• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Leta ya Uganda yakoze amakosa ubwo yasinyiraga inguzanyo yo kwagura ikibuga cy’indege cya Entebbe none birangiye bugishyize mu maboko y’Abashinwa

Leta ya Uganda yakoze amakosa ubwo yasinyiraga inguzanyo yo kwagura ikibuga cy’indege cya Entebbe none birangiye bugishyize mu maboko y’Abashinwa

Editorial 26 Nov 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Tariki 17 Ugushyingo 2015, Leta ya Uganda yafashe muri Banki yo mu Bushinwa, EXIM Bank, inguzanyo ya miliyoni 207 z’ amadolari y’Amerika, yari igenewe kwagura ikibuga mpuzamahanga cy’indege cya Entebbe.

Iyo nguzanyo yagombaga kuzatangira kwishyurwa kuva muw’ 2022 kugeza muw’2042.

Aho imirimo yo kubaka itangiriye,nibwo abasesenguzi batahuriye ko amasezerano y’inguzanyo arimo ingingo zigusha mu mutego Leta ya Uganda, ku buryo ndetse inguzanyo itashoboraga kuzigera yishyurwa. Igiteye ubwoba kurushaho, ni uko mu by’ukuri ayo masezerano impande zombi zashyizeho umukono, yihereye Abashinwa ikibuga mpuzamahanga cya Entebbe, ku buryo kucyita icya Guverinoma ya Uganda ari ugusetsa imikara.

Ubutegetsi bwa Perezida Museveni bwabonye bikomeye, busaba EXIM Bank gusubira mu masezerano, ariko kwari ukwisama wasandaye, kuko intumwa za Uganda zagiye gutakamba i Beijing muri Werurwe uyu mwaka zagarutse amara masa. Abashinwa banze kugira ingingo n’imwe mu masezerano bahindura.

Nta bundi bwinyagamburiro Uganda isigaranye rero, uretse kwegurira Abashinwa ikibuga mpuzamahanga cya Entebbe, bakazakibyaza umusaruro kugeza ayabo ashizemo. Magingo aya imirimo yo kucyagura igeze kuri 75%, ku buryo isatira umusozo.

Mu cyumweru gishize Minisitiri w’Imari wa Uganda, Matia Kasaija,yasabye imbabazi Inteko Ishinga Amategeko muri icyo gihugu, kubera amakosa akomeye yakozwe mu gusinya amasezerano, aha EXIM Bank uburenganzira busesuye ku kibuga cy’ingege cya Entebbe.

Ikibuga cy’indege cya Entebbe cyubatswe muw’1972, kikaba aricyo cyonyine cyo ku rwego mpuzamahanga Leta ya Uganda yari ifite. Kwegukanwa n’Abashinwa rero, bizafatwa nko kwegurira abanyamahanga ubusugire bw’igihugu, ubutegetsi bwa Perezida Museveni bukazajya mu kaga ko kuregwa ubugambanyi ndengakamere.

Ejo wajya kumva ukumva Kampala itangaje ko nabyo ari u Rwanda rubiri inyuma.

2021-11-26
Editorial

IZINDI NKURU

Umuyobozi yatawe muri yombi akekwaho kwaka ruswa no guhishira abacuruza kanyanga

Umuyobozi yatawe muri yombi akekwaho kwaka ruswa no guhishira abacuruza kanyanga

Editorial 07 Oct 2016
Perezida Kagame yagaragaje ko AU ikwiye umwanya mu bikorwa bya G20

Perezida Kagame yagaragaje ko AU ikwiye umwanya mu bikorwa bya G20

Editorial 01 Dec 2018
Gatsinzi na Ntagengwa mu bagabo na Munezero Valentine na Musabyimana  mu bagore begukanye circuit ya mbere ya Beach Volleyball

Gatsinzi na Ntagengwa mu bagabo na Munezero Valentine na Musabyimana mu bagore begukanye circuit ya mbere ya Beach Volleyball

Editorial 27 Feb 2023
Rwamagana: Hatangijwe amahugurwa ku buryo bwo gusana no kwita ku bikoresho byandika ku ntwaro nto

Rwamagana: Hatangijwe amahugurwa ku buryo bwo gusana no kwita ku bikoresho byandika ku ntwaro nto

Editorial 19 Jan 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rene Rutagungira, inzirakarengane y’intambara za propaganda za Museveni. Arembeye muri gereza ya CMI, Makindye
INKURU NYAMUKURU

Rene Rutagungira, inzirakarengane y’intambara za propaganda za Museveni. Arembeye muri gereza ya CMI, Makindye

Editorial 05 Jul 2019
Kenya : Umunyamerika n’Umunyacanada bagiye guhambirizwa kubera amatora
Mu Rwanda

Kenya : Umunyamerika n’Umunyacanada bagiye guhambirizwa kubera amatora

Editorial 06 Aug 2017
RwandAir yahembwe nk’ikompanyi itwara abantu mu ndege ya mbere mu karere
Mu Mahanga

RwandAir yahembwe nk’ikompanyi itwara abantu mu ndege ya mbere mu karere

Editorial 21 Feb 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru