• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»…mba mpahira igihugu n’Abanyarwanda . Ababinenga n’ababivuga uko bidakwiye, batuma nshaka gukora ibibirenze- Perezida Kagame

…mba mpahira igihugu n’Abanyarwanda . Ababinenga n’ababivuga uko bidakwiye, batuma nshaka gukora ibibirenze- Perezida Kagame

Editorial 02 Mar 2016 POLITIKI

Perezida Kagame ubwo yari i Boston aganira n’Abanyarwanda batuye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yaboneyeho kuvuga ko abakomeza kwibaza ku ngendo ze bakwiye kumenya ko aba ari guhahira igihugu kandi ko gukomeza kubyibazaho bimutera umuhate wo gukora cyane.

Ati “ Hari ubwo njya mbona bamwe mu bagerageza guta igihe cyabo birirwa bakemanga cyangwa se bavugiriza induru aho mba nagiye hose, njye mba ndi ku kazi k’igihugu, akazi kanyu [Abanyarwanda], mba nagiye guhaha, mba mpahira igihugu n’Abanyarwanda. Ababinenga n’ababivuga uko bidakwiye, batuma nshaka gukora ibibirenze. Nibashaka nzajya mbanza mbibamenyeshe ko ngiye kugenda mbere y’igihe, bareke gusa n’aho batunguwe. Ndetse n’abashaka ko duhura yaba ku neza cyangwa ku nabi nabo tuzajya tubakira.”

-2307.jpg

Perezida Kagame muri USA

Mu butumwa yagejeje ku Banyarwanda bake bahari, yavuze ko aho bigeze ibihugu byinshi byakwifuza kuba nk’u Rwanda ‘kuko no mu Karere dutuyemo gasanzwe kazwiho ibibazo byinshi’, byavuye hamwe bikajya ahandi, ariko ngo ntabwo byigeze bibuza u Rwanda gutera imbere.

-2309.jpg

-2310.jpg

-2311.jpg

-2312.jpg

Inama Perezida Kagame yagiranye n’Abanyarwanda i Boston tarikiya 27 Gashyantare 2016

Yabibukije ko ikintu kimwe badashobora kubona mu bindi bihugu byose bajyamo aho yagize ati “Hari udashobora guhaha ahandi twifitemo dushaka guteza imbere. Ni umuco.Umuco wo gukunda igihugu, iyo ukunda igihugu uba wikunda rero uwo muco umaze kugaragara, umaze gufata umurongo ntabwo ari ikintu gihahwa gusa hanze. Ntabwo wajya hanze ngo ugiye guhaha umuco wo gukunda igihugu ahubwo ukomeza kubakwa n’abantu ku giti cyabo, n’Abanyarwanda muri rusange.”

Ubuze icyo anenga inka, aravuga ngo dore urwo rucebe

Umukuru w’Igihugu yaciriye aba Banyarwanda bari bitabiriye ibi biganiro umugani ugaragaza uburyo abantu babuze ibyo banenga u Rwanda, bagahengekera ku byiza rusanganywe babyita ibibi.

-2313.jpg

Perezida Kagame n’Abana i Boston

Ati “ Ibyiza u Rwanda rufite bidasanzwe nibyo barunegura. Ubumwe […], ubumwe bwabaye bubi hehe ahubwo ko abantu babubuze ari nacyo kinabatera ibibazo.”

Ibi biganiro n’Abanyarwanda byabaye nyuma y’izindi nama zitandukanye Umukuru w’Igihugu yitabiriye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ndetse n’ibiganiro yagiye atanga nko muri Havard University n’ahandi.

Umwanditsi wacu

2016-03-02
Editorial

IZINDI NKURU

“Nta ngabo z’u Rwanda ziri Maputo” Brig Gen Rwivanga

“Nta ngabo z’u Rwanda ziri Maputo” Brig Gen Rwivanga

Editorial 04 Nov 2024
Umukandida u Rwanda rwifuzaga, yongeye gutorerwa kuyobora Banki y’Isi

Umukandida u Rwanda rwifuzaga, yongeye gutorerwa kuyobora Banki y’Isi

Editorial 28 Sep 2016
Burundi: Bane bakekwaho uruhare mu rupfu rwa Perezida Ndadaye batawe muri yombi

Burundi: Bane bakekwaho uruhare mu rupfu rwa Perezida Ndadaye batawe muri yombi

Editorial 26 Nov 2018
Kigali: Perezida W’u Bushinwa, Xi Jinping N’umufasha We Bakiriwe Muri Village Urugwiro

Kigali: Perezida W’u Bushinwa, Xi Jinping N’umufasha We Bakiriwe Muri Village Urugwiro

Editorial 23 Jul 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Jambo asbl yigize umuvugizi wa Leta y’Ububiligi kuva ryari?
Amakuru

Jambo asbl yigize umuvugizi wa Leta y’Ububiligi kuva ryari?

Editorial 21 Dec 2023
Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri
Amakuru

Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri

Administrator 01 Dec 2025
Rayon Sports irabona umutoza mukuru bitarenze iki cyumweru – Perezida Uwayezu Jean Fidèle
Amakuru

Rayon Sports irabona umutoza mukuru bitarenze iki cyumweru – Perezida Uwayezu Jean Fidèle

Editorial 16 Jan 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru