• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Young Africans yegukanye igikombe ku Munsi w’Igikundiro 20245, ni nyuma yo gutsinda Rayon Sports 3-1   |   15 Aug 2025

  • Mbitabazenga: Inyungu ziva muri Visit Rwanda, ziratuma inyangabirama zijiginywa   |   15 Aug 2025

  • Umuryango wa Habyarimana mu muhogo ugana mu nda ya FDLR   |   14 Aug 2025

  • Niyonkuru Gloire wari muri Gisagara VC na Angiro Gideon wakiniraga REG VC berekeje muri Police Volleyball Club   |   14 Aug 2025

  • APR FC na Rayon Sports agomba kwishyura ibihumbi 200 kugirango yemererwe gukina umwaka w’imikino wa 2025-2026   |   13 Aug 2025

  • Imyaka 21 y’Ubwicanyi bwa Gatumba: Ubutabera Bwaratinze, CNDD-FDD Ikomeje Kubangamira Kwibuka   |   13 Aug 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Master Card na Ericson bagiye kuzana mu Rwanda ikoranabuhanga rishya muri serivisi z’imari

Master Card na Ericson bagiye kuzana mu Rwanda ikoranabuhanga rishya muri serivisi z’imari

Editorial 13 May 2016 Mu Mahanga

Guverinoma y’u Rwanda yasinyanye amasezerano n’ibigo by’ikoranabuhanga MasterCard na Ericson, isinyana kandi na Guverinoma ya Jersey, amasezerano azafasha u Rwanda mu nzego zirimo kunoza imitangire ya serivisi z’imari, ubworozi n’izindi.

Ibi ni muri gahunda yiswe “Kigali Innovation City” yatangijwe kuri uyu wa Kane tariki 12 Gicurasi, mu gihe u Rwanda rwakira inama mpuzamahanga yiga ku bukungu, World Economic Forum on Africa.

Nyuma y’isinywa ry’aya masezerano y’ubufatanye, Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Amb. Gatete Claver, yavuze ko aya masezerano n’ibi bigo azafasha u Rwanda kugera ku cyerekezo 2020, aho nibura abasaga 90 bazaba bakoresha serivisi z’imari.

Yagize ati “Twagiranye amasezerano na Jersey, aba bo ni abantu dufatanya, ni ikirwa cyo mu Bwongereza n’ubundi twakoranaga. Uyu munsi icyo twasinyaga ni ubufatanye mu nzego za serivisi z’imari, itumanaho, ubworozi kuko buriya intanga nyinshi ziva muri Jersey.”

Yakomeje agira ati “Ericson bo barazana ikoranabuhanga kugira ngo Abanyarwanda babashe kwishyurana mu buryo buboroheye. Bagiye gutangira kubikora, mu gihembwe cya mbere cy’umwaka utaha bazaba barangije ku buryo tuzaba dufite ikoranabuhanga. Abandi nabo twasinyanye ni Master Card, bafite porogaramu zigezweho nk’izo usanga dukoresha ku kibuga cy’indege nk’iyo abantu bagiye kujya hanze, nibyo bagiye kudukorera hano.”

Minisitiri Gatete yavuze ko hari icyizere ko ibigo by’itumanaho nibimara guhuzwa kuri serivisi zo kohereza amafaranga, igiciro baca kizagabanuka ku buryo bugaragara.

Umuyobozi wa Master Card muri Afurika n’Uburasirazuba bwo hagati, Raghu Malhotra, yavuze ko bazafasha u Rwanda kugabanya umubare w’abagendana amafaranga icya rimwe, hifashishijwe gahunda zinyuranye.

Ubwo buryo burimo nko gufasha mu kwishyura amafaranga y’ishuri n’ubwisungane mu kwivuza, gufasha ikigo Rwanda Online kujya kibasha kwakira amafaranga asabwa kuri serivisi za leta, gushyiraho uburyo buhuriweho bwo kwishyurana amafaranga kuri konti za telefoni n’ibindi.

Umuyobozi uhagarariye uruganda rwa Ericson muri Afurika yo munsi y’ubutayu bwa Sahara, Fredrik Jedling, yavuze ko bizeye ko nibamara guhuza serivisi z’ibigo bitanga serivisi z’imari birimo n’iby’itumanaho, abohererezanya amafaranga baziyongera ku buryo igiciro byasabaga kizagabanuka.

-2800.jpg

-2799.jpg

-2798.jpg

Nyuma yo gusinyana amasezerano

Mu cyerekezo 2020, u Rwanda ruteganya ko bitarenze 2017, Abanyarwanda 70% bazaba bakoresha serivisi z’imari, mu 2020 bakazaba bagera kuri 90%. MasterCard izafatanya na guverinoma y’u Rwanda mu guhangana n’imbogamizi zikiri mu baturage bakennye n’abategereye ahatangirwa serivisi z’imari cyangwa ababifiteho ubumenyi budahagije.

2016-05-13
Editorial

IZINDI NKURU

Polisi y’u Rwanda yaburijemo ubujura bushukana mu Mujyi wa Kigali, Miliyoni 27  zari zigiye gutikira

Polisi y’u Rwanda yaburijemo ubujura bushukana mu Mujyi wa Kigali, Miliyoni 27 zari zigiye gutikira

Editorial 23 Sep 2016
Rulindo:Umugabo yiturikirijeho Gerenade ahita apfa

Rulindo:Umugabo yiturikirijeho Gerenade ahita apfa

Editorial 17 Oct 2016
Cameroon imaze gutwara ibikombe 5 bya Afurika, Gambia yitabiriye ku ncuro ya mbere yageze muri 1/4 cy’imikino y’igikombe cya Afurika

Cameroon imaze gutwara ibikombe 5 bya Afurika, Gambia yitabiriye ku ncuro ya mbere yageze muri 1/4 cy’imikino y’igikombe cya Afurika

Editorial 29 Jan 2022
Huye: Ba nyiri amahoteri basabwe kugira uruhare mu gukumira ihohoterwa rikorerwa abana

Huye: Ba nyiri amahoteri basabwe kugira uruhare mu gukumira ihohoterwa rikorerwa abana

Editorial 07 Jun 2016
Polisi y’u Rwanda yaburijemo ubujura bushukana mu Mujyi wa Kigali, Miliyoni 27  zari zigiye gutikira

Polisi y’u Rwanda yaburijemo ubujura bushukana mu Mujyi wa Kigali, Miliyoni 27 zari zigiye gutikira

Editorial 23 Sep 2016
Rulindo:Umugabo yiturikirijeho Gerenade ahita apfa

Rulindo:Umugabo yiturikirijeho Gerenade ahita apfa

Editorial 17 Oct 2016
Cameroon imaze gutwara ibikombe 5 bya Afurika, Gambia yitabiriye ku ncuro ya mbere yageze muri 1/4 cy’imikino y’igikombe cya Afurika

Cameroon imaze gutwara ibikombe 5 bya Afurika, Gambia yitabiriye ku ncuro ya mbere yageze muri 1/4 cy’imikino y’igikombe cya Afurika

Editorial 29 Jan 2022
Huye: Ba nyiri amahoteri basabwe kugira uruhare mu gukumira ihohoterwa rikorerwa abana

Huye: Ba nyiri amahoteri basabwe kugira uruhare mu gukumira ihohoterwa rikorerwa abana

Editorial 07 Jun 2016
Polisi y’u Rwanda yaburijemo ubujura bushukana mu Mujyi wa Kigali, Miliyoni 27  zari zigiye gutikira

Polisi y’u Rwanda yaburijemo ubujura bushukana mu Mujyi wa Kigali, Miliyoni 27 zari zigiye gutikira

Editorial 23 Sep 2016
Rulindo:Umugabo yiturikirijeho Gerenade ahita apfa

Rulindo:Umugabo yiturikirijeho Gerenade ahita apfa

Editorial 17 Oct 2016
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Turamagana Ibirego bya HCR kubera ko U Rwanda ari Ikitegererezo mu Kwita ku Mpunzi n’Abimukira

Turamagana Ibirego bya HCR kubera ko U Rwanda ari Ikitegererezo mu Kwita ku Mpunzi n’Abimukira

17 Jul 2025
Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru