Amerika bitewe n’uko rwahagaritse imyenda n’inkweto za Caguwa zituruka mu bihugu birimo na Amerika.

Mu mpera z’ukwezi gushize nibwo Perezida Trump yatangaje ko nyuma y’iminsi 60 azahagarika u Rwanda muri gahunda ihuza iki gihugu n’ibindi bya Afurika yo munsi y’Ubutayu bwa Sahara “African Growth and Opportunity Act (AGOA),” ituma bigeza bimwe mu biciruzwa ku isoko rya Amerika bitatswe umusoro.

Mu kiganiro InFocus cyatambutse kuri RBA kuri iki Cyumweru, Umuyobozi Mukuru muri Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda, Robert Opirah, yavuze ko nubwo umwanzuro wo guca caguwa utishimiwe, u Rwanda rubona ko uzazana inyungu zikomeye.

Mu 2016 nibwo abakuru b’ibihugu bigize EAC bafashe umwanzuro wo guteza imbere inganda zikora imyenda n’inkweto mu bihugu byabo, bakagabanya ibyinjira muri aka karere byarambawe ndetse bizamurirwa umusoro.

Ni umwanzuro utarashimishije abacuruza caguwa muri Amerika bavuze ko wagize ingaruka ku bukungu bwabo, Kenya ihita igaragaza ko ishobora kutubahiriza igihe ntarengwa cyo guca caguwa cyari cyemeranyijweho ko ari mu 2019, kimwe na Tanzania na Uganda.

Umusesenguzi akaba n’umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda, Dr Christophe Kayumba yavuze ko ibyo Amerika iri gushaka ngo nta gitunguranye kuko biri mu masezerano yabayeho ya AGOA.

Yakomeje agira ati “Ayo masezerano yari ameze nk’inkunga kuko AGOA yari igenewe gufasha ibihugu bigikennye ngo bigerageze bitere imbere. Ariko nubwo yari igenewe gufasha ibihugu, mu ngigo zayo harimo izo navuga ko zibangamiye iterambere mu bihugu bikennye. Nk’uru rugero rwo kuba wakumirwa ku isoko ryagutse kubera ko gusa wanze gutumiza mu mahanga imyenda yambawe.”

Yavuze ko kuba mu myaka ya 1960 urwego rwo gukora imyenda mu karere rwari ruteye imbere kurusha uyu munsi, wanareba uko ahagana mu 1980 aribwo caguwa yabaye nyinshi ku isoko, usanga yaragize uruhare mu kwangiza uru rwego.

Ni iki u Rwanda rurahomba ?

Umuyobozi Mukuru ushinzwe Ubucuruzi n’Ishoramari muri Minicom, Robert Opirah, yavuze ko AGOA yashyizweho mu 2000 ari nk’impano kuko nta biganiro byabayeho ngo hagaragazwe icyo buri gihugu kizatanga mbere yo kugira ngo ibeho.

Yakomeje agira ati “Twe icyo tugiye guhomba ni ya 2% y’ibyo twohereza mu mahanga AGOA ifite mu byo twohereza mu mahanga. Twohereza hagati y’ibicuruzwa bya miliyoni hagati ya 25$-40$ muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, muri ibyo 2% gusa nibyo bijyanwa muri gahunda ya AGOA, ibindi byose bijyanwa mu buryo busanzwe bigasorerwa. “

Ibyo kandi ngo ntibyakwitwa igihombo kuko nubwo ibyo bicuruzwa byajyaga muri Amerika bidaciwe imisoro, nibiyishyirirwaho ntibivuze ko u Rwanda rutazajyana ibicuruzwa ku isoko rya Amerika, bityo ngo ‘nta gikuba cyacitse.’

Opirah yakomeje agira ati “Iyo turebye imbaraga n’ubundi bushobozi tumaze gushyira mu gutuma iri shoramari rishoboka, twumva tumaze gukora ibintu bikomeye ku buryo dukeneye kubona uru rwego rutera imbere. Mu mwaka ushize twanazamuye umusaruro ho 21 % ku musaruro w’izi nganda mu gukora imyenda mishya, byanazamuye inyungu yabyo ho 14%. “

AGOA yaherukaga kuvugururwa mu 2015 ubwo byemezwaga ko izageza mu 2025, ubu ikaba isigaranye imyaka umunani, ku buryo ‘ubu ushobora kuvugurura gahunda zawe, mu gihe cy’imyaka umunani ugasanga usabwe kongera gutangira bundi bushya.’

Yakomeje agira ati “Ni ibibazo twashakaga kuganiro nabo, n’ubu turacyiteguye kuganira ariko dushaka ko iki kibazo gikemurwa mu buryo buri wese abona inyungu. “

MINICOM ivuga ko urwego rwo gukora imyenda n’inkweto rumaze kwinjirwamo n’ibigo 22 n’udukiriro dutandatu, kandi byose byabaye kugeza mu mwaka ushize gusa.

Ni ikibazo ku kuvuga rumwe ku karere

Dr Kayumba yavuze ko ibihugu bya EAC, ku ngingo zimwe na zimwe byagiye bivuga ururimi rumwe, ku cyemezo cyo guca caguwa nacyo gifatwa ku rwego rw’abakuru b’ibihugu ariko nyuma y’ukwivumbura kwa Amerika gisigara ari ikibazo cy’u Rwanda.

Yakomeje agira ati “Ibyo byakwerekana ko bamwe mu bayobozi baba batatekereje cyane ku myanzuro bafata, kubera ko nizera ko mu gihe kirekire, akarere kari kubona inyungu iyo gaca caguwa ubundi kagashora imari mu nganda zo gukora imyenda. “

Mu gihe gito, yavuze ko imibare agenda abona ari uko imirimo nibura ibihumbi 40 y’abacuruza caguwa izatakara, ariko mu gihe kirekire harimo inyungu zitabarika.

Umwanzuro wa Amerika si uwa kimuntu

Dr Kayumba yavuze ko kuba Amerika yakumira u Rwanda ku isoko ryayo mu buryo butakwa imisoro ‘atari igikorwa cya kimuntu’.

Yakomeje agira ati “Nibura iyo biba ku bindi bicuruzwa nari kubyumva. Ariko umwanzuro igihugu cyafashe wo kubuza ikindi kugera ku isoko ryacyo kubera ko gusa mwanze gukoresha imyenda abaturage babo bambaye, ni ugusagarira agaciro k’Abanyarwanda. Ariko nari no gutungurwa iyo u Rwanda ruterwa ubwoba rugahita ruhindura uriya mwanzuro. “

2018-04-02
Editorial

IZINDI NKURU

RwandAir iratangira ingendo zijya mu Buhinde bidatinze

RwandAir iratangira ingendo zijya mu Buhinde bidatinze

Editorial 10 Jan 2017
Radisson Blu yabaye iya mbere mu Rwanda yahawe igihembo cya hoteli itekanye

Radisson Blu yabaye iya mbere mu Rwanda yahawe igihembo cya hoteli itekanye

Editorial 07 Aug 2019
Standard & Poor’s yazamuye igipimo cy’ubukungu bw’u Rwanda ikigeza kuri “B+”

Standard & Poor’s yazamuye igipimo cy’ubukungu bw’u Rwanda ikigeza kuri “B+”

Editorial 13 Aug 2019
Zambia : Perezida Kagame yasuye uruganda rukora ibyuma

Zambia : Perezida Kagame yasuye uruganda rukora ibyuma

Editorial 20 Jun 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

RNC, irasaza imigeri muri Uganda n’ubwo hari amasezerano ya Luanda
INKURU NYAMUKURU

RNC, irasaza imigeri muri Uganda n’ubwo hari amasezerano ya Luanda

Editorial 21 Jan 2020
Nyuma y’amezi asaga atatu nta ndirimbo ashyira hanze, Bruce Melodie yifashishije Khaligraph Jones wo muri Kenya bakora iyitwa Sawa Sawa
Amakuru

Nyuma y’amezi asaga atatu nta ndirimbo ashyira hanze, Bruce Melodie yifashishije Khaligraph Jones wo muri Kenya bakora iyitwa Sawa Sawa

Editorial 20 Oct 2021
RDC: Maneko W’urwego Rw’igihugu Rw’ubutasi (ANR) Yishwe Arashwe N’umupolisi
Mu Mahanga

RDC: Maneko W’urwego Rw’igihugu Rw’ubutasi (ANR) Yishwe Arashwe N’umupolisi

Editorial 10 Sep 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru