• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Perezida Kagame yakurikiye umukino u Rwanda twatsinzemo Grenada 4-0 rugera ku mukino wa nyuma wa FIFA SERIES   |   28 Mar 2026

  • Ndayishimiye yazanye imikorere mibi mu Muryango w’Ubumwe bw’Afurika   |   28 Mar 2026

  • Ingabire Victoire Umuhoza Yongeye Gukubitirwa Ahareba Inzega   |   27 Mar 2026

  • Amateka Mwasangiye n’abandi kugirango ahinduke abanyarwanda bose bagomba kubigiramo Uruhare   |   25 Mar 2026

  • Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico   |   24 Mar 2026

  • Perezida Kagame yavuze ko kwibagirwa ibifitiye inyungu abaturage ari icyaha   |   23 Mar 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Mubyo ba Bishop bavuga ku butinganyi harimo ko ari iturufu yo kwaka ubuhungiro
Bishop Innocent Rugagi washinze itorero abacunguwe, avuga ko ubutinganyi hari ababuhinduye iturufu

Mubyo ba Bishop bavuga ku butinganyi harimo ko ari iturufu yo kwaka ubuhungiro

Ubwanditsi 14 Nov 2017 HIRYA NO HINO

Kuryamana no gushakana kw’ abahuje ibitsina bizwi nk’ ubutinganyi bikomeje kutavugwaho rumwe. Bamwe mu ba pasteri bavuga ko ubutinganyi bugamije kurimbura Isi, abandi bakavuga hari abasigaye babwitwaza kugira ngo bake ubuhungiro mu bihugu bikomeye mu Isi.

Ibihugu 20 ku isi byemera gushyingira abamana bahuje ibitsina. Ni Argentine, Danmark, Hollande, Afurika y’ Epfo, Ububiligi, Ubwongereza, Iceland, New Zealand, Espagne, Brazil, Finland, Ireland, Norway, Sweden, Canada, France, Luxemborg, Portugal, Leta zunze ubumwe z’ Amerika, Colombia, Germany, Malta, Scotland, Uruguay, Greenland.

Ibi bihugu uko ari 20 byemeranya n’ abaryamana bahuje ibitsina ko kubabuza gushyingiranwa ari ukubabuza uburenzanzira bwabo.

Iyo urebye mu bushakatsi bwagiye bukorwa mu kugaragaza icyo ibihugu bitandukane bivugwa ku butinganyi nta na hamwe ubona u Rwanda, haba ku rutonde rw’ ibihugu bishyigikiye ubutinganyi cyangwa ku rutonde rw’ ibihugu bitabushyigikiye.

Perezida w’ inama y’ abaprotestini mu Rwanda Musenyeri Birindabagabo Alex, ubwo abaporotesitani bizihizaga yubile y’ imyaka 500 babayeho yavuze ko ubutinganyi bugamije kurimbura Isi asaba Abanyarwanda gusenga cyane.

Yagize ati “Noneho rero, reba ibirimo biba, mwokagira Imana mwe! Dusenge Imana bitazaza hano iwacu! Kuko abantu baribwira ngo babaye abahanga, bakarangiza babaye injiji zinakomeye cyane, umuntu arihanukira waba ugeze muri Amerika, akajya imbere yawe akigira gutya akigira gutya kandi afite ubwanwa, afite impfundiko afite ibiki byose bigaragaza ko ari umugabo akakubwira ngo ni umugore !!!”.

Mgr Alex Birindabagabo avuga ko abantu bose babaye abatinganyi isi yarangira mu myaka 100

Yakomeje agira ati “Bo banashyizeho n’amategeko, noneho banarangiza, bagafata umugabo bakamushyingira undi mugabo, wabaza uti amahano aragwira ibyo mukora ni ibiki? “ngo uko ni ukuri kwawe, uku ni ukuri kwacu”

Yunzemo ati “Abatinganyi bahawe rugari nyuma y’imyaka 100 baba barimbuye isi. Nta mwana wakongera kuvuka nyuma y’ imyaka 100 abantu baba bamaze gushira ku isi”

Bishop Rugagi Innocent umaze kwamamara mu Rwanda no hanze yarwo yifashishije amagambo yavuzwe na Perezida wa Zimbabwe Robert Mugabe avuga ko ubutiganyi budakwiye gushyigikirwa.

Bishop yavuze ko ‘Perezida Mugabe yabwiye abamusabaga gushyira umukono kwitegeko ryemerera ababana bahuje ibitsina ati “Ndabyemeye ndarisinya, yarangiza agahindurikira abaturage be akababwira ati ‘ mugende mubane, umugabo ashake undi mugabo, umugore ashake undi mugore ati ariko, nihashira umwaka mutarabyara nzabica mwese mbamare”

Bishop Rugagi ukuriye itorero Redeemed Gospel Church avuga ko umutinganyi ari utavugarumwe n’ Imana kuko Imana yaremye umugabo ikanamuremera umugore ngo babyare.

Bishop Innocent Rugagi washinze itorero abacunguwe, avuga ko ubutinganyi hari ababuhinduye iturufu

Yongeraho ati “Umutinganyi ni nka opposant w’ Imana, ni nk’ umuntu uba muri opposition yo kutanyurwa n’ uko Imana yamuremye.”

Bishop Rugagi yifashishije inkuru yo muri bibiliya avuga ko ubutinganyi aribwo bwatumye Imana irimbura Sodomu na Gomora ikoresheje umuriro, akavuga ko abatinganyi bashobora kuzazanira igihugu umuvumo.

Akomeza avuga ko “Ahenshi no muri Afurika bemera gusinya, kubera na za nkunga babaha be kuzihagarika. Ariko ntabwo aribyo ubutinganyi ni icyaha gikomeye ni nko kurwanya Imana”

Ubutinganyi babuhinduye iturufu

Rugagi ati “Abenshi bashaka kuzana ibyo ngibyo mu Rwanda, arabona ubuzima bumucanze, akareba umukobwa mugenzi we, ati ‘reka tuvuge ko uri umugabo wanjye’ kugira ngo tubone ibizibiti tuzaha abazungu tuvuge ko badutoteza kugira ngo bazabone ubuhungiro mu buryo bworoshye. Ariko yabona ubuhungiro mu buryo buri facile atabubona, yikoreye umuvumo mu buzima bwe bwose.”

Yunzemo ati “Hari umukobwa uheruka kumbwira ikibazo, yavuye I Burundi we n’ umukobwa mugenzi we baza muri ambasade y’ Amerika mu Rwanda. Ati uyu ni umugore wanjye baradutoteza…Amerika ibaha ubuhungiro baragenda bajya muri Amerika. niwe wanyibwiriye iyo nkuru yose n’ amarira menshi. Ambwira ko afite indwara abaganga bananiwe gukiza, yasabye kumusengera ati ‘nsengera nyamuneka ndimo ndapfa numva’. Imana ishobora kukureka umunsi umwe ariko Isi izagutangarira fin de fin kugira ngo ikwereke ko mudahwanyijwe ubushobozi. Abo bantu b’ abatinganyi bari mu Rwanda twababwira bakareka izo ngeso kuko si nziza’’.

Source : Umuryango .rw

2017-11-14
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Udushya n’Udukoryo Twaranze Weekend: Umukinnyi w’Amagare yaparitse Igare Ajya kunyara Mu bihuru

Udushya n’Udukoryo Twaranze Weekend: Umukinnyi w’Amagare yaparitse Igare Ajya kunyara Mu bihuru

Ubwanditsi 04 Mar 2019
Uganda: Umugore yafatanwe igikapu gipakiyemo intwaro zitandukanye za gisirikare

Uganda: Umugore yafatanwe igikapu gipakiyemo intwaro zitandukanye za gisirikare

Ubwanditsi 28 Jan 2018
Umubare w’Abashaka Kumenya Amateka y’Urugamba Bagasura ku Murindi w’intwari Ukomeje Gutumbagira

Umubare w’Abashaka Kumenya Amateka y’Urugamba Bagasura ku Murindi w’intwari Ukomeje Gutumbagira

Ubwanditsi 22 Aug 2023
Uganda: Umusaza w’imyaka 80 yarashe umugore we w’imyaka 30 aramwica

Uganda: Umusaza w’imyaka 80 yarashe umugore we w’imyaka 30 aramwica

Ubwanditsi 16 May 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Maroc: Perezida Kagame na Madame Jeannette Kagame bitabiriye inama ku mihindagurikire y’ikirere
Mu Rwanda

Maroc: Perezida Kagame na Madame Jeannette Kagame bitabiriye inama ku mihindagurikire y’ikirere

Ubwanditsi 15 Nov 2016
Ikiganiro Umwami Kigeli aheruka bwanyuma guha itangazamakuru
ITOHOZA

Ikiganiro Umwami Kigeli aheruka bwanyuma guha itangazamakuru

Ubwanditsi 19 Oct 2016
Mu minsi 70, abanyamahirwe 170 bamaze gutsinda muri poromosiyo ya ‘Yora Kashi’
IKORANABUHANGA

Mu minsi 70, abanyamahirwe 170 bamaze gutsinda muri poromosiyo ya ‘Yora Kashi’

Ubwanditsi 03 Dec 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru