• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»Miliyoni 220 Frw nizo zigenewe imitwe ya Politike mu kwitegura Amatora y’Abadepite.

Miliyoni 220 Frw nizo zigenewe imitwe ya Politike mu kwitegura Amatora y’Abadepite.

Editorial 21 Aug 2017 POLITIKI

Ihuriro ry’imitwe ya politiki mu Rwanda (NFPO), ryatangaje ko ryiteguye guha ubufasha bw’amafaranga agera kuri miliyoni 20 RWF buri mutwe wa politiki uribarizwamo, kugira ngo ibashe kwitegura amatora y’abadepite ateganyijwe umwaka utaha.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’iri huriro, Oswald Burasanzwe, yabwiye The New Times ko nubwo iri huriro rigizwe n’imitwe ya politiki 11 rikura amafaranga mu ngengo y’imari ya Leta no mu bafatanyabikorwa, ryiteguye gutera inkunga ya miliyoni 20 ibikorwa bya buri mutwe wa politiki uzabisaba.

Ati “Ingano y’amafaranga dukura mu isanduku ya Leta no mu bafatanyabikorwa igenda ihindagurika, gusa twemeje ko buri mutwe ushobora kuzabona miliyoni 20 z’amafaranga y’u Rwanda yo kuwufasha.”

Yakomeje avuga ko imitwe ya politiki yose yemerewe ariya mafaranga kandi bayatanga bagendeye ku wayasabye, gusa ngo icy’ingenzi ni uko azakoreshwa muri uyu mwaka w’ingengo y’imari.

Perezida w’ishyaka riharanira demokarasi no kurengera ibidukikije, Dr. Habineza Frank, yavuze ko iyi nkunga ari nziza ariko idahagije ugendeye kuri gahunda y’ibikorwa buri mutwe wa politiki uba uteganya gukora.

Yagize ati “Ni iby’agaciro kuba twaratewe inkunga mbere, baherutse kuduha miliyoni 12 z’amafaranga y’u Rwanda twakoresheje mu bikorwa byacu, ni byiza kumva ko aya mafaranga yongerewe.”

Habineza wiyamamarije kuyobora u Rwanda mu matora yo kuwa 3 no ku wa 4 Kanama 2017 akabona amajwi 0.48, aherutse gutangaza ko ishyaka rye ryiteguye guhatana no mu matora y’abadepite azaba muri Kanama 2018.

-7682.jpg

Amafaranga atangwa n’ihuriro ry’imitwe ya politiki aba agamije kongerera ubushobozi imitwe ya politiki binyuze mu mahugurwa ategurwa n’iri huriro cyangwa indi miryango irimo n’imitwe ya politiki ubwayo.

Mu matora ya Perezida wa Repubulika aheruka, ihuriro ry’imitwe ya politiki ryohereje indorerezi 100 zirimo ebyiri ziturutse muri buri mutwe wa politiki.

2017-08-21
Editorial

IZINDI NKURU

Inda ninini isumbye indagu, umuhanzi Jean Paul Samputu, nawe abaye ikigarasha gikoreshwa nUbutegetsi bwa Uganda ngo kigambanire gakondo!!!

Inda ninini isumbye indagu, umuhanzi Jean Paul Samputu, nawe abaye ikigarasha gikoreshwa nUbutegetsi bwa Uganda ngo kigambanire gakondo!!!

Editorial 09 Apr 2021
Judith Suminwa Tuluka, umugore wa mbere ugizwe Minisitiri w’intebe mu mateka ya Kongo-Kinshasa.

Judith Suminwa Tuluka, umugore wa mbere ugizwe Minisitiri w’intebe mu mateka ya Kongo-Kinshasa.

Editorial 01 Apr 2024
Abatavuga rumwe na Leta y’Uburundi bamaze kugera Arusha mu biganiro ariko Leta y’Uburundi ntirahagera

Abatavuga rumwe na Leta y’Uburundi bamaze kugera Arusha mu biganiro ariko Leta y’Uburundi ntirahagera

Editorial 25 Oct 2018
Museveni akomeje kubeshya ku mvano y’ikibazo hagati y’u Rwanda na Uganda

Museveni akomeje kubeshya ku mvano y’ikibazo hagati y’u Rwanda na Uganda

Editorial 24 Feb 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amahitamo y’u Rwanda aza imbere y’amabwiriza aturuka ahandi – Perezida Kagame
UBUKUNGU

Amahitamo y’u Rwanda aza imbere y’amabwiriza aturuka ahandi – Perezida Kagame

Editorial 25 Feb 2019
Amakipe azaserukira igihugu mu mikino yose yakuriwe inzira ku murima
IMIKINO

Amakipe azaserukira igihugu mu mikino yose yakuriwe inzira ku murima

Editorial 09 Feb 2018
Tombola y’igikombe cy’Isi 2022 yagaragaje ko Portugal iri mu itsinda rimwe na Ghana na Uruguay ndetse na South Korea – Uko tombola yose yagenze
Amakuru

Tombola y’igikombe cy’Isi 2022 yagaragaje ko Portugal iri mu itsinda rimwe na Ghana na Uruguay ndetse na South Korea – Uko tombola yose yagenze

Editorial 04 Apr 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru