• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Imyaka 20 y’ubutegetsi bwa CNDD FDD yoretse u Burundi mu manga ikomeye   |   06 Jun 2025

  • Ibyo Urubyiruko Rugomba Kumenya kuri Ingabire Victoire   |   04 Jun 2025

  • Ibihugu Umunani byo ku migabane itandukanye, bigiye guhurira mu Rwanda mu irushanwa ryo Kwibuka ku ncuro ya 31 Genocide yakorewe Abatutsi 1994   |   03 Jun 2025

  • Minisitiri Bizimana yakurugutuye Gustave Mbonyumutwa washakaga “kugira abatagatifu” abajenosideri barimo se Shingiro Mbonyumutwa na Ngirumpatse   |   03 Jun 2025

  • Amavubi yatangiye umwiherero muri Algeria, Manishimwe Djabel yangiwe kwinjira mu gihugu , Rafael York ntiyatanze impamvu yo kutitabira umwihero   |   02 Jun 2025

  • Niyigena Clément wa APR FC n’uwahoze ari umutoza we Darko Novic mu begukanye ibikombe by’abahize abandi muri Rwanda Premier League 2024-2025   |   31 May 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Kwa Petoro Nkurunziza haranuka urunturuntu

Kwa Petoro Nkurunziza haranuka urunturuntu

Editorial 29 Apr 2018 INKURU NYAMUKURU, POLITIKI

Inama z’ibanga kandi zitagira integuza,zimaze iminsi zivuza ubuhuha mu bagize Leta y’agatsiko kubegereye ibukuru kwa Petero Nkurunziza.

Zimwe ziraba,ziyobowe  na Petero Nkurunziza ubwe,  izindi zikabera hirya no hino mu bibanza by’ibanga ziyobowe n’abamwe mu bari bazwi ko ari basomambike ba Petero Nkurunziza.

Amakuru dukesha  inzego z’ubutasi za Nkurunziza n’uko mu bihangange bya Cndd Fdd, ubu bidacana uwaka na Nkurunziza. Ikidasanzwe kimaze kwigaragaza  muri izo nama ni uko hatangiye kubonekamo  ikumirana, urwikekwe  no  kutizerana hagati y’abagize agatsiko kari k’ ubutegetsi bwa Petero Nkurunziza, ari nayo marembera y’ ingoma ye.

Iryo kumirana riteye gute:

1.Mu nama zikoreshwa na Petero Nkurunziza, dufatiye ku iherutse kubera mu ngoro nkuru y’ishyaka Cndd Fdd i Bujumbura, hari abatarayijemo, ibisobanuro  byatanzwe akaba ari uko abataje harimo  abafatiriwe n’imirimo, abandi ni  abatishimiye kuyitabira.

Ariko amakuru yavugiwe mu bwihisho yageze kuri Rushyashya ni uko hikomwe abasibye kandi aribo bari bakenewe, avuga ko abo bataje batari batumiwe, bivuye ku rwikekwe  basigaye bafitiwe ku bijyanye n’imigambi  ya Petero Nkurunziza aho arimo guhindura itegeko nshinga ngo akomeze kuyobora igihugu.

2.Izindi nama zimaze imisi zibera mu ibanga (nk’uko bivugwa n’abitabira iza Petero Nkurunziza),zikunze kubera iwe izindi mu mazu ya bamwe mu bakuru ba Cndd Fdd, izindi zikabera mu rwihisho mu mazu y’inshuti  zigize  igice cya kabiri cyahejwe.

Impamvu ituma bo basa n’abakora ukwabo bavuga  ko ari ukubera  ko Petero Nkurunziza amaze kuberaka ko atakibizeye, kugeza n’aho akoresha amanama y’ibanga batarimo. Bakavuga ko bariho baritegura, kugirango niyabambura imyanya barimo mu buyobozi batazagwa bubamye.

Mu ntangiriro z’iyi migaga irimo kwiyasa  mu Gatsiko ka Petero Nkurunziza, biravugwa ko Petero Nkurunziza arimo apfa n’ibyo byegera bye , byo mu nzego z’umutekano na politiki (byahoze ku rugamba rwa Fdd),abavandimwe babiri  (Willy Nyamitwe na Aimé Alain Nyamitwe).

Ibyo byegera bye bikaba birega  Petero Nkurunziza ko yabambuye  ububasha bari bafite  bukomeye, kuko ubwa mbere aribo bamufashaga  gufata ingingo zerekeye igihugu.

Ariko aho haziye ba Nyamitwe 2 ,hari byinshi Petero Nkurunziza avugana n’ibyo  byegera bye byakera cyangwa bimusaba, akabanza  kugisha inama  abo bagabo 2 bitwako ari abanyabwenge b’ishyaka  Cndd Fdd, bikagera n’aho ahindura ingingo zimwe na zimwe aba yavuganye n’ibyo byegera bye [ Ibihangange ] ,bivuye ku kuntu  abo ba Nyamitwe batazemeje.

Ishyari rero rikaba ryahereye aho, ibyo bihangange bigera n’aho bitangira guhigira no gucukurira urwobo  abo banyamitwe 2, kugeza aho Willy Nyamitwe  yarusimbukaga  agiye kwicwa ,abandi bamutera amagambo kumugaragaro.

Kugeza aho aba ba Nyamitwe bahitamo guhungisha imiryango yabo hanze y’igihugu. Ariko aho hose,Petero Nkurunziza akaba yarakomeje kubakingira ikibaba  uko ashoboye, kuko kubwiwe aremeza ko ba Nyamitwe 2 bafite ibintu byinshi bamugejejeho, kurusha igihe yagirwa inama n’ibyo bihangange.

Bamwe mubamugendaho barahekenya amenyo

Icyuka kibi kikaba gikomeje gututumba ibikuru kwa Nkurunziza , cyagiye ahabona,aho hasohorewe icyegeranyo cya Banki nkuru y’igihugu mu mwaka wa 2017, Icyegeranyo cyerekana uko amafaranga  y’igihugu akoreshwa n’abategetsi , mu ngendo zo hanze, cyane cyane mu ngendo zakozwe n’abo ba Nyamitwe bombi  ,bakaba barakoresheje amafaranga angana n’ibice 50% by’amafaranga yakoreshejwe yose.

Bamwe muri ibyo bihangange bagikubise amaso  imitsi irarega ,bibutse ko hari abagejeje  ku myaka 10 batazi hanze y’Uburundi uko hasa, utibagiwe ko n’inda y’indege batayizi ,kandi  bizwi ko hari abariho bogera mu butegetsi bavunikiye.

Ibyo bihangange bikaba bimaze kuvugira ahagaragara  ko Petero Nkurunziza  akomeje  iyo ngendo yo kubakumira,akabarutisha abacangero (ba Nyamitwe 2), nawe ubwiwe batazamwihanganira.

Amakuru ava I Bujumbura avuga ko iyo mvugo imaze kugwa mu matwi ya Petero Nkurunziza, byatumye  akaza  urwikekwe n’amakenga yari afite kuri ibyo bihangange,[ ibyegera bye ] nawe yaje  kubivugira ku mugaragaro ko mu bagumyabanga b’imbere,harimo indyarya n’ababeshyi(escrocs) ,nta kindi bashoboye atari ukugumuka.

Kubwa Petero Nkurunziza, ngo urwo rwango ibyo bihangange bifitiye ba Nyamitwe ni urwitwazo, ahubwo ibyo bihangange biriho byitsitaza (nk’inyendamuvano) kuri ba Nyamitwe bishaka Petero Nkurunziza(nk’ikirya umuhini  cyototera isuka).

Amakuru agera kuri Rushyashya ,kandi yo kwizerwa,avuga ko hari ibihangange bisigaye bivugira ahabona  ko byarambiwe n’ingendo ya Petero Nkurunziza yo kuguma  abitambika ijambo, agatwara ishyaka n’igihugu uko abyumva, hanyuma  hagira ugize ngo  ashyikirije nk’igitekerezo iki  cyangwa kiriya  akebuye ,ibitanyuze Petero Nkurunziza ,akavuga ko bashaka kugumuka.

Bamwe muri ibyo byegera bya Nkurunziza  bakaba bamaze kurambirwa no kuvuga batarya umunwa ko izina rya Petero Nkurunziza barirambiwe k’ubutegetsi rikwiye guhindura ikibanza ,ntirigume kw’isonga, aho baguma barirangamiye nk’abateze umukiza kuva mw’ijuru.

Naho Petero Nkurunziza akaba amaze kubyumva, yasabye abo asigaranye yizeye bo mu nzego z’umutekano ko bakwiye kugaba, ibice  bikomakomeye abahirika ubutegetsi bakenera , bigakarizwa  umutekano (harimo nki Radio y’igihugu RTNB) n’amakambi amwe amwe ya gisilikare.

Ariko bagasabwa kubikora mw’ibanga rikomeye ,kugirango umwanzi wundi abarizwa mu batavuga rumwe nawe ntahave amenya ko ubutegetsi bujegera, abone aho amenera. Kuko kubwa Petero Nkurunziza ,kuribwa n’inzoka yo mu nda, bakongera bagomborwa n’iyo mw’ishyamba ,ubwo bubabare ntibabwihanganira.

Ariko igitangaje kiri muri uko kwikekana ,nk’uko tubibwirwa n’abari muri cndd-fdd ,ntawakwizera ko ako gatsiko  gasigaye karebana  ay’ingwe na Petero Nkurunziza hari icyo kafasha abarundi karamutse kamwambuye ubutegetsi, kuko kaba ari ako guhindura izina ry’ umuyobozi  gusa ,kubera ko iby’umugambi wo guteza imbere igihugu mu buyobozi bu bereye  bose ntabyo bakaziho.

Cyiza Davidson

2018-04-29
Editorial

IZINDI NKURU

Perezida João Lourenço wari umuhuza mu kibazo cya Kongo arayamanitse kubera amananiza ya Tshisekedi

Perezida João Lourenço wari umuhuza mu kibazo cya Kongo arayamanitse kubera amananiza ya Tshisekedi

Editorial 14 Feb 2025
Ruharwa Laurent Bucyibaruta warimbuye Abatutsi mu cyahoze ari Gikongoro agiye gushyikirizwa ubutabera mu gihugu cy’ubufaransa

Ruharwa Laurent Bucyibaruta warimbuye Abatutsi mu cyahoze ari Gikongoro agiye gushyikirizwa ubutabera mu gihugu cy’ubufaransa

Editorial 03 Jun 2021
Kayumba Nyamwasa yahaye umukoro udasanzwe Etienne Masozera wagereranya nko guteranya igi ryamenetse ngo amufashe kwiyunga n’igice cya Jean Paul Turayishimye ngo bagaruke bakorere mu kwaha kwe 

Kayumba Nyamwasa yahaye umukoro udasanzwe Etienne Masozera wagereranya nko guteranya igi ryamenetse ngo amufashe kwiyunga n’igice cya Jean Paul Turayishimye ngo bagaruke bakorere mu kwaha kwe 

Editorial 22 Apr 2020
Uganda: Inteko yemeje ingingo yemerera Museveni kongera kwitoza

Uganda: Inteko yemeje ingingo yemerera Museveni kongera kwitoza

Editorial 21 Dec 2017
Perezida João Lourenço wari umuhuza mu kibazo cya Kongo arayamanitse kubera amananiza ya Tshisekedi

Perezida João Lourenço wari umuhuza mu kibazo cya Kongo arayamanitse kubera amananiza ya Tshisekedi

Editorial 14 Feb 2025
Ruharwa Laurent Bucyibaruta warimbuye Abatutsi mu cyahoze ari Gikongoro agiye gushyikirizwa ubutabera mu gihugu cy’ubufaransa

Ruharwa Laurent Bucyibaruta warimbuye Abatutsi mu cyahoze ari Gikongoro agiye gushyikirizwa ubutabera mu gihugu cy’ubufaransa

Editorial 03 Jun 2021
Kayumba Nyamwasa yahaye umukoro udasanzwe Etienne Masozera wagereranya nko guteranya igi ryamenetse ngo amufashe kwiyunga n’igice cya Jean Paul Turayishimye ngo bagaruke bakorere mu kwaha kwe 

Kayumba Nyamwasa yahaye umukoro udasanzwe Etienne Masozera wagereranya nko guteranya igi ryamenetse ngo amufashe kwiyunga n’igice cya Jean Paul Turayishimye ngo bagaruke bakorere mu kwaha kwe 

Editorial 22 Apr 2020
Uganda: Inteko yemeje ingingo yemerera Museveni kongera kwitoza

Uganda: Inteko yemeje ingingo yemerera Museveni kongera kwitoza

Editorial 21 Dec 2017
Perezida João Lourenço wari umuhuza mu kibazo cya Kongo arayamanitse kubera amananiza ya Tshisekedi

Perezida João Lourenço wari umuhuza mu kibazo cya Kongo arayamanitse kubera amananiza ya Tshisekedi

Editorial 14 Feb 2025
Ruharwa Laurent Bucyibaruta warimbuye Abatutsi mu cyahoze ari Gikongoro agiye gushyikirizwa ubutabera mu gihugu cy’ubufaransa

Ruharwa Laurent Bucyibaruta warimbuye Abatutsi mu cyahoze ari Gikongoro agiye gushyikirizwa ubutabera mu gihugu cy’ubufaransa

Editorial 03 Jun 2021
prev
next

Igitekerezo kimwe

  1. Sharon A.
    April 30, 20187:15 am -

    Ye weee, muranegura Nkurunziza?? Ni nkaho MURIMO kuvuga IBYANYU namwe.
    Umunyarwanda yaravuze ngo: IKIMUGA CYASETSE URUJYO!!!!

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru