• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU» Menya umwirondoro wa Claude Gatebuke, umutekamutwe ushakisha amaronko mu guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi

 Menya umwirondoro wa Claude Gatebuke, umutekamutwe ushakisha amaronko mu guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi

Editorial 24 Apr 2020 INKURU NYAMUKURU, Uncategorized

Nyuma yuko Guverinoma y’Abatabazi yashyize mu bikorwa umugambi wa Jenoside yakorewe Abatutsi itsinzwe ku mugararagaro igahungira mu bihugu duturanye, bari bizeyeko bazagura nyuma y’igihe gito kuko kuribo FPR Inkotanyi bitaga Inyenzi ntiyagombaga gutegeka igihugu amezi atatu. Bishe Miliyoni irenga y’Abatutsi, bambukana miliyoni zisaga eshatu hanze y’igihugu, basahura banki zose,batwara umutungo wose w’igihugu nuko barambuka  ngo FPR ntizategeka amabuye.

Mukugera hanze y’igihugu, icyo babanje gukora ni uguhakana icyaha cya Jenoside bari bamaze gukora, bakabishyira kuri FPR byose. Nibwo bamwe babashije kugera mu bihugu byo hanze biyita abarokotse Jenoside mu mpamvu zitandukanye, harimo gukomeza gahunda yo guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi, gushinjura ababyeyi babo, ndetse no gukomeza umurage w’ingengabitekerezo ya Jenoside barazwe n’ababyeyi babo.

Bamwe muri bo turavuga uyu munsi Claude Gatebuke na mushiki we Alice Gatebuke. Nubwo bahakana Jenoside yakorewe Abatutsi ntibateze guhakana ko ari abana ba Gatsinzi Gatebuke, umuhutu wo ku Gisenyi muri Kayove, intagondwa iri muri bamwe baririmbaga ko u Rwanda n’ibirimo byose ni iby’abahutu. Abazi neza Gatsinzi Gatebuke ubyara Claude na Alice Gatebuke, cyangwa se abakoranye nawe mu kigo cya leta cyari gishinzwe kuringaniza imbyaro kizwi nka ONAPO, bahamya ubutagondwa bwe bwo kutihanganira ko Abatutsi nabo ari abanti nk’abandi. Nta nubwo abakozi bagenzi be b’Abatutsi bashoboraga kwicarana nawe aho bafatiraga amafunguro mukazi.

Nyuma rero abana be nibo bagiye bazenguruka mu mashuri hirya no hino muri Amerika bakavuga ko barokotse Jenoside. Kubera ikimwaro n’ipfunwe ntibanavuga Jenoside barokotse, bavuga Jenoside yo mu kirere, bigaherekezwa n’ubuhamya butagira aho bushingiye bakuye mu kirere.

Iyo Gatebuke Claude yagiye guteka imitwe ngo aratanga ubuhamya, avuga ko bavuye I Kigali mu modoka bakajya I Gisenyi (iwabo ku ivuko), aho Jenoside yakozwe mu gihe kitarenze iminsi itanu noneho mu nzira ngo bakamubwira ngo niyicukurire. Nuko agera ku Gisenyi. Abazi u Rwanda mu gihe cya Jenoside, bazi neza ko hagati ya Mata na Nyakanga, nta metero 500 zashobokaga kuboneka nta bariyeri n’imwe y’interahamwe ihari, ubwo rero Gatebuke uko yidegembyaga mu modoka kuva Kigali kugera Gisenyi nuko atari mubo Interahamwe zashakaga. Ikindi Gatebuke avugako Kigali mu gihe cya Jenoside, byari byoroshye kubona Grenade kurusha icupa rya Fanta, ko byari nka Mogadishio, umurwa mukuru wa Somalia muri 1993.

Ibi Gatebuke abivuga kugirango yigarurire imitima y’abazungu b’abanyamerika bacyibuka amateka mabi muri Somalia kubera ingabo zabo zahaguye mu mwaka wa 1993. Abatutsi mu gihe cya Jenoside birwanyeho bakoresha amabuye, bagatinza ababisha kubica amasaha make, iyo bishoboka kugura Grenade ntabwo Interahamwe ziba zarabarundarundiye mu Kiliziya no mu mashuri ngo zihabicire. Ibi Gatebuke aba ashaka kugaragaza ko byari intambara hagati y’amako ubundi ibisigaye byose akabigereka kuri FPR Inkotanyi yahagaritse Jenoside nk’abandi bahutu b’intagondwa bose.

Ntabwo Claude Gatebuke umugambi we akura ku murage w’ingengabitekerezo ya Jenoside yarazwe na Se urangirira mu gutanga ubuhamya bugoramye gusa, yanashinze ishyirahamwe ryitwa  AGLAN ( African Great Lakes Action Network) yise ko rigamije guharanira uburenganzira bwa muntu nyamara rigamije guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse. Gutagatifuza Interahamwe no gusiga icyasha FPR Inkotanyi.

Gatebuke yemeza ko u Rwanda rwari Paradizo mbere ya 1990, yirengagije ko hari politiki yahezaga binyuze mubyitwaga iringaniza n’ikandamiza. Ariko kuba Gatebuke yaravukiye mu Bushiru, umurwa mukuru wa MRND, kuri we yumva ko byose byari Paradizo, igihugu ari icyabo, igisirikari ari icyabo, imyanya yose y’ubuyobozi ari iyabo.

Ubu Gatebuke yirirwa agendana na Judi Rever, wahariye ubuzima bwe guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse yiyegereza abana b’interahamwe bahuriye muri Jambo asbl akaba kandi akorana byahafi nundi witwa Denise Zaneza nawe uhakana Jenoside yakorewe Abatutsi.

Inyandiko za Gatebuke ku mbuga nkoranyambaga, ndetse nabo bagenda bose bigaragaza imitekerereze ye ishingiye ku guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi no gutagatifuza Interahamwe na Ex FAR bateguye umugambi wa Jenoside. Nicyo agamije ntakindi.

 

2020-04-24
Editorial

IZINDI NKURU

Museveni yasubitse urugendo rwe mu Rwanda aho yari ategerejwe mu nama yo gushyiraho  isoko rusange muri Afurika

Museveni yasubitse urugendo rwe mu Rwanda aho yari ategerejwe mu nama yo gushyiraho isoko rusange muri Afurika

Editorial 19 Mar 2018
Amashirakinyoma ku kaga kagwiriye ingabo zitwaga iza Kayumba Nyamwasa

Amashirakinyoma ku kaga kagwiriye ingabo zitwaga iza Kayumba Nyamwasa

Editorial 28 Jun 2019
Niba abimukira bishimiye uko babayeho mu Rwanda, kuki hari Abanyarwanda bahisemo guhera ishyanga?

Niba abimukira bishimiye uko babayeho mu Rwanda, kuki hari Abanyarwanda bahisemo guhera ishyanga?

Editorial 21 Mar 2023
Nyuma ya Bomboli-Bomboli muri RNC : Museveni yashyizeho ushinzwe guhuza impande zitavuga rumwe, Kayumba n’agatsiko kamwigometseho

Nyuma ya Bomboli-Bomboli muri RNC : Museveni yashyizeho ushinzwe guhuza impande zitavuga rumwe, Kayumba n’agatsiko kamwigometseho

Editorial 17 Oct 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ikipe y’igihugu y’u Rwanda yerekeje muri Senegal aho igiye kwitabira shampiyona ya Afurika ya Taekwondo.
Amakuru

Ikipe y’igihugu y’u Rwanda yerekeje muri Senegal aho igiye kwitabira shampiyona ya Afurika ya Taekwondo.

Editorial 01 Jun 2021
Ubufatanye bw’u Rwanda n’u Butaliyani mu bya gisirikare buhagaze neza
Mu Rwanda

Ubufatanye bw’u Rwanda n’u Butaliyani mu bya gisirikare buhagaze neza

Editorial 25 Jul 2017
Gicumbi FC, Amagaju FC, Etoile de l’Est na Heroes FC yatangiye yitwara neza mu mikino ibanza ya ¼ cy’irangiza y’icyiciro cya kabiri mu bagabo
Amakuru

Gicumbi FC, Amagaju FC, Etoile de l’Est na Heroes FC yatangiye yitwara neza mu mikino ibanza ya ¼ cy’irangiza y’icyiciro cya kabiri mu bagabo

Editorial 03 Oct 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru