• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»Macron muri UN ati: Jenosides, France, amakosa, ibibi byinshi, uruhare…

Macron muri UN ati: Jenosides, France, amakosa, ibibi byinshi, uruhare…

Editorial 28 Sep 2018 ITOHOZA

Ku ruhande rwa Leta y’Ubufaransa uruhare rwayo muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda kugeza ubu rugarukira “ku makosa mu gufata imyanzuro” kubwa Perezida Nicolas Sarkozy. Aya mateka mabi aracyakomeza kuba urukuta mu mubano w’u Rwanda na France. Mu ijambo rya Perezida Macron ku Nteko rusange irangiye ya UN, mu buryo buziguye yagaragaje ko ashaka impinduka ku mateka n’ejo hazaza mu bufatanye n’imibanire y’ibihugu…

Hari ibitaranoga neza ariko kugeza ubu; uruhare rw’Ubufaransa muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda.

Bamwe ku ruhande rw’Ubufaransa bahakana uruhare rwa Leta yabo muri iyi Jenoside, uruhande rw’u Rwanda rwo ntirushidikanya uru ruhare mu gutegura, gutera inkunga no gukora Jenoside, kuyihakana no guhishiira abayikoze.

Amiral Jacques Lanxade wari umugaba mukuru w’ingabo z’Ubufaransa mu gihe cya Jenoside mu Rwanda, mu kwezi kwa gatanu we yavuze ko igisirikare cy’Ubufaransa “ntacyo kishinja”.

Kuwa kabiri, mu ijambo ritsindagira cyane ingingo ze mu Nteko rusange y’Umuryango w’Abibumbye Perezida Emmanuel Macron yakomeje kuri ibi mu buryo rusange kandi buziguye.

Ati “Ntimuzibagirwe na rimwe ko za Jenoside zitumye muri hano uyu munsi zabayeho kubera za ‘discours’ dukomeje kwimenyereza, zabayeho kubera ibikorwa bidashinga dushimagiza, kubera ko dukomeje kubaho no kubana nk’amahanga nk’aho ntacyabaye, kubera gutinya, kubera uruhare muri byo…

Hoya… njyewe simbitinye…. kuko mva mu gihugu cyazanye amasezerano atumye turi hano, kuko mva mu gihugu kihagazeho ariko cyakoze amakosa menshi, ibintu bibi byinshi…none rero ndagira ngo ntidukomeze kwemera ubwo bufatanye mu kugambanira amateka.”

Macron yasabye ubufatanye bw’isi mu gukemura akaga isi ifite, ngo ariko bakabikora nk’abantu nyabantu, bashingiye ku byo bifuza, ku mateka yabo.

Mu byo yavugiye muri UN i New York harimo amagambo agarukwaho kenshi mu kibazo cy’Ubufaransa n’u Rwanda, Jenoside, uruhare, amakosa, ibibi…

Ubushake bwa Perezida Macron mu gukemura ikibazo hagati y’u Rwanda n’u Bufaransa, ubu butanagira ambasaderi i Kigali, ntibushidikanywaho.

Perezida Kagame i Elysee yakiriwe na Macron.

Perezida Kagame i Elysee yakiriwe na Macron muri Gicurasi

Icyo gihe, mu kiganiro n’abanyamakuru yavuze ko imishinga itanga umusaruro ufatika ari yo ishobora gushingirwaho umubano w’ibihugu byombi ukongera gukomera.

Ariko ko atakwirengagiza ko ibibazo byabaye hagati y’ibihugu byombi bitakemurwa n’itangazo ry’umunsi umwe ahubwo ubufatanye mu kubaka ejo hazaza.

Nyuma y’uruhare Leta y’iki gihugu ishinjwa kugira muri Jenoside yakorewe Abatutsi, Leta y’u Rwanda inenga iy’Ubufaransa guhishira abantu benshi bashinjwa uruhare muri Jenoside babayo.

Alain na Dafroza Gauthier mu muhate wabo, bakora umurimo wo gukurikirana aba bantu bashinjwa Jenoside bari mu Bufaransa n’Iburayi.

Aba bashingiye ku kuba, tariki 13 uku kwezi, Perezida Macron yaremeye ko Leta yagize uruhare mu kubura (urupfu) k’umufaransa Maurice Audin wari umwarimu w’imibare muri Algeria ariko adashyigikiye igihugu cye mu bukoroni cyakoreraga Algeria, nabo babona hari ikizere…

Alain Gauthier yabwiye Le Monde ati “nizera ko mu gihe cyo kwibuka ku nshuro ya 25 Jenoside yakorewe Abatutsi {muri Mata 2019) Perezida Macron azemeza uruhare nyarwo rw’Ubufaransa. Bitari gusaba imbabazi gusa ahubwo no kwemera ko guverinoma y’Ubufaransa yahisemo uruhande rubi; urw’abakoze Jenoside.”

2018-09-28
Editorial

IZINDI NKURU

Kayumba Nyamwasa arashinja Rudasingwa amarozi

Kayumba Nyamwasa arashinja Rudasingwa amarozi

Editorial 13 Sep 2016
Sylvia Mukankiko si umusazi, ni umurozi urota kumara abadasangiye nawe ubugome

Sylvia Mukankiko si umusazi, ni umurozi urota kumara abadasangiye nawe ubugome

Editorial 19 Nov 2021
Uganda: CMI yakwirakwije umujyi wa Kampala inkoramutima za RNC mu guhiga bukware abanyarwanda 

Uganda: CMI yakwirakwije umujyi wa Kampala inkoramutima za RNC mu guhiga bukware abanyarwanda 

Editorial 04 Mar 2019
Ntabwo twasangira urwibutso n’abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi- Amb.Nduhungirehe

Ntabwo twasangira urwibutso n’abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi- Amb.Nduhungirehe

Editorial 10 Apr 2016

2 Ibitekerezo

  1. Ruti
    September 30, 20189:01 am -

    Ariko se kuki igihugu cyacu kirwanira kuyobora OIF kandi ntagifaransa tugira iwacu ? Ndabona nuyu wanditse iyi nkuru atarumvise ijambo Macron yavuze muri Onu.Umunyamakuru bigaragara ko yumvisemo bike cyane kandi nabyo akabyumva nabi.Macron yabaye nkushubije Trump amubwirako kwita ku nyungu za Amerika atitaye kuz ibindi bihugu ari ibintu bishobora gutuma abatuye isi bahangana aho gufashanya…ibyo bikaba byateza intambara maze yibutsa Trump ko Onu yashinzwe biturutse ku bibazo bisa nkibyo ashaka guteza.Ibi rero biratangaje kubona umunyamakuru yumva ko iyo bavuze genocide baba bavuze u Rwanda.Ese Genocide=Rwanda ? Cg Rwanda=genocide ? Igisubizo ni OYA.URwanda rufite ibindi byiza rwamenyekaniraho bitari genocide.

    Subiza
  2. Ruzira
    September 30, 20189:09 am -

    Nanjye ndabona uwanditse iyi nkuru iyo aba yarumvise speech ya Trump n iya Macron byari kumworohera kumva ko Macron yasubizaga Trump amwibutsako kubangamira inyungu z ibindi bihugu agamije gushyira inyungu za Amerika imbere bishobora guteza imidugararo isa n iyatumye UN ishingwa.

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

CAN 2019: Sénégal yasezereye Bénin, Nigeria igera muri ½ bigoranye
IMIKINO

CAN 2019: Sénégal yasezereye Bénin, Nigeria igera muri ½ bigoranye

Editorial 12 Jul 2019
Umwe mu batorokanye na Ntamuhanga wo mu idosiye ya Kizito, yatawe muri yombi
ITOHOZA

Umwe mu batorokanye na Ntamuhanga wo mu idosiye ya Kizito, yatawe muri yombi

Editorial 04 Apr 2018
Impamvu y’ikomoko  ya Museveni “ abahima n’abahima b’aba-Chwezi “ nyirabayazana y’ urwango  ku Rwanda
ITOHOZA

Impamvu y’ikomoko  ya Museveni “ abahima n’abahima b’aba-Chwezi “ nyirabayazana y’ urwango  ku Rwanda

Editorial 18 Apr 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru