• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ibyo Urubyiruko Rugomba Kumenya kuri Ingabire Victoire   |   04 Jun 2025

  • Ibihugu Umunani byo ku migabane itandukanye, bigiye guhurira mu Rwanda mu irushanwa ryo Kwibuka ku ncuro ya 31 Genocide yakorewe Abatutsi 1994   |   03 Jun 2025

  • Minisitiri Bizimana yakurugutuye Gustave Mbonyumutwa washakaga “kugira abatagatifu” abajenosideri barimo se Shingiro Mbonyumutwa na Ngirumpatse   |   03 Jun 2025

  • Amavubi yatangiye umwiherero muri Algeria, Manishimwe Djabel yangiwe kwinjira mu gihugu , Rafael York ntiyatanze impamvu yo kutitabira umwihero   |   02 Jun 2025

  • Niyigena Clément wa APR FC n’uwahoze ari umutoza we Darko Novic mu begukanye ibikombe by’abahize abandi muri Rwanda Premier League 2024-2025   |   31 May 2025

  • Umunya-Tunisia Afhamia Lotfi watozaGA ikipe ya Mukura VS yagizwe Umutoza Mukuru mushya wa Rayon Sports FC   |   30 May 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Kwita izina 2018 : Hazagaragara abakinnyi bakomeye ba ARSENAL

Kwita izina 2018 : Hazagaragara abakinnyi bakomeye ba ARSENAL

Editorial 12 Jul 2018 Mu Rwanda

Ikigo cy’Igihugu cy’Iterambere, RDB, cyatangaje ko mu muhango wo Kwita Izina uteganyijwe ku wa 7 Nzeri uyu mwaka, abana 23 b’Ingagi bazahabwa amazina mu gikorwa kizabera mu Kinigi mu Karere ka Musanze.

Ni umuhango ugiye kuba mu gihe umubare w’izi ngagi zo mu birunga zitaba ahandi ku Isi, ukomeje kwiyongera, kuko ibarura riheruka ryerekanye ko hari izigera kuri 604.

Umuyobozi Mukuru ushinzwe ubukerarugendo muri RDB, Belise Kariza, yabwiye itangazamakuru kuri uyu wa Gatatu ko icyiza cyo kwishimira ari uko “umubare w’ingagi ugenda wiyongera.”

Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Gatabazi Jean Marie Vianney, yavuze ko ubu bukerarugendo bugenda bunatanga umusaruro ku baturiye za pariki, binyuze muri gahunda yo kubasaranganya 10% by’inyungu bubyara.

Ibyo bijyana n’uko abahoze ari ba rushimusi b’inyamaswa babonye icyo bakora, ubu bakaba aribo bazicungira umutekano.

Yagize ati “Abari abanzi b’ibidukukijije ubu ni abakunzi, bafite amatorero y’ababyinnyi, abashoferi ba mukerarugendo, abari ba rushimusi ubu ni inshuti z’ibidukikije. Hari imihanda myiza yakozwe muri kariya gace, amashuri n’ibindi bivuye mu musaruro w’ubukerarugendo.”

Guverineri Gatabazi yavuze ko ubu abaturage biteguye uyu munsi ukomeye, ku buryo abazitabira uyu muhango barimo n’abashyitsi b’abanyamahanga bazakirwa neza bagataha banyuzwe.

Umwe mu bahagarariye gahunda irengera ingagi, International Gorilla Conservation Programme, Anna Behm Masozera, yavuze ko kuba hari abana 23 bagiye kwitwa amazina, ari ikimenyetso gikomeye ko umubare w’izi ngagi uri kwiyongera mu bihugu zibonekamo ari byo, u Rwanda, Uganda na RDC.

Kugeza ubu hari gukorwa inyigo yo kurushaho kwagura Pariki y’Igihugu y’Ibirunga, kugira ngo uko inyamaswa ziyituye ziyongera n’aho zisanzurira haguke.

RDB yatangaje ko mu minsi mike izatangaza amazina y’abashyitsi bihariye bazitabira uyu muhango, barimo n’abashobora kuzaba bahagarariye ikipe ya Arsenal FC yo mu Bwongereza.

Ni nyuma y’amasezerano impande zombi ziheruka gushyiraho umukono, yo kwamamaza u Rwanda nk’icyerekezo gikwiye mu bukerarugendo n’ishoramari, binyuze muri gahunda yiswe ‘Visit Rwanda’, amagambo azajya anagaragara ku myambaro y’abakinnyi ba Arsenal.

Iyi kipe y’umupira w’amaguru yo mu Bwongereza iherutse kugirana ubufatanye n’u Rwanda bugamije guteza imbere ubukerarugendo. Binyuze muri ubu bufatanye, abakinnyi ba Arsenal bazajya bambara imipira yanditseho ku kuboko kw’ibumoso amagambo ‘Visit Rwanda’ (Tembera u Rwanda) mu gihe cy’imyaka itatu uhereye mu mwaka w’imikino wa 2018/2019 uzatangira mu kwezi gutaha.

Arsenal yagiraganye amasezerano n’u Rwanda yo kwamamaza ubukerarugendo babinyujije muri gahunda ya Visit Rwanda

Kariza yavuze ko Kwita Izina 2018 ifite umwihariko kuko ije mu gihe u Rwanda rwatangiye ubukangurambaga bwa ‘Visit Rwanda’ ku bufatanye na Arsenal kandi ko muri iyi minsi yo gutegura uyu muhango hari ubutumwa bwinshi buzagenda bugaruka kuri ubu bukangurambaga haba ku mbuga nkoranyambaga n’ahandi hatandukanye.

Amasezerano ya ‘Visit Rwanda’ akomeje kuvugisha benshi kuva yasinywa muri Gicurasi 2017 harimo abayanenga nko kwikanyiza k’u Rwanda ku kuba ruzatanga amadolari menshi ku ikipe ya Arsenal ariko abareba kure bakayashima nk’uburyo bwo kwimenyekanisha buzatuma u Rwanda rwinjiza akayabo binyuze mu bukerarugendo n’ishoramari mvamahanga.

2018-07-12
Editorial

IZINDI NKURU

Abantu 369 bapfiriye mu mpanuka uyu mwaka

Abantu 369 bapfiriye mu mpanuka uyu mwaka

Editorial 14 Dec 2017
“Smart Africa”, u Rwanda na Gabon byakuyeho amananiza mu bijyanye no guhamagarana

“Smart Africa”, u Rwanda na Gabon byakuyeho amananiza mu bijyanye no guhamagarana

Editorial 21 Jul 2016
Sitade Umuganda yongeye kwemererwa kwakira imikino, impinduka ku mikino imwe n’imwe y’umunsi wa 5 wa shampiyona y’u Rwanda

Sitade Umuganda yongeye kwemererwa kwakira imikino, impinduka ku mikino imwe n’imwe y’umunsi wa 5 wa shampiyona y’u Rwanda

Editorial 26 Nov 2021
Huye: Polisi y’u Rwanda yafashe umuturage atetse Kanyanga

Huye: Polisi y’u Rwanda yafashe umuturage atetse Kanyanga

Editorial 15 Apr 2017
Abantu 369 bapfiriye mu mpanuka uyu mwaka

Abantu 369 bapfiriye mu mpanuka uyu mwaka

Editorial 14 Dec 2017
“Smart Africa”, u Rwanda na Gabon byakuyeho amananiza mu bijyanye no guhamagarana

“Smart Africa”, u Rwanda na Gabon byakuyeho amananiza mu bijyanye no guhamagarana

Editorial 21 Jul 2016
Sitade Umuganda yongeye kwemererwa kwakira imikino, impinduka ku mikino imwe n’imwe y’umunsi wa 5 wa shampiyona y’u Rwanda

Sitade Umuganda yongeye kwemererwa kwakira imikino, impinduka ku mikino imwe n’imwe y’umunsi wa 5 wa shampiyona y’u Rwanda

Editorial 26 Nov 2021
Huye: Polisi y’u Rwanda yafashe umuturage atetse Kanyanga

Huye: Polisi y’u Rwanda yafashe umuturage atetse Kanyanga

Editorial 15 Apr 2017
Abantu 369 bapfiriye mu mpanuka uyu mwaka

Abantu 369 bapfiriye mu mpanuka uyu mwaka

Editorial 14 Dec 2017
“Smart Africa”, u Rwanda na Gabon byakuyeho amananiza mu bijyanye no guhamagarana

“Smart Africa”, u Rwanda na Gabon byakuyeho amananiza mu bijyanye no guhamagarana

Editorial 21 Jul 2016
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru