• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Minisitiri Gatete yemeje ko mu mezi abiri muri Kigali hazaba hari amazi ahagije

Minisitiri Gatete yemeje ko mu mezi abiri muri Kigali hazaba hari amazi ahagije

Editorial 25 Apr 2018 UBUKUNGU

Minisitiri w’Ibikorwaremezo, Ambasaderi Gatete Claver, yatangaje ko bitarenze ukwezi kwa Gatandatu uyu mwaka, ibice byinshi by’Umujyi wa Kigali bizaba bifite amazi ahagije.

Yabigarutseho kuri uyu wa 24 Mata 2018 ubwo yagezaga ku Nteko Ishinga Amategeko, Umutwe w’Abadepite isobanurampamvu ku ishingiro ry’ Umushinga w’itegeko ryemera kwemeza burundu amasezerano y’inguzanyo yashyiriweho umukono i Kigali mu Rwanda ku wa 12 Werurwe 2018, hagati ya Repubulika y’u Rwanda n’Ikigega cya OPEC Gitsura Amajyambere Mpuzamahanga (OFID), yerekeranye n’inguzanyo ingana na miliyoni makumyabiri z’amadolari y’Abanyamerika agenewe gahunda irambye y’u Rwanda yo gukwirakwiza amazi n’ibikorwa by’isukura.

Abadepite bagaragaje ko mu gihugu hakigaragara ibibazo by’ibura ry’amazi kandi hari imishinga myinshi yashyizwemo akayabo.

Depite Nyirarukundo Ignatienne yabajije igihe Umujyi wa Kigali uzaba ufite amazi, ku buryo umuntu azajya ayakenerera agahita ayabona.

Yagize ati “Umujyi wa Kigali abantu tuhatuye imyaka, tuzabona amazi ryari? Ngo abantu bamenye ko winjiye mu nzu uri bukarabe intoki, uri buteke uri bukore ibintu byose. No mu mahoteli abantu bararamo usanga abashyitsi bakijujuta ngo ikibazo kiba iwanyu nta mazi, mu igenamigambi ry’igihe kirekire Umujyi wa Kigali uzabona amazi ryari?”

Depite Kantengwa Juliana we yavuze ko bitumvikana uburyo igihugu gifata inguzanyo cyangwa kigahabwa inkunga, yashorwa mu mishinga y’amazi ntibigire icyo bimarira abaturage.

Yavuze uburyo hari imishinga myinshi itahwa, abaturage bakishimira ko amazi bayabonye hashira igihe gito ntibongere kuyabona ukundi.

Yatanze urugero rw’i Kiziguro mu Karere ka Gatsibo, aho Umukuru w’Igihugu yagiye gufungura umushinga w’amazi, yahava abaturage ntibongere kubona n’igitonyanga.

Yagize ati “Mu mazi harimo ikibazo bakwiye kubikurikirana, bakwiye gushyiramo imbaraga. Turabara ngo intego twayigezeho ariko wasubira inyuma abaturage bakakubwira ko biheruka igihe bafunguraga umushinga.”

Minisitiri Gatete yavuze ko hari umushinga munini ureba amazi, isuku n’isukura, aho biteze ko uzakemura ibibazo bitandukanye hirya no hino mu gihugu.

Mu Mujyi wa Kigali by’umwihariko, yavuze ko mu mezi abiri abice byinshi birimo n’ibitajyaga bibona amazi bitangira kuyabona. Gusa yavuze ko bitavuze ko ikibazo kizaba gikemutse burundu, aho ngo hakiri ibikorwa bigamije kuyongera.

Yagize ati “Ukwezi kwa Gatandatu kurarangira ahantu henshi cyane hamaze kugera amazi. Haba za Kicukiro, za Nyamirambo n’ahandi aho ngaho murabona menshi cyane cyane ko bakoraga kuri Kanzenze yiyongera kuri Nzove arafasha ibice byinshi by’Umujyi wa Kigali.”

Yunzemo ati “Bitavuze ko amazi yose ahagije muri Kigali hose, muraza kubona ko habaho impinduka. Ku buryo n’abayabonaga igihe gito bagiye kuzajya bayabona ikirekire kubera akazi kakorwaga n’ishoramari ryashyirwagamo.”

Uyu muyobozi yashimangiye ko akazi kakozwe kandi kagikomeza kibanda cyane mu gushyiraho ibikorwaremezo muri uru rwego ku buryo bizagira uburambe bw’igihe kirekire.

Ku bijyanye n’imicungire y’imishinga, aho wasangaga amazi ahabwa abaturage mu gihe gito ntibongere kuyabona, yavuze ko hashyizweho uburyo burambye bwo kugenzura iyo mishinga.

U Rwanda rufite umushinga urebana n’amazi, isuku n’isukura uzatwara miliyoni 262 z’amadolari ya Amerika, aho amazi yonyine yihariye miliyoni $166.

Ambasaderi Gatete yavuze ko amazi atari ahagije ari na yo mpamvu bafashe amafaranga menshi ngo bakore ishoramari mu mazi kugira ngo yunganire ibyari bisanzwe bihari.

2018-04-25
Editorial

IZINDI NKURU

Ikinyamakuru Africanews cyagize Perezida Kagame Umuyobozi w’Umwaka

Ikinyamakuru Africanews cyagize Perezida Kagame Umuyobozi w’Umwaka

Editorial 23 Dec 2018
Rusizi: Abasaga 5000 ntibazongera kunywa amazi y’ibishanga

Rusizi: Abasaga 5000 ntibazongera kunywa amazi y’ibishanga

Editorial 26 Nov 2017
Berlin G20 : Perezida Kagame yeretse ibihugu bikize aho bikwiye gushora imari muri Afurika

Berlin G20 : Perezida Kagame yeretse ibihugu bikize aho bikwiye gushora imari muri Afurika

Editorial 13 Jun 2017
Uburengerazuba: Abibumbiye mu makoperative beretswe inyungu iri mu kwizigamira muri ‘‘Ejo Heza’’

Uburengerazuba: Abibumbiye mu makoperative beretswe inyungu iri mu kwizigamira muri ‘‘Ejo Heza’’

Editorial 17 Dec 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Muri DRC hashyizweho undi Minisitiri w’Intebe utemewe na Opozisiyo yakabaye ahagarariye
Mu Rwanda

Muri DRC hashyizweho undi Minisitiri w’Intebe utemewe na Opozisiyo yakabaye ahagarariye

Editorial 14 Apr 2017
Kayumba Nyamwasa: Ingaruka zo kugambana no Gucyeza abami babiri
ITOHOZA

Kayumba Nyamwasa: Ingaruka zo kugambana no Gucyeza abami babiri

Editorial 19 Feb 2018
Benin: Umuhanzi Bikindi Simon waririmbye indirimbo “Nanga Abahutu” yitabye Imana
Mu Mahanga

Benin: Umuhanzi Bikindi Simon waririmbye indirimbo “Nanga Abahutu” yitabye Imana

Editorial 16 Dec 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru