• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ibaruwa ifunguye yandikiwe Ingabire Victoire   |   08 Jul 2025

  • Police VC yegukanye igikombe cyo Kwibohora 2025 mu byiciro byombi, itsinze APR VC ku mukino wa nyuma   |   07 Jul 2025

  • Perezida Kagame yavuze ko FDLR nidasenywa u Rwanda ruzakomeza guhangana n’iki kibazo rukoresheje uburyo rusanzwe rukoresha   |   04 Jul 2025

  • Police FC yatangaje ubuyobozi bwayo bushya buyobowe na CP Yahaya na Ben Mussa nk’umutoza mukuru   |   03 Jul 2025

  • Menya neza uwiyita Intumwa “Isidore Mbayahaga” wimuriye ubwonko mu gifu!   |   03 Jul 2025

  • Ubwigenge bwabaye igikoresho cy’ivangura: Uko Kamarampaka ya 1959 yazanye Repubulika ariko ntizane ubwigenge nyabwo   |   02 Jul 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Kuki Museveni yahishe Gen Mugisha Muntu umugambi wa FPR wo kubohoza U Rwanda

Kuki Museveni yahishe Gen Mugisha Muntu umugambi wa FPR wo kubohoza U Rwanda

Editorial 02 Oct 2018 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Maj Gen. (Rtd) Mugisha Muntu, umusirikare w’umunyapolitiki uherutse kwitandukanya n’ishyaka FDC, ngo yahishwe na Perezida Museveni umugambi wa FPR wo gutangiza urugamba rwo kubohora U Rwanda mu 1990 mu gihe nyamara yari umugaba w’ingabo za Uganda icyo gihe kuva mu 1989 kugeza mu 1998.

Ikinyamakuru Chimpreports dukesha iyi nkuru kivuga ko cyumva ko mu gihe cy’urugamba rwa FPR, Umujyi wa Mbarara wategurirwagamo ibikorwa by’intambara bya FPR. Ibyo kurya by’abarwanyi ba FPR ni aha byabikwaga mbere yo kuhavanwa bijyanwa mu birindiro bitandukanye hakurya y’umupaka, ndetse n’amakamyo yakoreshwaga mu gutwara ibikoresho n’abarwanyi bashya yakorerwaga Mbarara iyo yagiraga ikibazo.

Nubwo Mbarara yari ibirindiro bikuru bya FPR mu gihe cy’intambara, Gen Muntu ngo yarabihishwe ndetse yari afite amakuru makeya ashoboka ku bikorwa bya FPR nk’uko byemezwa n’umwe mu bahoze mu gisirikare cya Uganda.

Iperereza ryakozwe n’iki kinyamakuru rivuga ko uwari umuyobozi w’Urwego rushinzwe Umutekano w’Imbere mu Gihugu (ISO) Brig. Ronnie Balya, wari ofisiye muto muri za 90, yagize uruhare mu ntambara ya FPR yibereye mu burengerazuba bwa Uganda. Maj. Gen. (Rtd) Jim Muhwezi na Kale Kayihura nabo ni bamwe mu bafashije abarwanyi b’Abanyarwanda gusubira iwabo.

Wakwibaza impamvu Gen Muntu yaba yarahishwe amakuru y’ingenzi nk’ayo ari we wari ukuriye ingabo icyo gihe.

Undi wahoze mu gisirikare cya Uganda abisobanura muri aya magambo: “Muntu yari umuyobozi w’ingabo ariko mu by’ukuri ntiyigeze yishimira ibyajyaga imbere kubera ko atigeze aba umugabo w’ibikorwa (man of action). Yahejejwe inyuma kandi nta n’umwe wifuzaga kumubona muri iki gikorwa,”

Igitangaje, ni uko Perezida w’u Rwanda kuri ubu, Paul Kagame, yari yarabanje gukorana na Gen Mugisha Muntu amwungirije ku buyobozi bw’urwego rw’ubutasi bwa gisirikare muri Kampala.

Bivugwa ko mu 1988 Perezida Museveni yagize igitekerezo cyo kugira Gen Muntu Umunyamabanga wa leta muri Minisiteri y’ingabo. Hakibutswa ko icyo gihe Museveni yari perezida akanaba minisitiri w’ingabo. Ariko, bitewe n’uko Museveni yahoraga ahuze cyane, Muntu ngo yasaga nk’uzaba minisitiri w’ingabo wa nyawe ariko ahitamo kwegura.

Ku rundi ruhande ariko, bamwe ngo babonaga Gen Muntu nk’umuyobozi w’ingabo ariko udafite ubunararibonye bw’urugamba wagiye yirinda kuyobora ibikorwa bikomeye bya gisirikare mu gihugu cyane cyane mu bihe by’intambara, ahatangwa urugero rw’igihe NRA yari irimo irarwana intambara zitandukanye muri West Nile no mu ntambara ya Lords Resistance Army.

Abayobozi bamwe bavuze ko Muntu yari nta bushobozi yari afite bwo kuyobora ingabo ndetse ngo ni inshuro nkeya yasuraga ingabo ziri ku rugamba.

Umwe mu bahoze mu gisirikare ati: “Yari komanda wo mu biro kurushaho. Ntiwashoboraga kumubona ku rugamba yaje ngo anamenye ibyo twabaga turi gucamo mu ntambara z’icyo gihe,”

Uyu utifuje ko imyirondoro ye ijya ahagaragara yatanze urugero rw’ibyabereye Kichwamba.

Ngo hari kuwa Mbere, itariki 08 Kamena mu 1998, ubwo inyeshyamba za ADF zateraga Ishuri ryitwa Uganda Technical College Kichwamba mu Karere ka Kabarole, zigatwika abanyeshuri bagera kuri 80 ari bazima mu macumbi (dormitories)agera kuri atatu zarangiza zikanashimuta abandi bagera ku 100, ariko ngo icyo gihe Gen Muntu ntiyigeze yigora ngo asure n’iryo shuri yerekane ko yifatanyije n’abahahuriye n’ibyago.

Undi wavuye mu gisirikare ati: “Ikibazo ntajya arangiza akazi. Niyo mpamvu Museveni iteka yafataga abatoya kuri we ngo bakore akazi. Museveni byabaye ngombwa ko yongera kugena murumuna we, Gen Saleh ngo areberere ibikorwa bya gisirikare mu gihugu na nyuma yo kumwirukana ku buyobozi bw’ingabo.”

Nubwo bimeze gutyo, Gen. Mugisha Muntu ngo aracyafite amahirwe yo kwerekana ubushobozi bwe nyuma y’aho kuri ubu yashinze ishyaka byitezwe ko azayobora mu matora y’umukuru w’igihugu ataha.

 

2018-10-02
Editorial

IZINDI NKURU

Nyuma y’iterabwoba rya Perezida Nkurunziza, Agathon Rwasa yatangaje ko guhindura itegeko nshinga ari igitekerezo cy’ umuntu umwe.

Nyuma y’iterabwoba rya Perezida Nkurunziza, Agathon Rwasa yatangaje ko guhindura itegeko nshinga ari igitekerezo cy’ umuntu umwe.

Editorial 19 Dec 2017
Mozambique: Mu myaka 4 ingabo z’u Rwanda zimaze muri Cabo Delgado zaranzwe n’ubumuntu, ubwitange n’ubuhanga

Mozambique: Mu myaka 4 ingabo z’u Rwanda zimaze muri Cabo Delgado zaranzwe n’ubumuntu, ubwitange n’ubuhanga

Editorial 04 Aug 2024
Afrika y’Epfo : Rujugiro yishyuye  television yitwa e TV ($10,000) Kayumba na RNC bacisheho ikiganiro mu gukwirakwiza ibihuha bisebya u Rwanda  

Afrika y’Epfo : Rujugiro yishyuye television yitwa e TV ($10,000) Kayumba na RNC bacisheho ikiganiro mu gukwirakwiza ibihuha bisebya u Rwanda  

Editorial 25 Dec 2017
Perezida Kagame yitabiriye Inama yiga ku mahoro ku Isi mu Bufaransa

Perezida Kagame yitabiriye Inama yiga ku mahoro ku Isi mu Bufaransa

Editorial 11 Nov 2018
Nyuma y’iterabwoba rya Perezida Nkurunziza, Agathon Rwasa yatangaje ko guhindura itegeko nshinga ari igitekerezo cy’ umuntu umwe.

Nyuma y’iterabwoba rya Perezida Nkurunziza, Agathon Rwasa yatangaje ko guhindura itegeko nshinga ari igitekerezo cy’ umuntu umwe.

Editorial 19 Dec 2017
Mozambique: Mu myaka 4 ingabo z’u Rwanda zimaze muri Cabo Delgado zaranzwe n’ubumuntu, ubwitange n’ubuhanga

Mozambique: Mu myaka 4 ingabo z’u Rwanda zimaze muri Cabo Delgado zaranzwe n’ubumuntu, ubwitange n’ubuhanga

Editorial 04 Aug 2024
Afrika y’Epfo : Rujugiro yishyuye  television yitwa e TV ($10,000) Kayumba na RNC bacisheho ikiganiro mu gukwirakwiza ibihuha bisebya u Rwanda  

Afrika y’Epfo : Rujugiro yishyuye television yitwa e TV ($10,000) Kayumba na RNC bacisheho ikiganiro mu gukwirakwiza ibihuha bisebya u Rwanda  

Editorial 25 Dec 2017
Perezida Kagame yitabiriye Inama yiga ku mahoro ku Isi mu Bufaransa

Perezida Kagame yitabiriye Inama yiga ku mahoro ku Isi mu Bufaransa

Editorial 11 Nov 2018
Nyuma y’iterabwoba rya Perezida Nkurunziza, Agathon Rwasa yatangaje ko guhindura itegeko nshinga ari igitekerezo cy’ umuntu umwe.

Nyuma y’iterabwoba rya Perezida Nkurunziza, Agathon Rwasa yatangaje ko guhindura itegeko nshinga ari igitekerezo cy’ umuntu umwe.

Editorial 19 Dec 2017
Mozambique: Mu myaka 4 ingabo z’u Rwanda zimaze muri Cabo Delgado zaranzwe n’ubumuntu, ubwitange n’ubuhanga

Mozambique: Mu myaka 4 ingabo z’u Rwanda zimaze muri Cabo Delgado zaranzwe n’ubumuntu, ubwitange n’ubuhanga

Editorial 04 Aug 2024
prev
next

3 Ibitekerezo

  1. Ntareyekanwa
    October 2, 20187:40 am -

    Wawaka kabisa

    Subiza
  2. Lille
    October 2, 20182:02 pm -

    Ariko namwe namwe, rimwe muti Museveni nta ruhare yagize mu ntambara yo kubohoza urwanda..Ubundi muti ibi n ibi!! Mu byukuri murashaka iki?? Uyu musaza ko yabihoreye mwebwe muramushakaho iki kweri?? Murivuguruza cyane . Biraboneka ko mushobora kuba muri mu makosa!!!

    Subiza
    • Sunday
      November 30, 20184:20 pm -

      Ninde utazi ko Museveni mungabo ze aribo babohoje urwanda? Ikibabaje nuko igihugu yagifashije umucyancyuro.

      Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru