• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu mukino w’ikirarane wa shampiyona y’u Rwanda, Marines FC yatsinze Rutsiro FC igitego kimwe ku busa.

Mu mukino w’ikirarane wa shampiyona y’u Rwanda, Marines FC yatsinze Rutsiro FC igitego kimwe ku busa.

Editorial 06 Jun 2021 Amakuru, IMIKINO, Mu Rwanda

Nyuma yaho ishyirahamwe ry’umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryafashe icyemezo cyo gusubika umukino w’umunsi wa mbere wo guhatanira igikombe cya Shampiyona wari guhuza Marines FC na Rutsiro FC kuri Stade Umuganda biturutse ku iruka ry’ikirunga cya Nyiragongo, kuri uyu wa gatandatu tariki ya 5 Kamena 2021 ikipe ya Marines FC yatsinze uwo mukino utarabereye igihe igitego kimwe ku busa bwa Rutsiro FC.

Uyu mukino watangiye ku isaha ya saa cyenda, ikipe ya Marines FC yaburaga umukinnyi wayo ubanza mu izamu Ntwali Fiacre uri mu mwiherero w’ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi yitegura gukina umukino wa kabiri wa gishuti n’ikipe ya Centre Africa kuri uyu wa mbere tariki ya 7 Kamena 2021.

Ni umukino wakinwe ku mpande zombi harimo kwigana ndetse no kwirinda ko hari ikipe yatsinda igitego hakiri kare, ibi byabaye kugeza ubwo igice cya mbere cy’umukino cyarangiye amakipe yombi anganya ubusa ku busa.

Amakipe avuye ku ruhuka ikipe ya Marines FC yari yakiriye uyu mukino niyo yatangiye neza kuko ubwo haru ku munota wa 51, iyi kipe y’ingabo zirwanira mu mazi ibonye igitego kimwe cyatsinzwe na Ndayishimiye Thierry bityo umukino urangira iyi kipe ya Marines itozwa na Rwasamanzi Yves yegukanye amanota y’umunsi wa munani.

Gutsinda uyu mukino ku ikipe ya Marines FC biratuma amanota atatu yayo ya mbere kuko mu mukino ubanza wo guhatanira igikombe cya Shampiyona y’u Rwanda ya 2020-2021, ni mu gihe ikipe ya Rutsiro FC yo yagumanye inota rimwe yakuye ku ikipe ya Espoir kuko banganyije ibitego bibiri ku bibiri.

Ubwo hazaba hakinwa umunsi wa cyenda ukaba uwa gatatu ku makipe ahatanira igikombe, ikipe ya Marines FC izasura ikipe ya Espoir FC y’i Rusizi naho Rutsiro FC izakire ikipe ya AS Kigali, ni imikino yombi itegerejwe ku itariki ya 10 Kamena 2021.

2021-06-06
Editorial

IZINDI NKURU

Umunya-Tunisia Afhamia Lotfi watozaGA ikipe ya Mukura VS yagizwe Umutoza Mukuru mushya wa Rayon Sports FC

Umunya-Tunisia Afhamia Lotfi watozaGA ikipe ya Mukura VS yagizwe Umutoza Mukuru mushya wa Rayon Sports FC

Editorial 30 May 2025
Byinshi ku rugendo rwa Wizkid ugomba kurara ageze i Kigali

Byinshi ku rugendo rwa Wizkid ugomba kurara ageze i Kigali

Editorial 24 Aug 2016
Manchester City yegukanye igikombe cya kabili yikurikiranya nyuma yo gutsinda, Brighton ibitego 4-1

Manchester City yegukanye igikombe cya kabili yikurikiranya nyuma yo gutsinda, Brighton ibitego 4-1

Editorial 13 May 2019
Patriots BBC yatsinze APR BBC mu mukino wa mbere wa Kamarampaka wa Bet Pawa Playoffs 2024

Patriots BBC yatsinze APR BBC mu mukino wa mbere wa Kamarampaka wa Bet Pawa Playoffs 2024

Editorial 12 Sep 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kimwe mu bihatse ubucuti bwa Perezida Museveni na Bebe Cool cyagaragaye
POLITIKI

Kimwe mu bihatse ubucuti bwa Perezida Museveni na Bebe Cool cyagaragaye

Editorial 21 Oct 2018
Ubukangurambaga bwo kurwanya ibyaha bwatumye hari abafatanwa amafaranga y’amahimbano
Mu Mahanga

Ubukangurambaga bwo kurwanya ibyaha bwatumye hari abafatanwa amafaranga y’amahimbano

Editorial 04 Jan 2016
Perezida Kagame yakiriye abashoramari bo muri Australia barimo abazubaka inzu ziciriritse i Kigali
Mu Rwanda

Perezida Kagame yakiriye abashoramari bo muri Australia barimo abazubaka inzu ziciriritse i Kigali

Editorial 31 Mar 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru