• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Shema Ngoga Fabrice uyobora FERWAFA, yashyizwe mu kanama ka FIFA gashinzwe kurwanya irondaruhu n’ivangura   |   08 Oct 2025

  • Nyuma y’imyaka 8 akinira APR WVC, Dusabe Flavia yerekeje muri Police Women Volleyball Club   |   05 Oct 2025

  • Imanishimwe Emmanuel “Mangwende” ukinira AEL Limasol muri Cyprus yongewe mu bakinnyi b’Amavubi bitegura Benin na SouthAfrica   |   04 Oct 2025

  • Police FC yatsinze Rayon Sports mu mukino w’ikirarane, Gikundiro yuzuza imikino 3 idatsinda   |   02 Oct 2025

  • REG BBC na Tigers BBC zageze ku mukino wa nyuma wa Rwanda Cup zisezereye APR BBC na Kepler BBC   |   02 Oct 2025

  • FERWAFA yatangaje urutonde rw’abaninnyi b’Amavubi bitegura gukina na Benin na Afurika y’Epfo hashakwa itike y’igikombe cy’Isi 2026   |   01 Oct 2025

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Minisitiri Gatete yemeje ko mu mezi abiri muri Kigali hazaba hari amazi ahagije

Minisitiri Gatete yemeje ko mu mezi abiri muri Kigali hazaba hari amazi ahagije

Editorial 25 Apr 2018 UBUKUNGU

Minisitiri w’Ibikorwaremezo, Ambasaderi Gatete Claver, yatangaje ko bitarenze ukwezi kwa Gatandatu uyu mwaka, ibice byinshi by’Umujyi wa Kigali bizaba bifite amazi ahagije.

Yabigarutseho kuri uyu wa 24 Mata 2018 ubwo yagezaga ku Nteko Ishinga Amategeko, Umutwe w’Abadepite isobanurampamvu ku ishingiro ry’ Umushinga w’itegeko ryemera kwemeza burundu amasezerano y’inguzanyo yashyiriweho umukono i Kigali mu Rwanda ku wa 12 Werurwe 2018, hagati ya Repubulika y’u Rwanda n’Ikigega cya OPEC Gitsura Amajyambere Mpuzamahanga (OFID), yerekeranye n’inguzanyo ingana na miliyoni makumyabiri z’amadolari y’Abanyamerika agenewe gahunda irambye y’u Rwanda yo gukwirakwiza amazi n’ibikorwa by’isukura.

Abadepite bagaragaje ko mu gihugu hakigaragara ibibazo by’ibura ry’amazi kandi hari imishinga myinshi yashyizwemo akayabo.

Depite Nyirarukundo Ignatienne yabajije igihe Umujyi wa Kigali uzaba ufite amazi, ku buryo umuntu azajya ayakenerera agahita ayabona.

Yagize ati “Umujyi wa Kigali abantu tuhatuye imyaka, tuzabona amazi ryari? Ngo abantu bamenye ko winjiye mu nzu uri bukarabe intoki, uri buteke uri bukore ibintu byose. No mu mahoteli abantu bararamo usanga abashyitsi bakijujuta ngo ikibazo kiba iwanyu nta mazi, mu igenamigambi ry’igihe kirekire Umujyi wa Kigali uzabona amazi ryari?”

Depite Kantengwa Juliana we yavuze ko bitumvikana uburyo igihugu gifata inguzanyo cyangwa kigahabwa inkunga, yashorwa mu mishinga y’amazi ntibigire icyo bimarira abaturage.

Yavuze uburyo hari imishinga myinshi itahwa, abaturage bakishimira ko amazi bayabonye hashira igihe gito ntibongere kuyabona ukundi.

Yatanze urugero rw’i Kiziguro mu Karere ka Gatsibo, aho Umukuru w’Igihugu yagiye gufungura umushinga w’amazi, yahava abaturage ntibongere kubona n’igitonyanga.

Yagize ati “Mu mazi harimo ikibazo bakwiye kubikurikirana, bakwiye gushyiramo imbaraga. Turabara ngo intego twayigezeho ariko wasubira inyuma abaturage bakakubwira ko biheruka igihe bafunguraga umushinga.”

Minisitiri Gatete yavuze ko hari umushinga munini ureba amazi, isuku n’isukura, aho biteze ko uzakemura ibibazo bitandukanye hirya no hino mu gihugu.

Mu Mujyi wa Kigali by’umwihariko, yavuze ko mu mezi abiri abice byinshi birimo n’ibitajyaga bibona amazi bitangira kuyabona. Gusa yavuze ko bitavuze ko ikibazo kizaba gikemutse burundu, aho ngo hakiri ibikorwa bigamije kuyongera.

Yagize ati “Ukwezi kwa Gatandatu kurarangira ahantu henshi cyane hamaze kugera amazi. Haba za Kicukiro, za Nyamirambo n’ahandi aho ngaho murabona menshi cyane cyane ko bakoraga kuri Kanzenze yiyongera kuri Nzove arafasha ibice byinshi by’Umujyi wa Kigali.”

Yunzemo ati “Bitavuze ko amazi yose ahagije muri Kigali hose, muraza kubona ko habaho impinduka. Ku buryo n’abayabonaga igihe gito bagiye kuzajya bayabona ikirekire kubera akazi kakorwaga n’ishoramari ryashyirwagamo.”

Uyu muyobozi yashimangiye ko akazi kakozwe kandi kagikomeza kibanda cyane mu gushyiraho ibikorwaremezo muri uru rwego ku buryo bizagira uburambe bw’igihe kirekire.

Ku bijyanye n’imicungire y’imishinga, aho wasangaga amazi ahabwa abaturage mu gihe gito ntibongere kuyabona, yavuze ko hashyizweho uburyo burambye bwo kugenzura iyo mishinga.

U Rwanda rufite umushinga urebana n’amazi, isuku n’isukura uzatwara miliyoni 262 z’amadolari ya Amerika, aho amazi yonyine yihariye miliyoni $166.

Ambasaderi Gatete yavuze ko amazi atari ahagije ari na yo mpamvu bafashe amafaranga menshi ngo bakore ishoramari mu mazi kugira ngo yunganire ibyari bisanzwe bihari.

2018-04-25
Editorial

IZINDI NKURU

Impamvu BNR yasheshe Ikigo cy’Imari ‘CAF Isonga Ltd’

Impamvu BNR yasheshe Ikigo cy’Imari ‘CAF Isonga Ltd’

Editorial 07 Sep 2019
Guverineri Rwangombwa yagaragaje igihombo u Rwanda rugira mu guhererekanya amafaraga mu ntoki

Guverineri Rwangombwa yagaragaje igihombo u Rwanda rugira mu guhererekanya amafaraga mu ntoki

Editorial 10 Nov 2017
U Buyapani bwahaye u Rwanda inguzanyo ya miliyoni 90 $ yo kurwanya igwingira mu bana

U Buyapani bwahaye u Rwanda inguzanyo ya miliyoni 90 $ yo kurwanya igwingira mu bana

Editorial 16 Aug 2019
Raporo y’Umuvunyi yagaragaje miliyari za Leta zakoreshejwe nabi n’izarigishijwe mu 2017/2018

Raporo y’Umuvunyi yagaragaje miliyari za Leta zakoreshejwe nabi n’izarigishijwe mu 2017/2018

Editorial 31 Dec 2018
Impamvu BNR yasheshe Ikigo cy’Imari ‘CAF Isonga Ltd’

Impamvu BNR yasheshe Ikigo cy’Imari ‘CAF Isonga Ltd’

Editorial 07 Sep 2019
Guverineri Rwangombwa yagaragaje igihombo u Rwanda rugira mu guhererekanya amafaraga mu ntoki

Guverineri Rwangombwa yagaragaje igihombo u Rwanda rugira mu guhererekanya amafaraga mu ntoki

Editorial 10 Nov 2017
U Buyapani bwahaye u Rwanda inguzanyo ya miliyoni 90 $ yo kurwanya igwingira mu bana

U Buyapani bwahaye u Rwanda inguzanyo ya miliyoni 90 $ yo kurwanya igwingira mu bana

Editorial 16 Aug 2019
Raporo y’Umuvunyi yagaragaje miliyari za Leta zakoreshejwe nabi n’izarigishijwe mu 2017/2018

Raporo y’Umuvunyi yagaragaje miliyari za Leta zakoreshejwe nabi n’izarigishijwe mu 2017/2018

Editorial 31 Dec 2018
Impamvu BNR yasheshe Ikigo cy’Imari ‘CAF Isonga Ltd’

Impamvu BNR yasheshe Ikigo cy’Imari ‘CAF Isonga Ltd’

Editorial 07 Sep 2019
Guverineri Rwangombwa yagaragaje igihombo u Rwanda rugira mu guhererekanya amafaraga mu ntoki

Guverineri Rwangombwa yagaragaje igihombo u Rwanda rugira mu guhererekanya amafaraga mu ntoki

Editorial 10 Nov 2017
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ibinyamakuru byo muri Uganda bikorera mu kwaha kwa CMI bikomeje guhindanya isura y’u Rwanda ku bwicanyi bwabereye muri Kongo
Amakuru

Ibinyamakuru byo muri Uganda bikorera mu kwaha kwa CMI bikomeje guhindanya isura y’u Rwanda ku bwicanyi bwabereye muri Kongo

Editorial 11 Nov 2020
Umusilikare w’u Rwanda wishe umwana mu Giporoso yagejejwe imbere y’Ubutabera
Mu Mahanga

Umusilikare w’u Rwanda wishe umwana mu Giporoso yagejejwe imbere y’Ubutabera

Editorial 13 Sep 2016
Ubufaransa bwanze ubusabe bw’umukobwa wa Felesiyani Kabuga busaba ubwenegihugu, n’interahamwe zabuhawe zigomba kubwamburwa zigashyikirizwa ubutabera
INKURU NYAMUKURU

Ubufaransa bwanze ubusabe bw’umukobwa wa Felesiyani Kabuga busaba ubwenegihugu, n’interahamwe zabuhawe zigomba kubwamburwa zigashyikirizwa ubutabera

Editorial 22 Apr 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru