• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Mike Karangwa akomeje kwagura umurimo wo kwigisha abantu ijambo ry’Imana, Ese ni iki kibyihishe inyuma?

Mike Karangwa akomeje kwagura umurimo wo kwigisha abantu ijambo ry’Imana, Ese ni iki kibyihishe inyuma?

Editorial 09 May 2017 HIRYA NO HINO

Umunyamakuru wigeze no kuba umuhanzi Mike Karangwa yamenyekanye cyane mu biganiro binyuranye nka Salus Relax, Sunday Night, Ten To Night n’ibindi by’imyidagaduro yagiye akora, muri iyi minsi akomeje kwagura umurimo wo kwigisha abantu ijambo ry’Imana umunsi ku wundi.

Mike Karangwa usa n’uwabaye ahagaritse iby’itangazamakuru, kuri ubu akomeje kwandika amagambo anyuranye ku mbuga nkoranyambaga yuzuyemo ijambo ry’Imana, gukomeza abantu ndetse no kubahumuriza. Kuri iyi nshuro bisa n’ibyahinduye isura dore ko Mike Karangwa noneho abinyujije kuri Soundcloud yatangiye gushyiraho ibiganiro bikubiyemo ijambo ry’Imana aho wumva asoma ijambo ry’Imana akanarisobanurira abamukurikira.

Ikiganiro cya mbere Mike Karangwa yashyize kuri SoundCloud cyari kigizwe n’inkuru igira iti”Witinya, Ntugire ubwoba ukomeze kwizera Imana yawe.” Iki kiganiro yasobanuyemo iby’inkuru ya Yona iri mu gitabo cya Yona igice cya mbere muri Bibiliya. Tukimara kumva iki kiganiro twifuje kumenya ikihishe inyuma y’uku kwamamaza ijambo ry’Imana kwa Mike Karangwa maze turamuganiriza tugirana ikiganiro kigufi.

Muri iki kiganiro n’ Inyarwanda.com dukesha iyi nkuru Mike yakomeje kugaruka ku kuba ntakidasanzwe akora cyane ko agerageza gusangiza abantu ijambo ry’Imana ryanabafasha, ibi Mike Karangwa abivuga anongeraho ko nta yindi nyungu cyangwa ikindi aba agamije usibye gusangiza ijambo ry’Imana inshuti n’abavandimwe bamukurikira ku mbuga ze nkoranyambaga.

Mike Karangwa yagarutse no ku cyamuteye gutangira gahunda yo gusangiza abantu ijambo ry’Imana aho yagize ati “Ikibazo bamwe mu rubyiruko dufite nuko dusa naho tutakibona umwanya uhagije wo kwiga ijambo ry’Imana kandi nyamara ryadufasha byinshi. Uwabishobora wese rero yatanga ubutumwa bwafasha abantu cyane cyane akoresheje imbuga nkoranyambaga kuko ariho abenshi mu rubyiruko bahurira cyane.”

-6502.jpg

Mike Karangwa

Mike Karangwa avuga ko nta gahunda yo kuba yashinga itorero cyangwa ngo abe umuvugabutumwa wo mu rusengero afite. Akomeza avuga ko icyo aba agamije ari ugufasha inshuti ze kwakira neza inkuru nziza zivuga ku ijambo ry’Imana. Mike Karangwa kandi wanatangarije Inyarwanda ko asanzwe ari umukirisitu wo muri kiliziya gatolika ahamya ko idini no gukizwa ntaho bihuriye.

Asoza ikiganiro kigufi twagiranye Mike Karangwa yatangaje ko ntakidasanzwe aba yakoze, ahubwo ko ibyo akora ari inshingano za buri wese mu gusangiza inshuti ze ibibafitiye akamaro harimo n’ijambo ry’Imana we akaba akomeje gukwirakwiza ubutumwa bwiza mu buryo bwaguka umunsi ku wundi.

2017-05-09
Editorial

IZINDI NKURU

Amerika yagabye igitero gishya mu ntambara y’ ubukungu irwana n’ Ubushinwa

Amerika yagabye igitero gishya mu ntambara y’ ubukungu irwana n’ Ubushinwa

Editorial 19 Sep 2018
Muhumure nta Ebola iri mu Rwanda: Ministiri Diane Gashumba

Muhumure nta Ebola iri mu Rwanda: Ministiri Diane Gashumba

Editorial 19 Jul 2019
Ikanzu ya Meghan yaguzwe miliyoni zirenga 230! Indabo zo mu Rwanda ku gatimba ke…

Ikanzu ya Meghan yaguzwe miliyoni zirenga 230! Indabo zo mu Rwanda ku gatimba ke…

Editorial 20 May 2018
USA: Umunyarwanda yasanzwe muri hotel yapfuye

USA: Umunyarwanda yasanzwe muri hotel yapfuye

Editorial 22 Jun 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Minisitiri Ndagijimana yatangaje icyadindije intego yari yihawe ko mu 2020 umunyarwanda azaba yinjiza $1240
UBUKUNGU

Minisitiri Ndagijimana yatangaje icyadindije intego yari yihawe ko mu 2020 umunyarwanda azaba yinjiza $1240

Editorial 27 Nov 2019
Ikipe y’igihugu y’umukino w’intoki wa Basketball yerekeje muri Senegal mu mikino yo gushaka itike y’igikombe cy’Isi 2023, basabwe na Minisitiri Aurore guhesha ishema igihugu
Amakuru

Ikipe y’igihugu y’umukino w’intoki wa Basketball yerekeje muri Senegal mu mikino yo gushaka itike y’igikombe cy’Isi 2023, basabwe na Minisitiri Aurore guhesha ishema igihugu

Editorial 19 Feb 2022
Nene wari warirukanywe na Zuma yasubijwe muri guverinoma, Nkosazana nawe ahabwa umwanya
POLITIKI

Nene wari warirukanywe na Zuma yasubijwe muri guverinoma, Nkosazana nawe ahabwa umwanya

Editorial 27 Feb 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru