• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu kwezi kumwe gusa Abanyarwanda bane bamaze kwicwa urubozo muri Uganda babeshyerwa ko ari intasi z’u Rwanda

Mu kwezi kumwe gusa Abanyarwanda bane bamaze kwicwa urubozo muri Uganda babeshyerwa ko ari intasi z’u Rwanda

Editorial 17 Mar 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, ITOHOZA

Amakuru y’akababaro yuje agahinda kenshi avuga ko Abanyarwanda bane bamaze kwicirwa muri Uganda mu minsi 30 gusa; impfu zabo zikaba zitarakorerwa iperereza nkuko amakuru agera kuri Rushyashya abyemeza. Abo Banyarwanda bose ni abagabo bari hagati yimyaka 30 na 60, bapfuye impfu zidasobanutse. Nta perereza ryakozwe na polisi ya Uganda cyangwa abayobozi abo ari bo bose kugirango byibura bamenye icyateye urupfu rwabo.

Ku itariki ya 4 Gashyantare, Gasore Semukanya w’imyaka 36 yishwe azira ubusa maze amanikwa mu giti mu Karere ka Kisoro gaherereye mu majyepfo ya Uganda. Nyuma y’iminsi mike, ku ya 10 Gashyantare, Sebusande Lawrence w’imyaka 60 yiciwe mu Karere ka Isingiro, John Mushabe w’imyaka 31 yiciwe ku ya 14 Gashyantare mu Karere ka Mbarara. Ku ya 10 Werurwe, Hakizimana Celestin w’imyaka 53 yiciwe mu Karere ka Rukungiri.

Aya makuru ateye agahinda yo guhohotera Abanyarwanda akomeje gutangazwa mu gihe ubuyobozi bw’igihugu cy’abaturanyi cya Uganda, bukomeje gucumbikira no gushyigikira imitwe myinshi yitwaje intwaro yiyita ko itavuga rumwe n’ubutegetsi bw’u Rwanda nyamara ahubwo ari iy’iterabwoba, igamije guhungabanya u Rwanda. Mu bihe byashize, hagaragaye uburyo Abanyarwanda banga kwinjizwa muri iyi mitwe batotezwa abandi bakicwa.

None ubu abandi bafunzwe bazira gushinjwa ubutasi kandi bagakorerwa iyicarubozo mu buryo budasanzwe. Abapfuye kugira amahirwe bajugunywa ku mupaka w’u Rwanda na Uganda babwirwa gusubira iwabo kandi bagasabwa kutazasubira muri Uganda. Ababyeyi batandukanijwe n’abana babo, abenshi basize imitungo itabarika baza amara masa. Imiryango yaratatanye, inzirakarengane nyinshi zabuze imibereho kubera urwango rukabije rukwirakwizwa na Leta ya Uganda, cyane cyane Perezida Yoweri Museveni ugamije kumva ko yahindura ubuyobozi bw’u Rwanda.

Imwe muri iyo mitwe ishyigikiwe n’ubutegetsi i Kampala ni umutwe w’iterabwoba wa Kayumba Nyamwasa wa RNC. Uyu wabaye nyirabayazana w’ibitero bya gerenade byahitanye abantu mu murwa mukuru w’u Rwanda Kigali bikaba byarabaye hagati ya 2010 na 2013. N’ubwo bamwe bagerageje kubihakana, Uganda ntiyahwemye gutanga ubufasha bwose mu gushyigikira RNC mu nzozi zabo mbi zidafite ishingiro zo gutera u Rwanda no guhirika guverinoma yemewe aho barota bahagaze.

Abayobozi muri Uganda bakomeje kwinjiza no gushaka abarwanyi bajya muri RNC bakanyanyagizwa hirya no hino mu rwego rwo gushaka no gukora igishoboka cyose ngo u Rwanda rubure amahoro, abarwanyi bashakishwa baturutse cyane cyane mu nkambi z’impunzi.

2021-03-17
Editorial

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yongeye kuvuga k’uruhare rwa Uganda mu guhohotera Abanyarwanda

Perezida Kagame yongeye kuvuga k’uruhare rwa Uganda mu guhohotera Abanyarwanda

Editorial 20 Jun 2019
Uganda : Daily Monitor muri Propaganda  zo guharabika u Rwanda mu nyungu za Museveni

Uganda : Daily Monitor muri Propaganda zo guharabika u Rwanda mu nyungu za Museveni

Editorial 14 Apr 2019
AS Kigali yasezeye mu gikombe cy’Amahoro 2023,yasinyishije myugariro Manzi Thierry amasezerano y’imyaka ibiri

AS Kigali yasezeye mu gikombe cy’Amahoro 2023,yasinyishije myugariro Manzi Thierry amasezerano y’imyaka ibiri

Editorial 06 Feb 2023
Etoile de l’Est yatsinze Police FC 2-1 yiyongerera amahirwe yo kuguma mu kiciro cya mbere 2024-2025 isiga mu murongo utukura Bugesera FC na Sunrise FC

Etoile de l’Est yatsinze Police FC 2-1 yiyongerera amahirwe yo kuguma mu kiciro cya mbere 2024-2025 isiga mu murongo utukura Bugesera FC na Sunrise FC

Editorial 04 May 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

AS Kigali yiyongereye kuri APR FC ku makipe ahatanira igikombe cya shampiyona, ni nyuma yo gutsinda Police FC 2-0, Mukura VS yongera gutsindirwa mu rugo.
Amakuru

AS Kigali yiyongereye kuri APR FC ku makipe ahatanira igikombe cya shampiyona, ni nyuma yo gutsinda Police FC 2-0, Mukura VS yongera gutsindirwa mu rugo.

Editorial 14 May 2021
Perezida Ouattara yeretswe amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi
POLITIKI

Perezida Ouattara yeretswe amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi

Editorial 27 Apr 2018
Hakizimana Muhadjiri yagarutse muri Police FC, ni nyuma yo gutandukana na AlKholood FC yo muri Saudi Arabia
Amakuru

Hakizimana Muhadjiri yagarutse muri Police FC, ni nyuma yo gutandukana na AlKholood FC yo muri Saudi Arabia

Editorial 05 Jan 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru