• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»IMIKINO»Miroplast FC yananiwe kugera ku kibuga, Rayon Sports itahana amanota idakinnye

Miroplast FC yananiwe kugera ku kibuga, Rayon Sports itahana amanota idakinnye

Editorial 28 May 2018 IMIKINO

Shampiyona y’u Rwanda ikomeje kugaragaramo ibibazo by’ubukene bukabije mu makipe amwe n’amwe byatumye Miroplast FC inanirwa kugera kuri Stade ya Kigali mu mukino wari kuyihuza na Rayon Sports ku Cyumweru tariki 27 Giicurasi 2018, iterwa mpaga y’ibitego bitatu ku busa.

Miroplast FC yazamutse mu cyiciro cya mbere umwaka ushize itsinze isonga ibitego 2-0 mu mukino wa kamarampaka, umuherwe wayo Mironko Francois Xavier atangaza ko yiteguye kuyiha byose bishoboka kugira ngo izitware neza ndetse igume mu cyiciro cya mbere.

Ibi byabaye inzozi kuko iyi kipe yabaye isibaniro ry’ibibazo by’ubukene byatumye idahemba abakinnyi mu bihe bitandukanye, bwa mbere iterwa mpaga banze kujya gukina i Nyagatare mu gikombe cy’Amahoro none byongeye ntibakina na Rayon Sports.

Amakuru agera ku IGIHE ni uko abakinnyi bari bamaze amezi atatu badahabwa umushahara akaba ariyo mpamvu bahagaritse imikino.

Twagerageje kuvugana n’umuyobozi w’iyi kipe Eng. Nshimiyimana Alex Redamptus akaba ari nawe ushinzwe iterambere ry’umupira w’amaguru muri Ferwafa, ntibyadukundira.

Hari umubare ntarengwa ikipe ishobora guterwamo mu mwaka umwe wa shampiyona, ibirenzeho ihura n’ibihano biremereye.

Mu mategeko ya Ferwafa agenga shampiyona, ingingo ya 89 umutwe wa mbere, ivuga ko ikipe yose yahanishijwe gutsindwa mpaga inshuro eshatu muri shampiyona kubera ko itageze ku kibuga mu mwaka umwe w’imikino ihita ihanishwa gutsindwa mpaga ku buryo bwa rusange ku yindi mikino y’iyo shampiyona ikanoherezwa mu cyiciro cya kabiri.

Iyo ngingo umutwe wa gatatu ugira uti “Perezida w’ikipe yahanishijwe gutsindwa mpaga mu gihe cy’ubuyobozi bwe ntashobora, uhereye ku itariki ibyo bigaragariyeho ko ikipe itsinzwe mpaga no mu gihe cy’imyaka itanu (5), kuba mu bagize inama y’ubuyobozi bw’iyindi kipe iri muri FERWAFA cyangwa urwego rwa FERWAFA cyangwa urw’amahuriro yayo.”

Ibi bivuze ko mu gihe nta cyakorwa mu maguru mashya ngo abakinnyi basubire mu kibuga, Miroplast FC ntizabashe kwitabira imikino ibiri itaha yazahita imanurwa mu cyiciro cya kabiri n’umuyobozi wayo, Nshimiyimana Alex Redamptus akirukanwa ku mwanya yari afite muri komite ya Ferwafa.

Iyi kipe niyo iri ku mwanya wa nyuma ku rutonde rwa shampiyona n’amanota 17 mu mikino 24, kuva yazamuka ikaba yaratsinze itatu, inganya umunani, indi 12 irayitsindwa.

Rayon Sports yabonye amanota atatu idakinnye, yafashe umwanya wa kane n’amanota 40 irushwa na APR FC ya mbere amanota 10.

Si Miroplast FC ivugwamo ibibazo by’ubukene gusa kuko na Sunrise FC y’i Nyagatare imaze iminsi abakinnyi bajya mu kibuga bigoranye kubera kudahembwa, bikaba byaragize n’ingaruka mbi ku musaruro yatangaga.

Abakinnyi ba Rayon Sports basubira mu rwambariro nyuma yo gutera mpaga Miroplast FC

Miroplast FC ishobora gusubira mu cyiciro cya kabiri niterwa izindi mpaga ebyiri

2018-05-28
Editorial

IZINDI NKURU

Mashami Vincent yagizwe umutoza wa Police FC, ACP Yahaya Kamunuga aba umuyozi wayo naho SP Ruzindana Regis aba ushinzwe kugura abakinnyi

Mashami Vincent yagizwe umutoza wa Police FC, ACP Yahaya Kamunuga aba umuyozi wayo naho SP Ruzindana Regis aba ushinzwe kugura abakinnyi

Editorial 21 Jul 2022
‘Mvuka mu rwa Gasabo kandi nteye nk’Igisabo’- Nyampinga Honorine

‘Mvuka mu rwa Gasabo kandi nteye nk’Igisabo’- Nyampinga Honorine

Editorial 09 Feb 2017
Kugona bigiye kubonerwa umuti ubivura

Kugona bigiye kubonerwa umuti ubivura

Editorial 06 Jan 2017
Habyarimana Marcel Matiku, Mudaheranwa Yussuf na Munyankaka Ancille bagiye kuyobora FERWAFA mu nzibacyuho y’iminsi 39

Habyarimana Marcel Matiku, Mudaheranwa Yussuf na Munyankaka Ancille bagiye kuyobora FERWAFA mu nzibacyuho y’iminsi 39

Editorial 15 May 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

RDF : Abasirikare bakuru 5 barimo  Gen. Caesar Kayizari  na Gen. Sam Kaka  basezerewe
Mu Mahanga

RDF : Abasirikare bakuru 5 barimo Gen. Caesar Kayizari na Gen. Sam Kaka basezerewe

Editorial 09 Jul 2016
Congo yataye muri yombi undi muyobozi ukomeye muri FDLR
INKURU NYAMUKURU

Congo yataye muri yombi undi muyobozi ukomeye muri FDLR

Editorial 04 Dec 2019
Polisi y’u Rwanda yakanguriye abanyeshuri ba Essa Nyarugunga ububi n’ingaruka by’icuruzwa ry’abantu
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda yakanguriye abanyeshuri ba Essa Nyarugunga ububi n’ingaruka by’icuruzwa ry’abantu

Editorial 29 Mar 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru