• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Police FC yasezereye Rayon Sports igera ku mukino wa nyuma wa Super Cup 2026 isanzeyo Kiyovu SC yo yasezereye Mukura VS   |   28 Aug 2026

  • U Rwanda rwabonye inguzanyo ya miliyari 280 Frw yo kuzamura ibikorwaremezo   |   26 Aug 2026

  • Volleyball: Mu mikino y’igikombe cy’Afurika mu Bagore iri kubera muri Kenya, U Rwanda rwandagaje Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC)   |   26 Aug 2026

  • APR BBC yegukanye Igikombe cya Shampiyona ku nshuro ya kane yikurikiranya   |   25 Aug 2026

  • Sebarundi yabaye Semuhanuka arota atumaho abashatse guhirika ubutegetsi bwa Nkurunziza Pierre   |   24 Aug 2026

  • Rurageretse hagati y’ibigarasha Noble Marara na Jean Paul Turayishimye   |   24 Aug 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»RDC: Abantu batandatu bamaze kwicirwa mu bikorwa byo kwiyamamaza mu minsi itatu

RDC: Abantu batandatu bamaze kwicirwa mu bikorwa byo kwiyamamaza mu minsi itatu

Ubwanditsi 14 Dec 2018 POLITIKI

Mu gihe habura iminsi itageze ku 10 ngo habe amatora y’umukuru w’igihugu muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, ubugizi bwa nabi mu gihe cyo kwiyamamaza butangiye kugenda bufata intera, aho nyuma ya Lubumbashi kuwa Kabiri ushize, ahapfuye abayoboke ba Martin Fayulu, abandi benshi bagakomereka, kuri uyu wa Kane naho i Mbuji-Mayi, ahari hategerejwe umukandida Felix Tshisekedi hapfuye umuntu.

Amakuru yagiye atangazwa aravuga ko uyu muntu yapfuye umukandida Tshisekedi ataragera no muri uyu murwa mukuru w’Intara ya Kasai y’Iburasirazuba, hamwe mu hantu ishyaka UDPS rifite abayoboke benshi. Guhera mu gitondo, ihuriro ry’urubyiruko rwa UDPS ryari ryatangaje ko ryabujijwe kujya kwakira umukandida wabo ku kibuga cy’indege, aho ngo mu nzira inzego z’umutekano zari zashinze za bariyeri.

Iri huriro rikaba ryemeje ko umwe mu basore barigize yishwe n’abashinzwe umutekano, aho amakuru y’ibanze ubuyobozi bw’Intara ya Kasai y’Iburasirazuba bwabashije kubona yemeza ko uwo musore yateye amabuye ikamyo yari irimo abasirikare.

Ariko nk’uko bitangazwa na RFI, guverineri w’iyi ntara ubwe yavuze ko atari mu mwanya wo gutanga ibisobanuro birambuye ku imvano y’iyicwa ry’uyu musore. Guverineri Alphonse Kasanji Ngoyi yahamagariye amashyaka yose gutuza no kwirinda ubushotoranyi ubwo ari bwo bwose.

Yagize ati: “Mu gihe dutegereje raporo ya nyuma y’inzego z’umutekano, tubabajwe n’urwo rupfu kandi turarwamaganye dukomeje kubera ko twahaye ubutumwa abaturage bwo kubahiriza amahame ya demokarasi n’ubworoherane. Kandi abajya kwakira umukandida wabo bafite uburenganzira bwo kujya kumwakira, ariko batagabye ibitero ku by’abandi, gusahura, gutera amabuye.”

Abantu batandatu bamaze kwicwa mu minsi 3

Uyu muntu wishwe aje yiyongera ku bandi bayoboke batanu batavuga rumwe n’ubutegetsi ubwo umukandida Martin Fayulu yajyaga I Lubumbashi ahapfuye batatu, n’abandi babiri bapfiriye muri Kalemie. Muri rusange abantu batandatu bakaba bamaze kuburira ubuzima mu bikorwa byo kwiyamamaza by’abatavuga rumwe n’ubutegetsi mu minsi itatu.

Ubwo kandi abandi benshi barakomeretse, harimo abakomeretse bikomeye nk’abari mu Bitaro bya Sendwe mu Ntara ya Haut-Katanga. Abayobozi b’intara bo banyomoza ko hakoreshejwe amasasu ya nyayo ndetse n’iyi mibare y’abamaze gupfa.

2018-12-14
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Sudani y’Epfo: Perezida Kiir na Riek Machar bashyizeho Guverinoma ihuriweho

Sudani y’Epfo: Perezida Kiir na Riek Machar bashyizeho Guverinoma ihuriweho

Ubwanditsi 24 Feb 2020
Etienne Gatanazi noneho yagize umwere ruharwa Kabuga Félicien

Etienne Gatanazi noneho yagize umwere ruharwa Kabuga Félicien

Ubwanditsi 29 Sep 2025
Congo: Umuyobozi mukuru w’ibiro bya Perezida Tshisekedi yatawe muri yombi

Congo: Umuyobozi mukuru w’ibiro bya Perezida Tshisekedi yatawe muri yombi

Ubwanditsi 09 Apr 2020
Minisitiri w’Intebe yasobanuye uko yakuye impamba mu mwiherero yitabiriye ku nshuro ya mbere

Minisitiri w’Intebe yasobanuye uko yakuye impamba mu mwiherero yitabiriye ku nshuro ya mbere

Ubwanditsi 03 Mar 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yakiriye impapuro za ba ambasaderi bashya icyenda
POLITIKI

Perezida Kagame yakiriye impapuro za ba ambasaderi bashya icyenda

Ubwanditsi 06 Dec 2018
Finland – Urukiko rwanze kurekura Bazaramba wakatiwe Burundu
ITOHOZA

Finland – Urukiko rwanze kurekura Bazaramba wakatiwe Burundu

Ubwanditsi 05 Jan 2019
Igihugu cya Uganda cyarenze ku masezerano ya Luanda cyemerera gukora ku mugaragaro umuryango utegamiye kuri Leta Ugamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda
Amakuru

Igihugu cya Uganda cyarenze ku masezerano ya Luanda cyemerera gukora ku mugaragaro umuryango utegamiye kuri Leta Ugamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Ubwanditsi 05 Jan 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru