• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»UBUKUNGU»MINICOM iraburira Abacuruzi bazamura ibiciro by’ibicuruzwa, bitwaje icyorezo cya Coronavirus

MINICOM iraburira Abacuruzi bazamura ibiciro by’ibicuruzwa, bitwaje icyorezo cya Coronavirus

Editorial 17 Mar 2020 UBUKUNGU

Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM), yasohoye itangazo kuwa mbere tariki 16 Werurwe 2020, riburira abacuruzi batangiye kuzamura ibiciro by’ibicuruzwa cyane cyane ibyo kurya, bitwaje icyorezo cya Coronavirus, ko abazabifatirwamo bazahanwa hakurikijwe itegeko.

Iyo Minisiteri ivuga ibi ishingiye ku itegeko nomero 36/2012 ryo ku wa 21 Nzeri 2012 rigenga ihiganwa mu bucuruzi no kurengera abaguzi.

Inashingira kandi ku igenzura ryakorewe kuri bimwe mu bicuruzwa mu masoko atandukanye yo hirya no hino mu gihugu, rikaba ryarasanze hari ibicuruzwa byazamuriwe ibiciro bitewe n’uko bamwe mu bacuruzi bihisha inyuma y’ibihe bigoye igihugu kirimo bitewe n’icyorezo cya Coronavirus.

Kubera iyo mpamvu, MINICOM irasaba abacuruzi bose ibi bikurikira:

  1. Kwirinda kuzamura ibiciro by’ibicuruzwa, byaba iby’imbere mu gihugu cyangwa ibituruka hanze yacyo.
  2. Kumanika ibiciro ku buryo bigaragarira abaguzi.
  3. Kwirinda gutanga inyemezabuguzi zidahwanye n’amafaranga bakiriye.
  4. Kwirinda gukoresha ibipimo bitujuje ubuziranenge no gucuruza ibyarengeje igihe.
  5. Kwirinda kubangamira abagenzuzi b’ubucuruzi mu gihe baje babagana.

Iyo Minisiteri yaboneyeho kugaragaza ibiciro bya bimwe mu biribwa, ababicuruza batagomba kurenza haba mu masoko no mu mabutike.

Ibyo bicuruzwa ni:

Umuceri wa Tanzaniya (25Kg), igiciro cyo kurangura ntikigomba kurenga amafaranga ibihumbi 25.500 y’u Rwanda, naho ku badandaza igiciro ntikirenge 1,200Frw ku kilo, mu gihe umuceri w’umunyarwanda (Kigori 25Kg), utarenza 18,500Frw ku barangura na 800Frw ku kilo ku badandaza.

Umuceri w’umunyarwanda (muremure 25Kg), ntugomba kurenza 19,700Frw kurangura na 850Frw ku kilo ku badandaza, naho umuceri wa Pakistan (25Kg) urangurwa ku 21,000Frw ukadandazwa ku giciro kitarenze 900Frw ku kilo, mu gihe uwa Tayilande utagomba kurenza 26.500Frw ku barangura na 1,200Frw ku kilo ku badandaza.

Ibishyimbo by’umutuku ku barangura ntibigomba kurenza 600Frw ku kilo, naho kudandaza ntibirenze 650Frw ku kilo, mu gihe ibya Colta bigomba kurangurwa atarenze 850Frw ku kilo na 1,000Frw ku kilo ku badandaza.

Kawunga (MINIMEX na Iraboneye 25Kg), ntizigomba kurenza 17,000Frw kurangura na 800Frw ku kilo ku badandaza, naho izindi kawunga zikarangurwa ku 15,000Frw zikadandazwa kuri 620Frw ku kilo.

Ibirayi bya Kinigi ku barangura ntibigomba kurenza 380Frw ku kilo, naho abadandaza ntibagomba kurenza 420Frw ku kilo, mu gihe ibirayi by’umweru birangurwa ku yatarenga 280Frw bigacuruzwa ku yatarenze 300Frw ku kilo.

Amavuta yo kurya (5L) arangurwa ku yatarenga 9,000Frw akadandazwa ku 2,200Frw kuri litiro, naho igitoki kikarangurwa atarenze 280Frw ku kilo kigacuruzwa kuri 300Frw ku kilo.

Ifu y’imyumbati ku badandaza, ikilo kimwe kigomba kugura hagati ya 400 na 800, naho ifu ya Kinazi (40Kg) kurangura ntigomba kurenza 23,000Frw, ikagurishwa atarenga 900Frw ku kilo ku badandaza.

Isukari iva hanze (50Kg) ntigomba kurenza 39,500Frw ku barangura na 900Frw ku badandaza mu gihe iya Kabuye (50Kg) itagomba kurenza ibihumbi 42,000Frw ku barangura na 1,000Frw ku kilo ku badandaza.

MINICOM irasaba abaguzi gutanga amakuru mu gihe babona izamuka rikabije ry’ibiciro aho ari ho hose kugira ngo hafatwe ingamba byihuse, bahamagara ku murongo utishyurwa 3739, bakaba banawuherwaho n’andi makuru bifuza.

Iyo Minisiteri kandi ivuga ko abacuruzi batazubahiriza ibikubiye muri iryo tangazo bazahanwa hakurikijwe amategeko.

2020-03-17
Editorial

IZINDI NKURU

Umuryango w’Abibumbye ugiye gukoresha miliyoni $630 mu iterambere ry’u Rwanda kugeza mu 2023

Umuryango w’Abibumbye ugiye gukoresha miliyoni $630 mu iterambere ry’u Rwanda kugeza mu 2023

Editorial 01 Aug 2018
Banki ya Kigali yabaye iya mbere mu Rwanda yageze ku rutonde rwa 100 zikomeye muri Afurika

Banki ya Kigali yabaye iya mbere mu Rwanda yageze ku rutonde rwa 100 zikomeye muri Afurika

Editorial 08 Nov 2019
Perezida wa banki y’ Isi  yasesekaye mu Rwanda [ YAVUGURUWE ]

Perezida wa banki y’ Isi yasesekaye mu Rwanda [ YAVUGURUWE ]

Editorial 18 Mar 2017
BPR Atlas Mara yafunguye Ishami ry’Icyicaro gikuru i Kigali ryihariye kuri serivisi z’ikoranabuhanga

BPR Atlas Mara yafunguye Ishami ry’Icyicaro gikuru i Kigali ryihariye kuri serivisi z’ikoranabuhanga

Editorial 06 Mar 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ubusambo,Ubugome, ubutindi amaco y’inda mu gushaka indonke bakoresheje umurwayi Barafinda Sekikubo Fred
INKURU NYAMUKURU

Ubusambo,Ubugome, ubutindi amaco y’inda mu gushaka indonke bakoresheje umurwayi Barafinda Sekikubo Fred

Editorial 23 Jul 2020
Menya uburyo Protais Zigiranyirazo yishe Diana Fossey waruzwi nka Nyiramacibiri, MRND ikabeshyera umunyamerika bakoranaga ariwe Wayne Richard McGuire
Amakuru

Menya uburyo Protais Zigiranyirazo yishe Diana Fossey waruzwi nka Nyiramacibiri, MRND ikabeshyera umunyamerika bakoranaga ariwe Wayne Richard McGuire

Editorial 14 Mar 2022
Félix Tshisekedi ngo yanga Perezida Kagame ariko agakunda Abanyarwanda. Ese yaba azi igihango bafitanye na Perezida bitorera hafi 100%?
Amakuru

Félix Tshisekedi ngo yanga Perezida Kagame ariko agakunda Abanyarwanda. Ese yaba azi igihango bafitanye na Perezida bitorera hafi 100%?

Editorial 06 Jan 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru