• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»M23 yakiriye kinyamwuga ingabo z’Afurika y’Epfo zari zimaze icyumweru zigeze mu burasirazuba bwa Congo

M23 yakiriye kinyamwuga ingabo z’Afurika y’Epfo zari zimaze icyumweru zigeze mu burasirazuba bwa Congo

Editorial 03 Jun 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Mu cyumweru gishize hasakaye amashusho agaragaza imodoka z’intambara z’ingabo z’Afurika y’Epfo zafashwe bugwate ndetse n’ikamyo ya gisirikari n’ingabo za M23. Ni nyuma yuko Ingabo za SADC niza Congo zari zateguye ibitero simusiga kuri M23 biyemeje ngo kubasubiza mu birunga aho baturutse. FARDC yise icyo gitero “Operation la Vengeance du Leopald” naho SADC yo iyita “Operation Caterpillar” bagamije gusubiza M23 mu birunga

Batangiye mu gitondo cya tariki ya 30 Gicurasi 2024 ubwo ingabo za SADC niza FARDC zabyutse zirasa ibisasu biremereye mu bice M23 igenzura, uwo mutwe watangaje ko abasiviri bagera ku icumi bahasize ubuzima kandi ko bahise bafata icyemezo cyo gucecekesha imbunda zicaga abaturage.

Nyuma y’amasaha makeya nibwo hagaragaye imodoka z’intamabara z’ingabo za SADC zikomoka muri Afurika y’Epfo zarashweho na M23 uyu mutwe wemeje ko warashe eshatu ufata mpiri izindi ebyiri.

Amakuru yamenyekanye ni uko izo ngabo zacanweho umuriro na M23 zari zimaze icyumweru zigeze mu burasirazuba bwa Congo zikaba zari zitegereje ko amatora arangira muri Afurika y’Epfo nubwo atahiriye Perezida Cyrille Ramaphosa ngo zigabe igitero kuri M23. Amakuru yahise amenyekana ni uko umusirikari umwe w’Afurika y’Epfo yahise apfa abandi 22 barakomereka

Aho bategewe ninaho ingabo z’Afurika y’Epfo zategewe umwaka ushize ubwo uwakoreshaga itumanaho yarashwe mu jisho.

M23 yiteguye ingabo z’Afurika y’Epfo hafi na Sake zari zigabye igitero gikomeye zifatanyije n’ingabo za Congo ndetse n’imitwe yitwaje intwaro izwi nka Wazalendo.

Indege z’ingabo za Congo zaje gutabara ariko ntacyo byatanze kuko zitahawe ibipimo neza byaho bari (coordinates). Ikinyamakuru cyo muri Afurika y’Epfo News24 dukesha iyi nkuru kivuga ko izo modoka z’intambara zaba zararashwe n’imbunda yakorewe mu burusiya AT-4 Spigot antitank missile na Casspir.

Mu gitondo cyo ku wa gatanu, ingabo z’Afurika y’Epfo zagarutse gushaka imodoka zabo ariko ntibabishobora, ahubwo ingabo za M23 zabaciye mu rihumye zibatera mu kigo cyabo zitwika indi modoka y’intambara.

Ibihugu bya SADC bikomeje gusaba ko ibibera mu burasirazuba bwa Congo byareka kuba ibanga ariko ubunyamabanga ntacyo butangaza. Ingabo za SADC zigeze ku bihumbi bitatau ariko ngo bikaba bitumvikana uburyo nta n’indege z’intambara bafite.

Nyuma y’umunsi ingabo za SADC zirashweho, hagaragaye amashusho ingabo za M23 zitwaye imodoka y’intambara yambuwe ingabo z’Afurika y’Epfo.

2024-06-03
Editorial

IZINDI NKURU

Moto yibwe mu karere ka Bugesera yafatanywe umugabo muri Gakenke

Moto yibwe mu karere ka Bugesera yafatanywe umugabo muri Gakenke

Editorial 20 Feb 2017
Uruzinduko rwa Komiseri Mukuru wa Polisi y’uRwanda, IGP Dan MUNYUZA, muri Malawi rwahahamuye Interahamwe n’ibigarasha biba muri icyo gihugu.

Uruzinduko rwa Komiseri Mukuru wa Polisi y’uRwanda, IGP Dan MUNYUZA, muri Malawi rwahahamuye Interahamwe n’ibigarasha biba muri icyo gihugu.

Editorial 27 Jul 2021
Icyegeranyo cy’itsinda ry’impuguke za Loni kirashinja igisirikari cya Kongo kwica, gusahura abaturage no gusambanya abagore ku ngufu. Nta ruhare rw’u Rwanda mu bibera muri Kongo rwagaragajwe.

Icyegeranyo cy’itsinda ry’impuguke za Loni kirashinja igisirikari cya Kongo kwica, gusahura abaturage no gusambanya abagore ku ngufu. Nta ruhare rw’u Rwanda mu bibera muri Kongo rwagaragajwe.

Editorial 25 Jun 2022
Inkwenene ku bahakana Bakanapfobya Jenoside Yakorewe Abatutsi Bagerageje Gutagatifuza Paul Rusesabagina

Inkwenene ku bahakana Bakanapfobya Jenoside Yakorewe Abatutsi Bagerageje Gutagatifuza Paul Rusesabagina

Editorial 21 Sep 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

APR BBC izahura na REG ku mukino wa nyuma wa shampiyona ya Basketball 2025,  ni nyuma yo gusezerera Patriots BBC
Uncategorized

APR BBC izahura na REG ku mukino wa nyuma wa shampiyona ya Basketball 2025, ni nyuma yo gusezerera Patriots BBC

Editorial 30 Jun 2025
ITORERO ZION TEMPLE RYAFUNGUYE ISHAMI INDIANA MURI AMERIKA
ITOHOZA

ITORERO ZION TEMPLE RYAFUNGUYE ISHAMI INDIANA MURI AMERIKA

Editorial 03 Jun 2016
Breaking news – Nairobi : Padiri Nahimana yabujijwe kwinjira mu ndege Nairobi- Kigali
ITOHOZA

Breaking news – Nairobi : Padiri Nahimana yabujijwe kwinjira mu ndege Nairobi- Kigali

Editorial 25 Nov 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru