• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu rwego rwo kwizihiza umunsi w’intwari 2023, ku bufatanye na CHENO hateguwe amarushanwa mu magare ndetse no mu mukino wa Volleyball

Mu rwego rwo kwizihiza umunsi w’intwari 2023, ku bufatanye na CHENO hateguwe amarushanwa mu magare ndetse no mu mukino wa Volleyball

Editorial 26 Jan 2023 Amakuru, IMIKINO

Mu rwego rwo kwizihiza umunsi w’Ubutwari bw’Abanyarwanda uzaba tariki ya 1 Gashyantare 2023, Ishyirahamwe ry’umukino w’amagare mu Rwanda (FERWACY) ku bufatanye n’urwego rushinzwe intwari z’igihugu n’impeta by’ishimwe (CHENO) bateguye Heroes Cycling Cup izaba ku Cyumweru tariki ya 29/1/2023.

Iri siganwa rigiye gukinwa ku ncuro ya gatatu rifite Insanganyamatsiko igira iti “Ubutwari mu Banyarwanda, agaciro kacu.”

Isiganwa rizitabirwa n’ibyiciro 5; ingimbi n’abangavu, abagore, abahungu (U23) n’abagabo rikinirwe mu mihanda y’akarere ka Gasabo.

Nk’uko FERWACY yabitangaje abasiganwa bazakina bazenguruka ku ntera  ya Km 11,6 aho bazahera kuri BK Arena – Cogebanque – Gasabo District office – Tele 10 – RDB – SP Gishushu – MTN – Auto Express – Kibagabaga Hospital – Orex Station – Engen Station – Igicumbi cy’Intwari – BK Arena.

Abangavu bazazenguruka incuro 6 zihwanye na km 69,6, ingimbi n’abagore bahakore incuro 8 zihwanye na km 92,8 naho mu bagabo bo bazazenguruka incuro 10 zihwanye na km116.

Mu 2020 ryari ryegukanwe na Habimana Jean Eric, muri 2021 ntiryabaye kubera COVID-19 ubwo ryasubukurwaga muri 2022 hakinnye abakinnyi bakiri bato mu rwego rwo kubatoza umuco w’ubutwari bakiri bato.

Ku ruhande rw’umukino wa Volleyball ho hazakinwa iri rushanwa ryahawe izina rya “National Heroes Volleyball Tournament 2023.”

Nk’uko byatangajwe n’ishyirahamwe ry’umukino wa Volleyball, ni imikino izitabirwa n’amakipe ane ya mbere muri buri cyiciro haba icy’abagabo ndetse n’abagore.

Ni imikino yose izabera muri Gymnasium ya Kimisagara, kuwa 6 taliki ya 28 No kucyumweru taliki ya 29.

Mu kiciro cy’Abagabo hazirabira REG VC, Gisagara VC, APR VC na FOREFRONT VC; mu kiciro cy’Abagore hazitabira APR VC, FOREFRONT VC, RRA VC ndetse na RUHANGO VC.

Uko imikino izakinwa kuri uyu wa gatandatu:

Abagore:

11h00 APR VC vs RUHANGO VC

13h00 FOREFRONT VC vs RRA VC

Abagabo:

15h00 REG VC vs FOREFRONT VC

17h00 GISAGARA VC vs APR VC 

FRVB ivuga ko irii rushanwa rizakinwa n’abakinnyi basanzwe bakina shampiyona y’u Rwanda, kuko kugeza ubu nta kipe yemerewe kongeramo undi mukinnyi udasanzwe akina shampiyona keretse umukinnyi uri mu ikipe itaraje muri ayo makipe 4 ya mbere.

2023-01-26
Editorial

IZINDI NKURU

album ya  The Ben igiye kumurikirwa mu Bubiligi

album ya The Ben igiye kumurikirwa mu Bubiligi

Editorial 05 Jan 2016
Leta y’u Rwanda yibukije Amerika ikibazo nyamukuru ku mutekano muke ukomeje kurangwa mu burasirazuba bwa Kongo

Leta y’u Rwanda yibukije Amerika ikibazo nyamukuru ku mutekano muke ukomeje kurangwa mu burasirazuba bwa Kongo

Editorial 19 Feb 2024
Umuhanzi The BEN i Buruseli mu Bubiligi aho agiye gutaramira abanyarwanda

Umuhanzi The BEN i Buruseli mu Bubiligi aho agiye gutaramira abanyarwanda

Editorial 29 Feb 2016
Mu mukino wabonetsemo amakarita 3 atukura, AS Kigali yatsinze Gorilla FC ifata umwanya wa 3 w’agateganyo, Uko umunsi wa 18 wa shampiyona y’u Rwanda ukomeza

Mu mukino wabonetsemo amakarita 3 atukura, AS Kigali yatsinze Gorilla FC ifata umwanya wa 3 w’agateganyo, Uko umunsi wa 18 wa shampiyona y’u Rwanda ukomeza

Editorial 20 Feb 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Knowless Butera yasohoye indirimbo nshya kuri album ye nshya y’umwihariko
IMIKINO

Knowless Butera yasohoye indirimbo nshya kuri album ye nshya y’umwihariko

Editorial 26 Feb 2016
Mu mukino wabonetsemo amakarita 3 atukura, AS Kigali yatsinze Gorilla FC ifata umwanya wa 3 w’agateganyo, Uko umunsi wa 18 wa shampiyona y’u Rwanda ukomeza
Amakuru

Mu mukino wabonetsemo amakarita 3 atukura, AS Kigali yatsinze Gorilla FC ifata umwanya wa 3 w’agateganyo, Uko umunsi wa 18 wa shampiyona y’u Rwanda ukomeza

Editorial 20 Feb 2022
Ibisahu n’ibisabano bishajije abo kwa Rusisibiranya Rusesabagina, Muhungu we ngo aramuzana ku kabi n’akeza
INKURU NYAMUKURU

Ibisahu n’ibisabano bishajije abo kwa Rusisibiranya Rusesabagina, Muhungu we ngo aramuzana ku kabi n’akeza

Editorial 02 Sep 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru