• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Lt Manzi yatawe muri yombi azira kutubahiriza amasezerano yagiranye na CMI mbere y’uko imufungura ntabwo ari intasi y’u Rwanda nkuko bivugwa n’ibinyamakuru bya Uganda

Lt Manzi yatawe muri yombi azira kutubahiriza amasezerano yagiranye na CMI mbere y’uko imufungura ntabwo ari intasi y’u Rwanda nkuko bivugwa n’ibinyamakuru bya Uganda

Editorial 24 Sep 2020 Amakuru, INKURU NYAMUKURU

Tariki 22 Nzeri 2020, ikinyamakuru cya Leta ya Uganda, New Vision, cyanditse inkuru ihabanye n’ukuri ifite umutwe ugira uti: “Umusirikare w’u Rwanda yoherejwe muri gereza azira gutunga imbunda mu buryo butemewe n’amategeko.” Lt Ivan Manzi w’imyaka 28 washinjwaga “gutunga imbunda mu buryo butemewe n’amategeko” afungiye muri gereza ya Kitalya guhera ku ya 19 Ukwakira 2020 ubwo urukiko rwa gisirikare ruzakomeza kumuburanisha, Muri iyo ngingo, New Vision ihuza ukuri ku byerekeye Manzi uwo ari we, uko yageze muri Uganda, ndetse n’ibyo yagiye akora igihe yari ahari.
Lt Manzi ni umusirikari wahoze mu ingabo z’u Rwanda (RDF) uba muri Uganda kuva mu 2018 akaba yarataye akazi kandi akaba ari icyaha mu gisirikari nkuko bimeze mu nzego za gisirikari ku isi yose.
Manzi yafatiwe mu karere ka Kisoro ashinjwa ko yari “intasi y’u Rwanda.” Tariki ya 16 Ukwakira 2018. Kuva icyo gihe, yahise yimurirwa ku cyicaro gikuru cy’ubutasi bwa gisirikare (CMI) i Mbuya, i Kampala, ari naho yafungiwe kugeza ku ya 30 Nzeri 2019 igihe yarekurwaga, hamwe n’abandi basirikari barindwi ba RDF nabo batorotse igisirikari, aho nabo bashinjwaga ubutasi kandi bagafungirwa mu kigo kimwe.

Nk’uko amakuru agera kuri Rushyashya abitangaza, abasirikare barindwi bari bafunganywe na Lt Manzi ni Habimana Evode, Rugengamanzi Damascene, Sezibera Emmauel, Ntezirayayo Ethanael, Mugiraneza Eric, na Ndayambaje Emmanuel. Nyuma y’umwaka wose w’ibibazo niyica rubozo, abategetsi ntibashoboye kubemerera kwatura ko ari intasi.

Amakuru akomeza avuga ko hagati y’ifungwa ryabo ritemewe n’amategeko, ku ya 12 Mata 2019, Komisiyo Nkuru y’u Rwanda muri Uganda yohereje itumanaho rya diplomasi, Note Verbale, muri Minisiteri y’ububanyi n’amahanga ya Uganda isaba ko abatorotse basubizwa mu Rwanda kugira ngo bakurikiranwe. Ariko, nkuko bakunze kubikora, abategetsi ba Uganda birengagije ubusabe bw’Ambasade y’u Rwanda, aho kurekura abatorotse mu Rwanda, abategetsi i Kampala babarekuriye (baboherereje)Kayumba Nyamwasa (RNC), ushyigikiwe cyane n’ubutegetsi bwa Uganda.

Amakuru atugeraho avuga ko CMI yohereje Lt Manzi kugenzura ibikorwa bya RNC (gushaka abayoboke no kubashishikariza ibya RNC) mu karere ka Kakumiro, kamwe mu turere two muri Uganda gatuwe cyane n’abaturage benshi bakomoka mu Rwanda. Manzi yatangiye akazi nk’umurinzi wa Hon. Baltazar Kasirivu Atwooki, Minisitiri w’igihugu cya Uganda ushinzwe gukurikirana ubukungu. Icyo gihe, Minisitiri yumvise ko akeneye kurindwa mu gihe cyo kwiyamamaza cy’ibanze cy’ishyaka rya NRM ryasojwe aho yiyamamarizaga umwanya w’inteko ishinga amategeko ya Bugangaizi. Yari amatora yaranzwe n’urugomo rwinshi Ku ya 1 Nzeri 2020, abashyigikiye Fred Byamukama, wari uhanganye na minisitiri mu matora y’ishyaka, bateye amabuye imodoka ya minisitiri Atwooki.

Mu guterana amagambo kwabaye mu gihe cyo gushaka gukura Minisitiri mu kaga, pistolet ye yaguye hasi; yatoraguwe na Ivan Manzi, bouncercyangwa ushinzwe umutekano we. Igihe abapolisi n’ingabo batabaye kugira ngo bahoshe ayo makimbirane, bafashe Manzi n’imbunda, yanditseho No UG / 012801417, bafite icyemezo cy’impushya cyatanzwe na Polisi ya Katwe mu izina rya Minisitiri Atwooki. Aho kubaza Manzi impamvu yari yitwaje pistolet ya shebuja nk’ibisanzwe mu bihe by’amage akamuha akazi ko kuba umuzamu ahubwo abayobozi bamwitiriye intasi y’u Rwanda yitwaje imbunda.

Mu byumvikana Manzi rero, yafatiwe i Bugangaizi ntabwo ari i Nakulabye nkuko The New Vision ibitangaza. Ikigaragara ni uko kuba bamwohereje gukorera Kayumba Nyamwasa na Perezida Museveni muri gahunda bahuriyemo yo guhungabanya umutekano w’u Rwanda. Ku Rwanda, Lt Manzi ni umusirikari wataye akazi, ni umuntu watorotse wagombye kuba yarasubijwe mu gihugu cye kugira ngo ahabwe ubutabera mu gihugu. Ikinyoma ntikimara kabiri

2020-09-24
Editorial

IZINDI NKURU

Ubutumwa nageneye Interahamwe yashatse gutera ubwoba Jay Squeezer kuri Telephone 

Ubutumwa nageneye Interahamwe yashatse gutera ubwoba Jay Squeezer kuri Telephone 

Editorial 12 May 2022
Kuki Aimable Karasira adashyikirizwa ubutabera kandi bigaragara ko ari umugizi wa nabi mu bandi?

Kuki Aimable Karasira adashyikirizwa ubutabera kandi bigaragara ko ari umugizi wa nabi mu bandi?

Editorial 25 Nov 2020
Perezida Kagame yatoreye abadepite mu Bushinwa

Perezida Kagame yatoreye abadepite mu Bushinwa

Editorial 03 Sep 2018
Gasogi United yabonye umutoza mushya w’umunya-Misiri Ahmed Adel Abdelrahman Ibrahim, inongeraho Ishimwe Kevin wakinaga muri Rayon Sports

Gasogi United yabonye umutoza mushya w’umunya-Misiri Ahmed Adel Abdelrahman Ibrahim, inongeraho Ishimwe Kevin wakinaga muri Rayon Sports

Editorial 18 Jul 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

LONI irashinja Afurika y’Epfo gukingira ikibaba ruharwa Fulgence Kayishema kugeza bamuhungishije akava muri icyo gihugu
Amakuru

LONI irashinja Afurika y’Epfo gukingira ikibaba ruharwa Fulgence Kayishema kugeza bamuhungishije akava muri icyo gihugu

Editorial 20 Dec 2020
Police mu iperereza  yemeje ko Umucuruzi  Rwabukamba yapfuye  yiyahuye
ITOHOZA

Police mu iperereza yemeje ko Umucuruzi Rwabukamba yapfuye yiyahuye

Editorial 13 Oct 2016
Cécile Kayirebwa aritegura gushyira hanze igitabo cye cya mbere yise “Wowe utuma mpimba” kizaba gikubiyemo ibisigo bye
Amakuru

Cécile Kayirebwa aritegura gushyira hanze igitabo cye cya mbere yise “Wowe utuma mpimba” kizaba gikubiyemo ibisigo bye

Editorial 23 Aug 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru