• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Kuki Col. Luc Marshal yitabira gahunda z’abarwanya Leta y’u Rwanda.

Kuki Col. Luc Marshal yitabira gahunda z’abarwanya Leta y’u Rwanda.

Editorial 26 Feb 2018 INKURU NYAMUKURU

Ntibitangaje kuba Col. Luc Marshal yitabira imigambi y’abarwanya Leta y’u Rwanda kuko Marshal afite ikintu ahuje n’abarwanya Leta bari bari muri iyo gahunda: Luc Marshal asangiye n’abarwanya Leta y’u Rwanda gahunda barimo yo kwifatanya na FDLR n’interahanwe bagamije guhungabanya u Rwanda, gukwirakirakwiza ingengabitekerezo ya Jenoside, kuyipfobya no kuyihakana n’ibindi.  

By’umwihariko Luc Marshal ni umuntu ufitiye urwango umuryango wa FPR Inkotanyi. Urwo rwango yatangiye kurugaragaza muri 1993 igihe abasirikare 600 ba RPA/RPF bazaga muri CND. Icyo gihe akaba yarifuzaga ko ngo baza muri CND imbokoboko batitwaje intwaro. Mu by’ukuri akaba yarifuzaga ko baza Inzirabwoba zigahita zibica zikabamara. Ibyo Luc Marshal yifuzaga ngo yabishingiraga ko muri MINUAR yari ashinzwe gutuma zone ya Kigali itarangwamo intwaro.

Luc Marshal yari icyitso cy’interahamwe n’ubutegetsi bwa Habyalimana kuko muri 1993, ubwo Interahamwe zitozaga zitegura gukora genocide, Luc Marshal yasabwe n’abari bamukuriye muri MINUAR kuzisenya no guhagarika ibikorwa byazo arabyanga. Ibi yabyanze kandi MINUAR yari ifite amakuru yizewe yari yaratanzwe n’umutangabuhamya wiswe “Jean Pierre” abagaragariza ko ubutegetsi bwa Habyarimana n’interahamwe biteguraga gushyira mu bikorwa jenoside.

Mu kazi yakoze k’igirikare haba mu Bubiligi, Zaire no mu Rwanda, Luc Marchal yakunze kurangwa n’ubugwari no kuba inshuti y’ibigwari. Urugero Isi yose izi ko urupfu rw’aba paracomando icumi (10) b’ababiligi bapfuye bishwe ba EXFAR n’interahanwe bazize Luc Marshal kubera kutamenya icyo gukora nk’uwari ukuriye abasirikare b’ababiligi akaba yari n’umuyobozi wungirije wa MINUAR.

Uretse kwicisha abasirikare b’ababiligi yari ayoboye, Luc Marshall akaba ari nawe watanze amabwiri ku basirikare b’ababiligi bari muri ETO yo gusiga abatutsi bari bari muri ETO bakabasiga mu maboko y’interahamwe zikabica.

Luc Marshall akunda kuba mu nkiko ashinjura abagize uruhare muri jenoside yakorewe Abatutsi cyane cyane abahoze ari abasirikare bakuru ba EX FAR

Ibyo rero nibyo byamuviriyemo kuba inshuti n’abarwanya leta y’ u Rwanda akaba yaraniyunze nabo hamwe na FDLR mu rwego rwo guhungabanya umutekano w’u Rwanda. Nkuko twabikomojeho,  n’ubwo Luc Marshal ubu yasezerewe mu ngabo umuntu yakwibaza niba ibikorwa afatanya n’abarwanya Leta y’u Rwanda abikora ku giti cye cyangwa niba abikora mw’izina ry’Ingabo z’Ububiligi zavuye ku rugerero.

2018-02-26
Editorial

IZINDI NKURU

Pereziga Kagame yatashye One & Only Gorilla’s Nest iri mu Kinigi

Pereziga Kagame yatashye One & Only Gorilla’s Nest iri mu Kinigi

Editorial 27 Feb 2020
Guverinoma y’u Rwanda yibukije madamu Carolyn Maloney ko uRwanda atari insina ngufi, kandi ko ubutabera bwarwo bwigenga.

Guverinoma y’u Rwanda yibukije madamu Carolyn Maloney ko uRwanda atari insina ngufi, kandi ko ubutabera bwarwo bwigenga.

Editorial 18 Dec 2020
Mauritania: Perezida Kagame N’abandi Bayobozi Bafunguye Umuhanda Witiriwe Nelson Mandela

Mauritania: Perezida Kagame N’abandi Bayobozi Bafunguye Umuhanda Witiriwe Nelson Mandela

Editorial 02 Jul 2018
Abandi bayoboke ba Zebiya nabo basubiye mu gihugu cyabo nyuma yo kwinangira bakanga kubahiriza amabwiriza agenga impunzi

Abandi bayoboke ba Zebiya nabo basubiye mu gihugu cyabo nyuma yo kwinangira bakanga kubahiriza amabwiriza agenga impunzi

Editorial 03 Apr 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Gatsinzi wakorewe iyica rubozo na CMI yasubije Umugande Barnabas wandikiye abakuru ba Uganda n’u Rwanda
ITOHOZA

Gatsinzi wakorewe iyica rubozo na CMI yasubije Umugande Barnabas wandikiye abakuru ba Uganda n’u Rwanda

Editorial 13 Jan 2019
Raporo ya HRW ku matora ya Perezida wa Repubulika y’u Rwanda irashingira ku miryango n’ itangazamakuru  bibogama – Mbanda
ITOHOZA

Raporo ya HRW ku matora ya Perezida wa Repubulika y’u Rwanda irashingira ku miryango n’ itangazamakuru bibogama – Mbanda

Editorial 25 Aug 2017
Iya 2 Gicurasi 1994: Umunsi Boutros-Ghali yavugiye kuri televiziyo ko ibibera mu Rwanda ari Jenoside
Mu Rwanda

Iya 2 Gicurasi 1994: Umunsi Boutros-Ghali yavugiye kuri televiziyo ko ibibera mu Rwanda ari Jenoside

Editorial 02 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru