• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Mu Rwanda Hagiye Gutangizwa Ikigo Giteye nka ‘Iwawa’ kizakira abakobwa n’abagore bafite imyitwarire idahwitse

Mu Rwanda Hagiye Gutangizwa Ikigo Giteye nka ‘Iwawa’ kizakira abakobwa n’abagore bafite imyitwarire idahwitse

Editorial 10 May 2017 Mu Rwanda

Minisiteri y’Urubyiruko n’Ikorabanuhanga (MYICT), yatangaje ko igiye kubaka ikigo ngororamuco kimeze nk’icya Iwawa kikazagororerwamo abakobwa n’abagore bafite imyitwarire ibangamira sosiyete.

Ubusanzwe kuva mu 2010, u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kugororera abana babaswe n’ibiyobyabwenge n’indi myitwarire idahwitse, ku kirwa cya Iwawa bakigishwa imyuga inyuranye yazabagirira akamaro basubiye mu buzma busanzwe.

Kuri uyu wa 9 Gicurasi 2017, ubwo iyi Minisiteri yagezaga imbanzirizamushinga y’ingengo y’imari ikeneye muri 2017/2018 kuri Komisiyo y’Ingengo y’Imari n’Umutungo wa Leta mu Nteko Ishinga Amategeko, Minisitiri Jean Philbert Nsengimana, yatangaje ko abagore n’abakobwa na bo bakeneye aho kugororerwa.

Yagize ati “Igiteganywa ni urubyiruko rw’abagore n’abakobwa bagikeneye ubufasha bitewe n’ubuzima bubi cyane cyane bujyanye no gukoresha ibiyobyabwenge, nk’uko habaho urubyiruko rujyanwa Iwawa kubera ubuzererezi bushingiye ku ikoreshwa ry’ ibiyobyabwenge ntabwo ari urubyiruko rw’abahungu gusa, hari bake mu bakobwa n’abagore; benshi usanga baranabyaye, bakeneye ubwo bufasha, icyo kigo akaba ari cyo kigiye kuza kubafasha.”

Iyi minisiteri igaragaza ko ikeneye miliyari zirindwi kugira ngo izabashe kucyuzuza, aho gitegurwa kuzubakwa i Gitagata mu Karere ka Bugesera, gusa mu ngengo y’imari bagaragaje ko bakeneye umwaka utaha bashaka kubona nibura miliyoni 250 z’amafaranga y’u Rwanda kugira ngo barangize igice cya mbere cy’uwo mushinga.

Depite Georgette Rutayisire yibajije igihe icyo kigo cyizuzurira kuko ngo cyavuzwe igihe kinini, ati “ Iki kigo ngororamuco cy’abakobwa cyavuzwe igihe kirekire, kuko turi kwita ku bahungu ariko abakobwa ugasanga basa n’aho bari gusubira inyuma, mudufashe kutubwira ngo inyigo yaratangiye imara umwaka wose w’ingengo y’imari, urarangira ntakirakorwa, na byo ntabwo byadushimishije, turifuza ko umwaka utaha muzaza mutubwira muti ‘tugeze aha noneho twaratangiye.’”

-6514.jpg

Minisitiri Nsengimana

Minisitiri Nsengimana yavuze ko amafaranga miliyoni 250, angana na 20% by’agenewe kuzubaka icyo kigo.

Ati “ Ariya ni amafaranga ahabwa umuntu wasinye amasezerano kugira ngo atangire kubaka, ingengo y’imari kizasaba kugira ngo kizabe kirangiye, ni umushinga w’imyaka itanu, n’aya ni make, ariko tuzareba uburyo twakora kugira ngo gitangire gukora kitagombye kuzura. Hari inzu dushobora guheraho tugasana, twe twifuzaga kubaka bushya, ariko icyo tureba ni ukuvuga ngo ese hari icyo twakora cyaba gifashije abantu?”

Minisiteri ntirabasha kugena igihe kizarangirira kuko gikeneye kwitonderwa ngo kuko mu bazakigana hashobora kuzaba harimo abafite abana, cyangwa hakaba hari abazahagera batwite, bikazanasaba kuhubaka ivuriro ridasanzwe, ishuri ry’abana n’ibindi bikorwaremezo.

2017-05-10
Editorial

IZINDI NKURU

Chairman: Mu ntare, intare y’ingore ni yo ihiga, agaragaza ko mu rugamba rw’iterambere, abagore bakwiye kuza imbere mu kubaka igihugu.

Chairman: Mu ntare, intare y’ingore ni yo ihiga, agaragaza ko mu rugamba rw’iterambere, abagore bakwiye kuza imbere mu kubaka igihugu.

Editorial 25 Jun 2024
Ikipe ya As Muhanga yirukanye umutoza wayo Nduwantare Ismael kubera umusaruro muke.

Ikipe ya As Muhanga yirukanye umutoza wayo Nduwantare Ismael kubera umusaruro muke.

Editorial 13 May 2021
Amanota y’abatsinze ibizamini bya leta mu mashuri abanza n’icyiciro rusange  aratangazwa kuri uyu wa Kabiri

Amanota y’abatsinze ibizamini bya leta mu mashuri abanza n’icyiciro rusange aratangazwa kuri uyu wa Kabiri

Editorial 08 Jan 2018
Gambia: Miliyoni 11 z’ amadorali zaburiwe ingero Jammeh akimara guhunga

Gambia: Miliyoni 11 z’ amadorali zaburiwe ingero Jammeh akimara guhunga

Editorial 23 Jan 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umutekamutwe Kasinge Nadine yongeye gutuburira abamukurikira bujiji.
Amakuru

Umutekamutwe Kasinge Nadine yongeye gutuburira abamukurikira bujiji.

Editorial 26 Nov 2023
Kansinge yasubiye Canada aciye mu Bufaransa
ITOHOZA

Kansinge yasubiye Canada aciye mu Bufaransa

Editorial 25 Nov 2016
Ikipe ya APR FC yanyomeje amakuru y’uko imaze igihe idahemba abakozi bayo
Amakuru

Ikipe ya APR FC yanyomeje amakuru y’uko imaze igihe idahemba abakozi bayo

Editorial 14 Mar 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru