• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bayaherewe mu Rwambariro, Rayon Sports yakiriye amafaranga nyuma yo gushimangira umwanya wa mbere   |   09 May 2025

  • Gukura no Kubaho kwanjye byose bishingiye ku cyerekezo cya Nyakubahwa Perezida Paul Kagame – Knowless   |   08 May 2025

  • Ntacyasaza Turahirwa Moses cyatuma Urumogi Rumushora mu Kiguri cy’Urwango   |   06 May 2025

  • Eric Bagiruwusa yashinze YouTube Channel ishinzwe ubuvugizi mu gushishikariza gusubirishamo imanza z’abajenosideri n’abarwanya ubutegetsi   |   05 May 2025

  • Nyuma y’imyaka 8, APR FC yegukanye igikombe cy’Amahoro 2025 itsinze Rayon Sports 2-0   |   04 May 2025

  • APR FC na Rayon Sports zabonye itike yo gukina imikino Nyafurika zizahurira ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2025   |   01 May 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu kwezi kumwe gusa Abanyarwanda bane bamaze kwicwa urubozo muri Uganda babeshyerwa ko ari intasi z’u Rwanda

Mu kwezi kumwe gusa Abanyarwanda bane bamaze kwicwa urubozo muri Uganda babeshyerwa ko ari intasi z’u Rwanda

Editorial 17 Mar 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, ITOHOZA

Amakuru y’akababaro yuje agahinda kenshi avuga ko Abanyarwanda bane bamaze kwicirwa muri Uganda mu minsi 30 gusa; impfu zabo zikaba zitarakorerwa iperereza nkuko amakuru agera kuri Rushyashya abyemeza. Abo Banyarwanda bose ni abagabo bari hagati yimyaka 30 na 60, bapfuye impfu zidasobanutse. Nta perereza ryakozwe na polisi ya Uganda cyangwa abayobozi abo ari bo bose kugirango byibura bamenye icyateye urupfu rwabo.

Ku itariki ya 4 Gashyantare, Gasore Semukanya w’imyaka 36 yishwe azira ubusa maze amanikwa mu giti mu Karere ka Kisoro gaherereye mu majyepfo ya Uganda. Nyuma y’iminsi mike, ku ya 10 Gashyantare, Sebusande Lawrence w’imyaka 60 yiciwe mu Karere ka Isingiro, John Mushabe w’imyaka 31 yiciwe ku ya 14 Gashyantare mu Karere ka Mbarara. Ku ya 10 Werurwe, Hakizimana Celestin w’imyaka 53 yiciwe mu Karere ka Rukungiri.

Aya makuru ateye agahinda yo guhohotera Abanyarwanda akomeje gutangazwa mu gihe ubuyobozi bw’igihugu cy’abaturanyi cya Uganda, bukomeje gucumbikira no gushyigikira imitwe myinshi yitwaje intwaro yiyita ko itavuga rumwe n’ubutegetsi bw’u Rwanda nyamara ahubwo ari iy’iterabwoba, igamije guhungabanya u Rwanda. Mu bihe byashize, hagaragaye uburyo Abanyarwanda banga kwinjizwa muri iyi mitwe batotezwa abandi bakicwa.

None ubu abandi bafunzwe bazira gushinjwa ubutasi kandi bagakorerwa iyicarubozo mu buryo budasanzwe. Abapfuye kugira amahirwe bajugunywa ku mupaka w’u Rwanda na Uganda babwirwa gusubira iwabo kandi bagasabwa kutazasubira muri Uganda. Ababyeyi batandukanijwe n’abana babo, abenshi basize imitungo itabarika baza amara masa. Imiryango yaratatanye, inzirakarengane nyinshi zabuze imibereho kubera urwango rukabije rukwirakwizwa na Leta ya Uganda, cyane cyane Perezida Yoweri Museveni ugamije kumva ko yahindura ubuyobozi bw’u Rwanda.

Imwe muri iyo mitwe ishyigikiwe n’ubutegetsi i Kampala ni umutwe w’iterabwoba wa Kayumba Nyamwasa wa RNC. Uyu wabaye nyirabayazana w’ibitero bya gerenade byahitanye abantu mu murwa mukuru w’u Rwanda Kigali bikaba byarabaye hagati ya 2010 na 2013. N’ubwo bamwe bagerageje kubihakana, Uganda ntiyahwemye gutanga ubufasha bwose mu gushyigikira RNC mu nzozi zabo mbi zidafite ishingiro zo gutera u Rwanda no guhirika guverinoma yemewe aho barota bahagaze.

Abayobozi muri Uganda bakomeje kwinjiza no gushaka abarwanyi bajya muri RNC bakanyanyagizwa hirya no hino mu rwego rwo gushaka no gukora igishoboka cyose ngo u Rwanda rubure amahoro, abarwanyi bashakishwa baturutse cyane cyane mu nkambi z’impunzi.

2021-03-17
Editorial

IZINDI NKURU

‘Patrick Karegeya si Khashoggi, ni Osama Bin Laden w’u Rwanda’

‘Patrick Karegeya si Khashoggi, ni Osama Bin Laden w’u Rwanda’

Editorial 17 Jan 2019
U Burundi bwasabwe gusaba Loni imbabazi

U Burundi bwasabwe gusaba Loni imbabazi

Editorial 29 Oct 2018
Perezida Kagame yageze muri Cuba yaherukagamo mu myaka 36

Perezida Kagame yageze muri Cuba yaherukagamo mu myaka 36

Editorial 15 Sep 2023
Mu Bwongereza, ba bimukira bagombye kuba baroherejwe mu Rwanda, bari mu myigaragambyo ikomeye binubira ubuzima nk’ubw’imfungwa.

Mu Bwongereza, ba bimukira bagombye kuba baroherejwe mu Rwanda, bari mu myigaragambyo ikomeye binubira ubuzima nk’ubw’imfungwa.

Editorial 17 Aug 2022
‘Patrick Karegeya si Khashoggi, ni Osama Bin Laden w’u Rwanda’

‘Patrick Karegeya si Khashoggi, ni Osama Bin Laden w’u Rwanda’

Editorial 17 Jan 2019
U Burundi bwasabwe gusaba Loni imbabazi

U Burundi bwasabwe gusaba Loni imbabazi

Editorial 29 Oct 2018
Perezida Kagame yageze muri Cuba yaherukagamo mu myaka 36

Perezida Kagame yageze muri Cuba yaherukagamo mu myaka 36

Editorial 15 Sep 2023
Mu Bwongereza, ba bimukira bagombye kuba baroherejwe mu Rwanda, bari mu myigaragambyo ikomeye binubira ubuzima nk’ubw’imfungwa.

Mu Bwongereza, ba bimukira bagombye kuba baroherejwe mu Rwanda, bari mu myigaragambyo ikomeye binubira ubuzima nk’ubw’imfungwa.

Editorial 17 Aug 2022
‘Patrick Karegeya si Khashoggi, ni Osama Bin Laden w’u Rwanda’

‘Patrick Karegeya si Khashoggi, ni Osama Bin Laden w’u Rwanda’

Editorial 17 Jan 2019
U Burundi bwasabwe gusaba Loni imbabazi

U Burundi bwasabwe gusaba Loni imbabazi

Editorial 29 Oct 2018
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024
Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

18 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru