• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Inkomoko ya FDU-Inkingi ya Ingabire yerekana impamvu ari indiri y’Abajenosideri   |   16 Jul 2025

  • Igisambo Mbayahaga cyahawe akazi ko gucamo amacakubiri abanyamulenge   |   15 Jul 2025

  • Ibaruwa ifunguye yandikiwe Ingabire Victoire   |   08 Jul 2025

  • Police VC yegukanye igikombe cyo Kwibohora 2025 mu byiciro byombi, itsinze APR VC ku mukino wa nyuma   |   07 Jul 2025

  • Perezida Kagame yavuze ko FDLR nidasenywa u Rwanda ruzakomeza guhangana n’iki kibazo rukoresheje uburyo rusanzwe rukoresha   |   04 Jul 2025

  • Police FC yatangaje ubuyobozi bwayo bushya buyobowe na CP Yahaya na Ben Mussa nk’umutoza mukuru   |   03 Jul 2025

 
You are at :Home»INKURU ZAKUNZWE CYANE»Mu Rwanda umusore yakoze akuma kazajya gatamaza abantu bose batwara imodoka basinze REBA HANO”

Mu Rwanda umusore yakoze akuma kazajya gatamaza abantu bose batwara imodoka basinze REBA HANO”

Editorial 27 Feb 2018 INKURU ZAKUNZWE CYANE

Rutikanga Fiston w’imyaka 20 y’amavuko yakoze akuma gashyirwa mu modoka kakavumbura igipimo cy’inzoga (alcool) umushoferi yanyoye, kakamuburira ko adakwiye gukomeza gutwara yasinze, atabyubahiriza kagahita gahagarika imodoka nyuma y’amasegonda 15.

Aka kuma kiswe “Safety Driving Security Device” gashyirwa mu modoka gahuzwa na moteri ku buryo iyo umuntu agacomoyemo imodoka idashobora kugenda. Kugira ngo umushoferi akuremo imikorere yako ikomeza gukora, bisaba ko asubira k’uwagashyizemo.

Aka gakoresho kagizwe n’igice kimwe gishyirwa hafi ya moteri y’imodoka n’ikindi cyumvirizo (sensor) gishyirwa hejuru y’umutwe w’umushoferi maze kigakurura umwuka ahumeka kigashyira imashini uwusuzuma ikamenya ingano y’inzoga (alcohol) yanyoye.

Rutikanga warangije amashuri yisumbuye mu mwaka ushize yerekaniye iri koranabuhanga i Gikondo mu Mujyi wa Kigali ahabera imurikabikorwa n’imurikagurisha ry’ibikorerwa mu Rwanda ryateguwe n’Akarere ka Kicukiro.

Uyu musore ukomoka mu Karere ka Kicukiro, Umurenge wa Kicukiro, yabwiye itangazamakuru ko yagize iki gitekerezo muri Kanama 2017 ubwo yateguraga umushinga usabwa abanyeshuri basoza amashuri yisumbuye mu masomo y’ubumenyingiro, akaba yarayasoreje muri IPRC Kigali TSS.

Yagize ati “Nize ubukanishi bw’imodoka. Iyi system nakoze ishobora gushyirwa mu modoka iyo ari yo yose ikaba yagira akamaro mu gukumira impanuka ziterwa n’abatwara imodoka banyoye birengeje urugero. Iyo ukinjira mu modoka ukicaramo iyi system ikwereka urugero wanyoyeho; iyo isanze warengeje urugero ihita ihagarika imodoka ikanahita yohereza ubutumwa bugufi kuri telefoni cyangwa urubuga wayishyizemo izajya iha amakuru. Ubwo butumwa buba burimo ikiranga imodoka (plaque), amazina ya nyirayo, aho abarizwa n’amagambo amubwira ko atagomba gutwara yanyoye cyane.”

Iri koranabuhanga rishobora no guhuzwa na telefoni ya Polisi cyangwa urubuga rwa internet (website/email), aya makuru akajya ahita agezwa ku bashinzwe umutekano wo mu muhanda.

Rutikanga yamaze kugeza igihangano cye ku Kigo cy’Igihugu cy’Iterambere (RDB) kugira ngo cyandikwe, ategereje ibyangombwa kugira ngo abone gutangira gukora udukoresho twinshi ashyire ku isoko.

Yongeyeho ko afite imbogamizi y’ubushobozi bw’amafaranga kugira ngo ashobore kwagura ubu buvumbuzi yagize kandi akabasha guha akazi urubyiruko rutagafite.

Rutikanga yageragereje iri koranabuhanga mu modoka nyinshi za IPRC Kigali ari na yo yamutije imodoka yaryerekaniyemo mu imurikagurisha.

Yavuze ko ubusanzwe akunda ibijyanye n’ikoranabuhanga ku buryo yabyirutse akunda gufungura za telefoni, radiyo, televiziyo n’ibindi bikoresho ndetse akaba yarigeze gukora insakazamajwi ya radio FM (radio transmitter) ntoya ku buryo yagezaga amajwi muri metero 800 gusa.

Rutikanga yavuze ko akomeje kugerageza gukora n’ibindi bikoresho by’ikoranabuhanga ku buryo mu gihe kiri imbere azagenda abishyira ahagaragara.

Aka kuma kiswe “Safety Driving Security Device” kavumbura igipimo cy’inzoga (alcool) umushoferi yanyoye, kakamuburira ko adakwiye gukomeza gutwara yasinze, atabyubahiriza kagahita gahagarika imodoka nyuma ya masegonda 15

Rutikanga yerekanye ikoranabuhanga yakoze ribuza imodoka kugenda iyo umushoferi yasinze

“Safety Driving Security Device” itanga ubutumwa kuri telefone y’umushoferi imuburira ko atagomba gutwara yanyoye cyane

Rutikanga Fiston wakoze “Safety Driving Security Device”

2018-02-27
Editorial

IZINDI NKURU

Ese niba Kagame adatinya Museveni ni gute yatinya ikigwari nka Kayumba Nyamwasa?

Ese niba Kagame adatinya Museveni ni gute yatinya ikigwari nka Kayumba Nyamwasa?

Editorial 25 Feb 2020
“mu minsi iri imbere ukuri kose tuzi …tuzagufata tugushyire izo mpuguke”- Theogene Rudasingwa

“mu minsi iri imbere ukuri kose tuzi …tuzagufata tugushyire izo mpuguke”- Theogene Rudasingwa

Editorial 08 Jan 2019
Philippe MPAYIMANA, Utavuga Rumwe na Leta y’U Rwanda,Aramagana Abiyita Abanyapolitiki Bafite Virusi y’Ubugome bwo Gushora Abanyarwanda mu Ntambara.

Philippe MPAYIMANA, Utavuga Rumwe na Leta y’U Rwanda,Aramagana Abiyita Abanyapolitiki Bafite Virusi y’Ubugome bwo Gushora Abanyarwanda mu Ntambara.

Editorial 21 Sep 2020
“Nzi ibyo nkora, nzi ibimbereye. Ntabwo nkeneye kubibwirwa n’uwo ari we wese.”-Perezida Kagame

“Nzi ibyo nkora, nzi ibimbereye. Ntabwo nkeneye kubibwirwa n’uwo ari we wese.”-Perezida Kagame

Editorial 01 Jul 2019
Ese niba Kagame adatinya Museveni ni gute yatinya ikigwari nka Kayumba Nyamwasa?

Ese niba Kagame adatinya Museveni ni gute yatinya ikigwari nka Kayumba Nyamwasa?

Editorial 25 Feb 2020
“mu minsi iri imbere ukuri kose tuzi …tuzagufata tugushyire izo mpuguke”- Theogene Rudasingwa

“mu minsi iri imbere ukuri kose tuzi …tuzagufata tugushyire izo mpuguke”- Theogene Rudasingwa

Editorial 08 Jan 2019
Philippe MPAYIMANA, Utavuga Rumwe na Leta y’U Rwanda,Aramagana Abiyita Abanyapolitiki Bafite Virusi y’Ubugome bwo Gushora Abanyarwanda mu Ntambara.

Philippe MPAYIMANA, Utavuga Rumwe na Leta y’U Rwanda,Aramagana Abiyita Abanyapolitiki Bafite Virusi y’Ubugome bwo Gushora Abanyarwanda mu Ntambara.

Editorial 21 Sep 2020
“Nzi ibyo nkora, nzi ibimbereye. Ntabwo nkeneye kubibwirwa n’uwo ari we wese.”-Perezida Kagame

“Nzi ibyo nkora, nzi ibimbereye. Ntabwo nkeneye kubibwirwa n’uwo ari we wese.”-Perezida Kagame

Editorial 01 Jul 2019
Ese niba Kagame adatinya Museveni ni gute yatinya ikigwari nka Kayumba Nyamwasa?

Ese niba Kagame adatinya Museveni ni gute yatinya ikigwari nka Kayumba Nyamwasa?

Editorial 25 Feb 2020
“mu minsi iri imbere ukuri kose tuzi …tuzagufata tugushyire izo mpuguke”- Theogene Rudasingwa

“mu minsi iri imbere ukuri kose tuzi …tuzagufata tugushyire izo mpuguke”- Theogene Rudasingwa

Editorial 08 Jan 2019
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru