• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Master Card na Ericson bagiye kuzana mu Rwanda ikoranabuhanga rishya muri serivisi z’imari

Master Card na Ericson bagiye kuzana mu Rwanda ikoranabuhanga rishya muri serivisi z’imari

Editorial 13 May 2016 Mu Mahanga

Guverinoma y’u Rwanda yasinyanye amasezerano n’ibigo by’ikoranabuhanga MasterCard na Ericson, isinyana kandi na Guverinoma ya Jersey, amasezerano azafasha u Rwanda mu nzego zirimo kunoza imitangire ya serivisi z’imari, ubworozi n’izindi.

Ibi ni muri gahunda yiswe “Kigali Innovation City” yatangijwe kuri uyu wa Kane tariki 12 Gicurasi, mu gihe u Rwanda rwakira inama mpuzamahanga yiga ku bukungu, World Economic Forum on Africa.

Nyuma y’isinywa ry’aya masezerano y’ubufatanye, Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Amb. Gatete Claver, yavuze ko aya masezerano n’ibi bigo azafasha u Rwanda kugera ku cyerekezo 2020, aho nibura abasaga 90 bazaba bakoresha serivisi z’imari.

Yagize ati “Twagiranye amasezerano na Jersey, aba bo ni abantu dufatanya, ni ikirwa cyo mu Bwongereza n’ubundi twakoranaga. Uyu munsi icyo twasinyaga ni ubufatanye mu nzego za serivisi z’imari, itumanaho, ubworozi kuko buriya intanga nyinshi ziva muri Jersey.”

Yakomeje agira ati “Ericson bo barazana ikoranabuhanga kugira ngo Abanyarwanda babashe kwishyurana mu buryo buboroheye. Bagiye gutangira kubikora, mu gihembwe cya mbere cy’umwaka utaha bazaba barangije ku buryo tuzaba dufite ikoranabuhanga. Abandi nabo twasinyanye ni Master Card, bafite porogaramu zigezweho nk’izo usanga dukoresha ku kibuga cy’indege nk’iyo abantu bagiye kujya hanze, nibyo bagiye kudukorera hano.”

Minisitiri Gatete yavuze ko hari icyizere ko ibigo by’itumanaho nibimara guhuzwa kuri serivisi zo kohereza amafaranga, igiciro baca kizagabanuka ku buryo bugaragara.

Umuyobozi wa Master Card muri Afurika n’Uburasirazuba bwo hagati, Raghu Malhotra, yavuze ko bazafasha u Rwanda kugabanya umubare w’abagendana amafaranga icya rimwe, hifashishijwe gahunda zinyuranye.

Ubwo buryo burimo nko gufasha mu kwishyura amafaranga y’ishuri n’ubwisungane mu kwivuza, gufasha ikigo Rwanda Online kujya kibasha kwakira amafaranga asabwa kuri serivisi za leta, gushyiraho uburyo buhuriweho bwo kwishyurana amafaranga kuri konti za telefoni n’ibindi.

Umuyobozi uhagarariye uruganda rwa Ericson muri Afurika yo munsi y’ubutayu bwa Sahara, Fredrik Jedling, yavuze ko bizeye ko nibamara guhuza serivisi z’ibigo bitanga serivisi z’imari birimo n’iby’itumanaho, abohererezanya amafaranga baziyongera ku buryo igiciro byasabaga kizagabanuka.

-2800.jpg

-2799.jpg

-2798.jpg

Nyuma yo gusinyana amasezerano

Mu cyerekezo 2020, u Rwanda ruteganya ko bitarenze 2017, Abanyarwanda 70% bazaba bakoresha serivisi z’imari, mu 2020 bakazaba bagera kuri 90%. MasterCard izafatanya na guverinoma y’u Rwanda mu guhangana n’imbogamizi zikiri mu baturage bakennye n’abategereye ahatangirwa serivisi z’imari cyangwa ababifiteho ubumenyi budahagije.

2016-05-13
Editorial

IZINDI NKURU

Selemani Masiya uherutse gupfira muri Mozambike ni Umukongomani, si  Umunyarwanda nk’uko umunyabihuha Judi Rever abibeshya

Selemani Masiya uherutse gupfira muri Mozambike ni Umukongomani, si Umunyarwanda nk’uko umunyabihuha Judi Rever abibeshya

Editorial 12 Jul 2022
Burundi: Habonetse umurambo w’uwahoze ari Umuyobozi Mukuru muri Minisiteri y’umuco wari waburiwe irengero

Burundi: Habonetse umurambo w’uwahoze ari Umuyobozi Mukuru muri Minisiteri y’umuco wari waburiwe irengero

Editorial 04 Oct 2019
Tumenye Rwalinda Pierre-Céléstin, umwe mu bakirindagirira mu ngengabitekerezo ya Jenoside no mu myigaragambyo itagira epfo na ruguru!

Tumenye Rwalinda Pierre-Céléstin, umwe mu bakirindagirira mu ngengabitekerezo ya Jenoside no mu myigaragambyo itagira epfo na ruguru!

Editorial 19 May 2021
Nitutamagana abantu nka Charles Kambanda na Thomas Nahimana, ababacumbikiye ntibazakeka ko twese dutekereza macuri?

Nitutamagana abantu nka Charles Kambanda na Thomas Nahimana, ababacumbikiye ntibazakeka ko twese dutekereza macuri?

Editorial 13 Jun 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rulindo:Amashyaka 9 yashyigikiye abaturage ihindurwa ry’ingingo ya 101
Mu Rwanda

Rulindo:Amashyaka 9 yashyigikiye abaturage ihindurwa ry’ingingo ya 101

Editorial 21 Jul 2017
BRD ihawe inguzanyo ya miliyoni 5 z’Amadolari
Mu Rwanda

BRD ihawe inguzanyo ya miliyoni 5 z’Amadolari

Editorial 31 Aug 2018
Miroplast FC yananiwe kugera ku kibuga, Rayon Sports itahana amanota idakinnye
IMIKINO

Miroplast FC yananiwe kugera ku kibuga, Rayon Sports itahana amanota idakinnye

Editorial 28 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru