• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Mu kugaragaza kurenga umurongo, urwego rw’ubutasi rw’igisirikare cya Uganda CMI gushimuta no kwicurubozo umunyarwanda ukorera LONI

Mu kugaragaza kurenga umurongo, urwego rw’ubutasi rw’igisirikare cya Uganda CMI gushimuta no kwicurubozo umunyarwanda ukorera LONI

Editorial 06 Jul 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, ITOHOZA

Nyuma y’ishimutwa ry’abakozi babiri ba banyarwanda bakorera LONI n’urwego rw’ubutasi rwa Uganda (CMI) , uwo muryango mpuzamahanga wahisemo kutajya wohereza abakozi bawo ba banyarwanda muri Uganda.

Uwo muryango mpuzamahanga kandi ufata n’icyemezo cyo kutajya ukoresha ibikoresho by’abanyarwanda muri Uganda, nubwo byaba bikoreshwa na LONI.

Mu nyandiko yabonywe na Rushyashya, LONI ivuga ko yafashe umwanzuro nk’ingamba yo kwirinda, kudatwara baba ingabo, polisi abasivile ndetse n’ibikoresho byaba ari iby’Abanyarwanda, mu kubinyuza muri Uganda. Ibi harimo kudashyira ingabo z’URwanda, yaba abasivile cyangwa ingabo mu mahugurwa aba arimo kubera muri Uganda cyane cyane Entebbe.”

Iyi baruwa kandi ikaba igaragaza ko ibikoresho byagenewe URwanda bizajya binyuzwa mu yandi mayira.

Nkuko abasesenguzi babibona, ngo Uganda ni igihugu cyidakurikiza amategeko, bityo kandi kikaba kidakwiriye kwizerwa, kubirebana n’amategeko. Ibyo byabaye nyuma y’uko ubugizi bwanabi bukorerwa URwanda n’ Abanyarwanda.

Ushinzwe urwego rw’ubutasi mu gisirikare cya Uganda, ku wa 13 Kamena 2019, rwaje gushimuta Bihoyiki Francis, umukozi wa LONI mu nkambi y’impunzi ya Kyaka. Nuko iminsi mike nyuma yaho, ku wa 26, baza nanone gushimuta Musinga Antoine, undi mukozi w’Ikigo mpuzamahanga, cyibarizwa Entebbe.

Nkuko isanzwe ibikora, CMI  yohereje barushimusi baba bashyigikiwe n’urwego rw’igihugu kugirango rufate abo banyarwanda, hatitawe ku nshingano baba bafite bahita nkuko bivugwa n’umukozi w’icyo kigo mpuzamahanga , bityo ngo bahita babakurura barabatwara. Nta mpapuro zo kubafunga bigeze berekana, nyuma ngo byaje kumenyekana ko CMI yaregaga abo bakozi babiri kuba ari ba maneko b’URwanda”.

Inshuro nyinshi inzego z’umutekano za Kampala zakomeje kugirira nabi inzirakarengane z’Abanyarwanda baba batakoze. Nta kimenyetso bajya bagaragaza cyashyigikira ibyo birego.  Bigaragaza ko ari urwango rwibasiye imbaga yose y’Abanyarwanda kandi ari nta mpamvu, uretse gusa ko Museveni yahisemo kwibasira URwanda aruhoza ku ntonganya. .Bihoyiki na Musinga bagize batya bisanga mu makuba asanzwe agwirira Abanyarwanda benshi baba bafashwe n’urwego rw’ibutasi bw’igisirikare cya Uganda (CMI

Uko ari babiri, mubihe binyuranye, bazengurutswe n’abagabo banahise babinjiza mu mudoka ku ngufu. Bakigeramo, abo bagabo ba CMI ubundi babanza kubakubita ikintu kimeze nk’uruziga mu mutwe mu rwego rwo kugirango batababona bakabamenya, ndetse no kugirango batamenya aho babajyanye . Abanyarwanda batagira ingano nka Damascene Muhawenimana, Roger Donne Kayibanda, Jean Mucyo, Moses Ishimwe Rutare n’abandi benshi basobanura uburyo bwifashishwa muri izo kasho ziteye nk’ubuvumo za CMI.

Icyambere  abo bakozi ba CMI babanza gukora, ni ukujagajaga imifuka, cyangwa sakame z’abagore, bakiba icyitwa ifaranga cyose, baba basanze mo, nuko bagakurikizaho telephone, bityo bakamutegeka kubabwira umubare w’ibanga wa telephone ye. Nuko bakabikuza amafaranga yose aba ari kuri mobile money. Ubu ku cyicaro gikuru cya CMI abashyashya baba bakihagera, babashyira muri koridoro, nyuma y’akanya gato, bakazamurwa hejuru mu etaje babahata ibibazo.”

Uko guhatwa ibibazo akenshi bikorwa n’abagabo baba barimo kuvuga ikinyarwanda cyiza kinononsoye. Abantu bawe batekereza ko iyo Urwanda ruvuga ko Uganda ifatanya na RNC ya  Kayumba Nyamwasa mu guhungabanya URwanda bakagira ni politike. Ariko icyibabaje nuko bakorerwa iyicarubozo n’abantu bavuga ururimi rumwe rw’ikinyarwanda nkabo, bakaba bagomba kumenya ukuri Kigali iba irimo kuvuga ukuri igihe cyose.

Iyicarubozo ahanini ribaba rigamije ibintu bibiri, kumenya amakuru inzirakarengane yaba afite, yerekeranye n’ingabo cyangwa se polisi. Icyakabiri, ni ukugerageza kwinjiza abarwanyi muri RNC ku ngufu. Uburyo buba bugamije kubabaza bikabije izo nzirakarengane kugirango yemere kwinjira mu barwanyi ba RNC, mu rwego rwo gukiza ubuzima bwe.

Ibyo nibyo CMI yakoreye Abanyarwanda babiri bakorera LONI.. Ubugome  buranga inzego z’umutekano za Uganda bwarenze imipaka, kugeza naho birara mu bakozi ba LONI, kandi bikaba ntanicyo biba bibabwiye. Aho niho irengahaniro ryabo rigeze. Abahanga bakaba bibaza niba hari ikindi cyindi Loni yaba itegereje kugirango igire icyo ikora kuri Uganda.

LONI ubwayo, binyuze mu mpuguke zayo yabonye Raporo yanditswe kuri DRC, umwaka ushize kuwa 31 Ukuboza 2018, igaragaza iyinjiza ry’abarwanyi ba RNC, umutwe w’iterabwoba kandi bikaba bigaragara ko kampala ntacyahindutse kugeza magingo aya. Ntagushidikanya Kampala iri mu binjiza abarwanyi muri RNC, n’ingabo za bajenosideri .

Nyamara kandi igitangaza benshi, nuko ntakintu na kimwe LONI yigeze ikora mu rwego  rwo gukoma Uganda mu nkokora.. “Ni nkaho LONI ari indorerezi y’indangare ipfa kurebera imyitwarire iyo ariyo yose idahwitse ntigire icyo ikora, ikwiriye kwikubita agashyi ikiminjiramo n’agafuI!

Nonese niba noneho inzego z’umutekano za Uganda zitangiye kujya zishimuta ndetse no kwicurubozo abakozi ba LONI, biragana he ? reka dutegereze turebe noneho ko haricyo LONI izakora.

2019-07-06
Editorial

IZINDI NKURU

“Demokarasi yanyu irababereye, nimuyigumanire, twe muduhe amahoro”-Tito Rutaremara abwira ba mpatsibihugu

“Demokarasi yanyu irababereye, nimuyigumanire, twe muduhe amahoro”-Tito Rutaremara abwira ba mpatsibihugu

Editorial 18 Jul 2024
Twacengeye e.mail za bamwe mu bayobozi bakuru ba RNC

Twacengeye e.mail za bamwe mu bayobozi bakuru ba RNC

Editorial 15 Jul 2016
Rugamba Jovan  wari watorotse Gereza  yafatiwe Uganda, agarurwa mu Rwanda

Rugamba Jovan wari watorotse Gereza yafatiwe Uganda, agarurwa mu Rwanda

Editorial 12 May 2017
Umujenosideri utabyicuza ahubwo ugikwiza ingengabitekerezo ya Jenoside, kumwita umwanda uhumanya bikwiye kuba urubanza?

Umujenosideri utabyicuza ahubwo ugikwiza ingengabitekerezo ya Jenoside, kumwita umwanda uhumanya bikwiye kuba urubanza?

Editorial 09 Jan 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Icyizere cy’uko Perezida wa Nigeria atakiguye ku butegetsi gitangiye gushira
Mu Rwanda

Icyizere cy’uko Perezida wa Nigeria atakiguye ku butegetsi gitangiye gushira

Editorial 01 May 2017
Mushikiwabo ashobora kwiyamamariza kuyobora Umuryango Mpuzamahanga w’Ibihugu bikoresha Igifaransa
POLITIKI

Mushikiwabo ashobora kwiyamamariza kuyobora Umuryango Mpuzamahanga w’Ibihugu bikoresha Igifaransa

Editorial 09 May 2018
KAYUMBA NYAMWASA munzira zo kubana n’umupfakazi wa Habyarimana Agathe Kanziga
ITOHOZA

KAYUMBA NYAMWASA munzira zo kubana n’umupfakazi wa Habyarimana Agathe Kanziga

Editorial 24 Oct 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru