• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»Minisitiri Mushikiwabo yakuye igihu ku bivugwa ku kibazo cya Ambasaderi Richard Gasana

Minisitiri Mushikiwabo yakuye igihu ku bivugwa ku kibazo cya Ambasaderi Richard Gasana

Editorial 08 Oct 2016 ITOHOZA

Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame kuri uyu wa Gatatu ushize yagize Valentine Rugwabiza Ambasaderi w’u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye aho agiye gusimbura Eugene Richard Gasana wari umaze imyaka 7 kuri uyu mwanya nk’uko itangazo ryashyizwe ahagaragara na guverinoma y’u Rwanda rivuga.

Iyirukanwa ku mirimo rya Eugene Gasana risa nk’iryatunguranye, ariko guverinoma y’u Rwanda yo ikavuga ko nta gitangaza kirimo.

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Rwanda akaba yagize icyo avuga ku kuba Ambasaderi Gasana ataragaruka mu Rwanda kandi yarahamagajwe.

“Yakoze imyaka 7 hariya, yahamaze igihe kirekire bihagije”, uwo ni Minisitiri w’ububanyi n’amahanga, Louise Mushikiwabo avugana na AFP kuri uyu wa Gatatu mu magambo macye mbere yo kwanga kugira byinshi atangaza. Gusa yavuze ko guhamagaza ba ambasaderi ari ibisanzwe.

Ku kibazo cyo kuba Amb. Richard Gasana bivugwa ko kugeza ubu ataragaruka mu Rwanda, akaba yaranakuwe ku mwanya w’Umunyamabanga wa leta ushinzwe Ubutwererane muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, Minisitiri Mushikiwabo yasubije ko buri gihe iyo hagize impinduka zibaho habaho n’ibihuha, akomeza agira ati: “Yarahamagawe kandi agomba gutaha”.

-4268.jpg

Minisitiri Mushikiwabo na Amabasaderi Richard Gasana Eugene

Madamu Rugwabiza yari minisitiri ushinzwe ibikorwa by’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC), ndetse akaba kuva mu 2005 kugeza mu 2013 yari Umuyobozi Mukuru wungirije wa OMC ( Ishyirahamwe Mpuzamahanga ry’ubucuruzi). Mbere yaho, Rugwabiza yanahagarariye u Rwanda muri Loni I Geneve.

-4267.jpg

Ambasaderi Velentine Rugwabiza

Madamu Rugwabiza agizwe Ambasaderi mu mpinduka muri Guverinoma hagamijwe amavugurura ziherutse gukorwa n’Umukuru w’Igihugu hakaba hari Minisiteri zimwe zaburijwemo izindi zomekwa ku zindi.

Aha tukaba twavuga nka Minisiteri y’umutekano yakuweho. Umukuru w’igihugu kandi akaba yaranakoze impinduka mu buyobozi bw’intara 3 muri 4 zigize igihugu.

2016-10-08
Editorial

IZINDI NKURU

Al Gore, Blair, Kofi Annan n’abaperezida batanu bategerejwe i Kigali mu nama yiga ku buhinzi

Al Gore, Blair, Kofi Annan n’abaperezida batanu bategerejwe i Kigali mu nama yiga ku buhinzi

Editorial 07 Aug 2018
Leta Y’Amerika Iraburira  Buri Wese Wifuza Kugendera Mu Burundi kwitwararika

Leta Y’Amerika Iraburira Buri Wese Wifuza Kugendera Mu Burundi kwitwararika

Editorial 30 Aug 2018
Kayumba Nyamwasa arakoresha Sande Charles mu bikorwa byo guhiga abitwa abanzi ba RNC

Kayumba Nyamwasa arakoresha Sande Charles mu bikorwa byo guhiga abitwa abanzi ba RNC

Editorial 25 Sep 2017
Abantu Miliyari  bakoresha YAHOO bibwe amabanga

Abantu Miliyari bakoresha YAHOO bibwe amabanga

Editorial 16 Dec 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ukutumvikana hagati ya Perezida Museveni n’umugore we ku ishyirwaho ry’umuyobozi wa Makerere
HIRYA NO HINO

Ukutumvikana hagati ya Perezida Museveni n’umugore we ku ishyirwaho ry’umuyobozi wa Makerere

Editorial 30 May 2018
Theogene Rudasingwa mundiri ya MRND ngo bari kunamira Kizito kandi bakina ingirwa politiki yabo
INKURU NYAMUKURU

Theogene Rudasingwa mundiri ya MRND ngo bari kunamira Kizito kandi bakina ingirwa politiki yabo

Editorial 24 Feb 2020
Isesengura: Kayumba Nyamwasa mu bihe bibi nk’ibyo mu minsi ya nyuma ya Juvenal Habyarimana
INKURU NYAMUKURU

Isesengura: Kayumba Nyamwasa mu bihe bibi nk’ibyo mu minsi ya nyuma ya Juvenal Habyarimana

Editorial 31 Oct 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru